vendredi 20 novembre 2009

ICYUMWERU CYA XXXIV GISANZWE – B – Umunsi mukuru wa Kristu Umwami(22 UGUSHYINGO 2009)

  • Amasomo
    • Dan 7, 13-14

Nijoro kandi nariho nitegereza ibyo nabonaga: mbona uje mu bicu byo mu kirere umeze nk'Umwana w'umuntu. Ubwo yigira hafi ya wa Mukambwe, maze ajyanwa imbere ye. Nuko yegurirwa ingoma, icyubahiro n'ubwami; imiryango yose, amahanga yose n'indimi zose biramuyoboka. Ubwami bwe, ni ubwami buhoraho iteka ntibuzashira, n'ingoma ye ni ingoma itazagira ikiyitsimbura.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Hish 1, 5-8

Yezu Kristu ni umuhamya w'indahemuka, umuvukambere mu bapfuye, n'umugenga w'abami bo ku isi. Koko, Kristu aradukunda; yadukijije iyaha akoresheje amaraso ye, maze atugira ihanga rya cyami n'abaherezabitambo, kugira ngo dukorere Imana Se. Naharirwe rero ikuzo n'ububasha, uko ibihe bihora bisimburana iteka! Amen! Nguyu araje rwagati mu bicu, maze icyitwa ijisho cyose kizamubone ndetse n'abamuhinguranyije: imiryango yose y'isi izajya mu cyunamo ku mpamvu ye. Ni byo koko! Amen! Ni jyewe Alufa na Omega, Intangiriro n'Iherezo, - Uwo ni Uhoraho Imana ubivuga - Uriho, Uwahozeho kandi ugiye kuz, Umushoborabyose.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Yh 18, 33b-37

Nuko Pilato abaza Yezu ati "Mbese ni wowe mwami w'Abayahudi koko?" Yezu aramusubiza ati "Ibyo ubivuze kubwawe, cyangwa se ni abandi babikumbiyeho?" Pilato arasubiza ati "Aho ntugira ngo nanjye ndi Umuyahudi? Bene wanyu n'abatware b'abaherezabitambo ni bo bakunzaniye; wakoze iki?" Yezu arasubiza ati "Ingoma yanjye si iyo kuri iyi si, iyo ingoma yanjye iza kuba iyo kuri iyi si, abantu banjye baba bandwanyeho, kugira ngo ntagabizwa Abayahudi, none rero Ingoma yanjye si iy'ino aha." Nuko Pilato aramubaza ati "Noneho rero uri umwami?" Yezu aramusbiza ati " Urabyivugiye, ndi umwami! Cyakora icyo njyewe navukiye, kandi kikanzana ku isi, ni ukugira ngo mpamye ibyerekeye ukuri. Unyurwa n'ukuri wese, yumva icyo mvuga."

  • Iyo ni Ivanjili ntagatifu
  • Uragasingizwa Kristu

jeudi 19 novembre 2009

ICYUMWERU CYA XXXIII GISANZWE – B – (15 UGUSHYINGO 2009)

  • Amasomo
    • Dan 12, 1-3

Icyo gihe Mikayire, Umutware mukuru urenganura abana b'umuryango wawe, azahaguruka. Kizaba ari igihe cy'amakuba atageze kubaho kuva aho ihanga ribereyeho kugera ubu, Icyo gihe kandi umuryango wawe azarokoka,mbese abanditswe mu gitabo cy'ubugingo bose. Abantu benshi basinziriye bari mu mukungugu w'ikuzimu, bamwe bakangukire guhabwa ubugingo buhoraho, abandi bakangukire gukozwa isoni n'ubucibwe bw'iteka ryose. Ababaye abahanga bazabengerana nk'ikirere cy'ijuru, n'abazaba baratoje ubutungane imbaga itabarika, bazabengerana nk'inyenyeri iteka ryose.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


 

  • Heb 10, 11-14.18

Mu gihe umuherezabitambo wese ahora ahagaze ngo akore buri munsi imihango, atura kenshi ibitambo bihora ari bimwe kandi bidashobora kuvanaho ibyaha, Kristu we, aho amariye guhereza igitambo rukumbi gihongerera ibyaha, « yicaye iburyo bw'Iman ubuziraherezo » akaba kuva ubwo atagereje ko « abanzi be bahindurwa akabaho ko munsi y'ibirenge bye.» Ku bw'iryo turo rimwe rukumbi yagejeje ku butungane abo yiyemeje gutagatifuza . Bityo rero ahari ibabarirwa ntihaba hagikeneye ibitambo byo guhongerera ibyaha.


 

  • Mk 13, 24-32

Muri iyo minsi kandi, nyuma y'icyo cyorezo, izuba rizacura umwijima, ukwezi ntikuzamurika, inyenyeri zizahananuka ku ijuru, maze ibikomeye byo mu ijrur bihungabane. Ni bwo bazabona Umwana w'umuntu aje mu bicu, afite ububasha bukomeye n'ikuzo ryinshi. Ubwo rero azohereza abamalayika mu mpande enye z'isi, aho isi iherera kugeza ku mpera y'ijuru, maze akoranye intore ze. Nimugereranye muhereye ku giti cy'umutini maze mwumve: iyo amashami yacyo amaze gutoha akameraho amababi, mumenyeraho ko igihe cy'imbuto cyegereje. Namwe rero, nimubona ibyo bibaye, muzamenye ko Umwana w'umuntu ari hafi, ndetse ko ageze ku miryango yanyu. Ndababwira ukuri, iki gisekuru ntikizahita ibyo byose bitabaye. Ijuru n'is bizashira, ariko amagambo yanjye ntabwo azashira. Nyamara uwo munsi cyangwa iyo saha, ntawe ubizi, habe n'abamalayika bo mu ijuru, habe ndetse na Mwana; bizwi n'Imana Data wenyine.

  • Iyo ni Ivanjili ntagatifu
  • Uragasingizwa Kristu


 


 

ICYUMWERU CYA XXXII GISANZWE –B – (8 UGUSHYINGO 2009)

  • Amasomo
    • 1 Bami 17, 10-16

Eliya arahaguruka ajya i Sareputa, yinjira mu mugi. Ahasanga umugore w'umupfakazi watashyaga inkwi. Aramuhamagara maze aramubwira ati « Ndakwinginze, jya kunzanira amazi make muri urwo rweso kugira ngo nywe!» Umugore ajya kuyazana. Eliya aramuhamagara maze aravuga ati « Ndakwinginze unzanire n'agasate k'umugati.» Umugore aramusubiza ati «Ndahiye Uhoraho Nyir'ubuzima, Imana yawe! Nta ko mfite, usibye agafu ku rushyi nsigaranye kari mu kebo,n'utuvuta turi mu keso ,nimara gutora udukwi ndatanga nkavugemo umutsima , jyewe n'umwana wanjye ,tuwurye ahasigaye twipfire. » Eliya aramubwira ati « Wigira ubwoba ! Taha ubigenze uko ubivuze ,ariko ubaze umvugireho akanjye ukanzanire ,maze ubone kwivugira akawe n'umwana wawe, kuko Uhoraho Imana ya Israheliavuze atya : Mu kebo ntihazaburamo ifu ,amavuta yo mu keso ntazatuba, kugeza umunsi Uhoraho azagusha imvura ku butaka. » Umugore aragenda ,agenza uko Eliya yabivuze,amara iminsi afite icyo arya ,we na Eliya n'urugo rwe . Mu kebo ntihaburama ifu ,n'amavuta yo mu keso ntiyatuba nk'uko Uhoraho yari yabivugishije Eliya


 

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


     

    • Heb 9, 24-28

Avuga ati « Aya ni amaraso y'isezerano Imana yabageneye. » Hanyuma kandi ayo maraso ayuhagiza Ihema n'ibikoresho byose by'imihango mitagatifu. Bityo ,nk'uko Amategeko abivuga ,hafi ya byose bisukurishwa amaraso ,maze ntihabe ibabarirwa ry'ibyaha ,hatabanje kumenwa amaraso. Niba ibishushanya iby'ijuru bisukurwa kuri ubwo buryo ,ni ngombwa ko iby'ijuru nyirizina bisukurwa n'ibitambo byisumbuyeho.


 

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


 

  • Mk 12, 38-44

Mu nyigisho ze Yezu akavua ati « Murage mwirinda abagishamategeko, bakunda gutembera bambaye amakanzu maremare, no kuramukirizwa mu materaniro.bakunda kandi guhabwa intebe z'icyubahiro mu masengero n'imyanya y'imbere aho batumiwe. Icyabo ni ukurya ingo z'abapfakazi ,maze bakiha kuvuga amasengesho y'urudaca. Abo bazacirwa urubanza rukaze kurusha abandi » Yezu yari yicaye mu Ngoro y'Imana, ahateganye n'ububiko bashyiragamo amaturo, yitegereza uko rubanda batura. Abakungu benshi bashyiragamo byinshi. Maze haz umupfakazi w'umukene ,ashyiramo uduceri tubiri. Yezu ahamagara abigishwa be, arababwira ati «Ndababwiza ukuri: Uriya mupfakazi w'umukene yarushije abandi bose gutura. Kuko bariya bose bashyizemo ku by'ikirenga, naho we yashyizemo ibyari bimutunze byose .»

  • Iyo ni Ivanjili ntagatifu
  • Uragasingizwa Kristu


     

lundi 19 octobre 2009

UMUNSI WO GUSABIRA ABAPFUYE (2 UGUSHYINGO 2009)

  • Amasomo
    • 2 Mak 12, 43-45

Batangiye gusenga basaba ko icyo cyaha cyakozwe cyakibabarira rwose. Hanyuma intwari Yuda agira abahakoraniye inama yo kwirinda icyaha icyo ari cyo cyose, kuko bari bamaze kwibonera ubwabo ibyabaye ,bitewe n'amakosa y'abari bapfuye . Amaze gukoranya amaturo y'abantu be, yohereza i Yeruzalemu amadarakima ibihumbi bibiri ,agira ngo bature igitambo cy'impongano y'ibyaha . Icyo gikorwa cyiza kandi cya gipfura yaragitunganyije, abitewe nuko yazirikanaga izuka !Koko rero ,iyo ataba yizeye ko abaguye ku rugamba bagomba kuzuka ,gusabira abapfuye ntacyo byajyaga kuba bimaze ,ndetse byari n'ubucucu . Ibiramambu ntiyashidikanyaga ko hari ingororano itagira uko isa, igenewe abapfiriye mu busabaniramana, akikomezamo icyo gitekerezo kiboneye kandi gitagatifu. Ni cyo cyatumye ategeka ko batura icyo gitambo cyo gusabira abapfuye ,kugirango bavanwe ku ngoyi y'ibyaha byabo .

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • 1 Kor 15, 51-57

Ngiye noneho kubahishurira ibanga .Twese ntituzapfa, ahubwo twese tuzahindurwa ukundi, mu kanya gato ,nk'uhumbije ijisho ,akarumbeti k'imperuka kavuze. Koko akarumbeti kazavuga maze abapfuye bazukire kudashanguka ,nuko natwe duhindurwe ukundi .Ni ngombwa ariko ko uyu mubiri wagenewe kubora ugezwa kubudashanguka ,kandi uyu mubiri wagenewe gupfa ukagabizwa ukutazapfa. Igihe rero uyu mubiri ugenewe kubora uzagezwa kubudashanguka ,kandi uyu mubiri ugenewe gupfa ukagabizwa ukutazapfa ,ubwo ngubwo ibyanditse bizaba byujujwe ngo«Urupfu rwaburijwemo n'umutsindo . Rupfu we! ugutsinda kwawe kuri he ?Urubori rwawe ruri hehe, wa rupfu we ?» Koko rero urubori rw'urupfu ni cyaha, naho ububasha bw'icyaha buturuka ku mategeko. Dushimire Imana yaduhaye gutsinda ku bw'umwami wacu Yezu Kristu.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Yh 6, 51-58

Ninjye mugati muzima wamanutse mu ijuru.Urya uwo mugati azabaho iteka ,kandi umugati nzatanga ,ni umubiri wanjye ,kugirango isi igire ubugingo . Nibwo Abayahudi batangiye kujya impaka ubwabo ,bati « Ashobora ate kuduha umubiri we ngo uribwe ? »Yezu arabasubiza ati « Ndababwira ukuri koko :nimutarya umubiri w'Umwana w'umuntu ,ntimunywe n'amaraso ye ,ntimuzagira ubugingo muri mwe .Naho urya umubiri wanjye ,akanywa n'amaraso yanjye ,agira ubugingo bw'iteka ,kandi nzamuzura ku munsi w'imperuka .Kuko umubiri wanjye ari ikiribwa koko, n'amaraso yanjye akaba ikinyobwa koko.Urya umubiri wanjye kandi akanywa amaraso yanjye ,angumamo nanjye nkamugumamo.Mbese nkuko Data wantumye ariho ,nanjye nkabaho kubwa Data ,bityo undya na we azabaho ku bwanjye .»

  • Iyo ni Ivanjili ntagatifu
  • Uragsingizwa Kristu


 

UMUNSI MUKURU W’ABATAGATIFU BOSE (1 UGUSHYINGO 2009)

  • Amasomo
    • Hish 7, 2-4.9-14

Nuko ndongera mbona undi mumalayika azamuka ajya iburasirazuba; afite ikashe y'Imana nzima. Avuga mw 'ijwi riranguruye, abwira ba bamalayika bane bari bahawe ububasha bwo kugirira nabi isi ni nyanja ati « Muririnde kugirira nabi isi, inyanja cyangwa ibiti, mbere yuko turangiza gushyira ikimenyetso ku gahanga k'abagaragu b'Imana yacu.» Nuko umubare wabashyizweho ikimenyetso: abantu ibihumbi ijana na mirongo ine na bine bo mu miryango yose ya Israheli. Nyuma y'ibyo mbona imbaga nyinshi y'abantu, umuntu atashobora kubarura, iturutse mu mahanga yose, mu miryango yose, mu bihugu byose no mu ndimi zose. Bari bahagaze imbere y'intebe y'ubwami n'imbere ya ntama , bambaye amakanzu yererana kandi bafashe imikindo mu ntoki , bavuga mu ijwi riranguruye bati « ubucunguzi ni ubw'Imana yacu yicaye ku ntebe y'ubwami bukaba n'ubwa Ntama.» Nuko abamalayika bose bari bakikije intebe y'ubwami, hamwe na ba Bakambwe na bya binyabuzima bine, bagwa bubitse uruhanga ku butaka imbere y'intebe y'ubwami, maze basenga Imana, bavuga bati « Amen! Ibisingizo, ikuzo, ubuhanga, ishimwe, icyubahiro, imbaraga n'ububasha, ni iby'Imana yacu, uko ibihe bizahora bisimburana iteka ! Amen!»

Umwe mu Bakambwe afata ijambo, maze arambaza ati «Aba bantu bambaye amakanzu yererana, ni bande kandi baturutse he ?» Ndamusubiza nti « Shobuja, ni wowe wabimenya!» Nawe arambwira ati « Aba bavuye mu magorwa akaze, bameshe amakanzu yabo, bayezereza mu maraso ya Ntama."

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • 1 Yh 3, 1-3

Nimurebe urukundo ruhebuje Imana Data yadukunze, kugera naho twitwa abana b'Imana, kandi turi bo koko! Dore impamvu isi idashobora kutumenya: ni uko itamenye Imana. Nkoramutima zanjye, ubu turi abana b' Imana, ariko uko tuzamera ntibiragaragazwa . Gusa tuzi ko igihe Kristu azigaragaza, tuzaba dusa na We ,kuko tuzamureba uko ari by'ukuri. Umuntu wese kandi umufiteho ayo mizero, arisukura nk'uko na We ari umuziranenge.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Mt 5, 1-12

Yezu abonye icyo kivunge cy' abantu aterera umusozi. Aricara, abagishwa be baramwegera. Nuko araterura arigisha ati «Hahirwa abakene ku mutima, kuko ingoma y'ijuru ari iyabo. Hahirwa abiyoroshya, kuko bazatungaho isi umurage . Hahiwa abababaye, kuko bazahozwa. Hahirwa abasonzeye ubutungane bakabugirira inyota, kuko bazahazwa. Hahirwa abagira impuhwe, kuko bazazigirirwa . Hahirwa abakeye ku mutima, kuko bazabona Imana. Hahirwa abatera amahoro kuko bazitwa abana b'Imana. Hahirw abatotezwa bazira abutungane, kuko Ingoma y'Imana ari iyabo. Murahirwa ni babatuka bakabatoteza, bakanababeshyera ku buryo bwose, ari njye babahora. Nimwishime munezerwe kuko ingororano yanyu izaba nyinshi mu ijuru! Ni uko batoteje abahanuzi bababanjirije.

  • Iyo ni Ivanjili ntagatifu
  • Uragasingizwa Kristu


     


     

ICYUMWERU CYA XXXI GISANZWE – B – (1 UGUSHYINGO 2009)

  • Amasomo
    • Ivug 6, 2-6

Bityo utinye Uhoraho Imana yawe, ari wowe, ari umwana wawe, ari n'umwuzukuru wawe, ubigire wubahiriza igihe cyose amategeko n'amabwiriza nguhaye, kugira ngo uzabone kuramba. Israheli tega amatwi kandi uzihatire kubikurikiza, bityo uzagira amahirwe kandi nibwo muzagwira mube benshi cyane mu gihugu gitemba amata n'ubuki, nk'Uko Uhoraho Imana y'abasokuruza bawe yabigusezeranije. Israheli tega amatwi! Uhoraho Imana yacu ni we Nyagasani wenyine. Urakunde Uhoraho Imana yawe n'umutima wawe wose, n'amagara yawe yose, n'imbaraga zawe zose. Amategeko nguhaye uyu munsi araguhore ku mutima.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
  • Heb 7, 23-28

Byongeye kandi abaherezabitambo ba mbere bakurikiranye ari benshi kuko urupfu rwabatwaraga; ariko We, kuko ari uw'iteka ryose, ubuherezagitambo bwe ntibusasimburanwaho. Ni cyo gituma ashobora kurokora burundu abamunyuraho bagana Imana, kuko abereyeho kubingingira iteka ryose. Uwo ni we koko umuherezagitambo mukuru twari dukeneye, w'intungane, w'umuziranenge, w'umuzirabwandu, utabarirwa mu banyabyaha, wakiriwe ahasumbye ijuru. Nta meze nk'abandi baherezabitambo bakuru bagomba gutamba buri munsi, bakabanza guhongerera ibyaha byabo bwite, bakabona guhongerera iby'imbaga; ibyo We yabigize rimwe rizima yitangaho igitambo ubwe. Abo Amategeko ashyiraho kuba abaherezabitambo bakuru ni abanyantege nke, ariko Uwashyirishijweho indahiro yakuye Amategeko, ni Umwana w'Imana wuje ubutungane iteka ryose.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Mk 12, 28-34

Umwe mu bigishamategeko wari wumvise bajya impaka, abonye ko Yezu abashubije neza, ramwegera aramubaza ati "Itegeko riruta ayandi ni irihe?" Yezu aramusubiza ati "Irya mbere ni iri ngiri: Tega amatwi Israheli, Nyagasani Imana yacu ni We Nyagasani umwe rukumbi: Urajye ukunda Nyagasani Imana yawe n'umutima wawe wose, n'amagara yawe yose, n'ubwenge bwawe bwose n'imbaraga zawe zose. Irya kabiri na ryo ngiri: Urajye ukunda mugenzi wawe nk'uko wikunda. Nta rindi tegeko riruta ayo yombi." Uwo mwigishamategeko aramubwira ati "Ni koko, Mwigisha, uvuze ukuri ko Nyagasani ari umwe rukumbi, ko nta yindi mana ibaho uretse Yo yonyine. Kandi kuyikunda n'umutima wawe wose, n'ubwenge bwawe bwose, n'imbaraga zawe zose, ugakunda na mugenzi wawe nk'uko wikunda, ibyo biruta ibitambo n'amaturo byose." Yezu yumvse ko amushubije neza, aramubwira ati "Ntabwo uri kure y'Ingoma y'Imana." Nuko ntihagira utinyuka kugira icyo amubaza.

  • Iyo ni Ivanjiri ntagatifu
  • Uragasingizwa Kristu

ICYUMWERU CYA XXX GISANZWE – B – (25 UKWAKIRA 2009)

  • Amasomo
    • Yer 31, 7-9

Uhoraho avuze atya: Nimuvugirize Yakobo impundu z'ibyishimo, nimwakirane amashyi y'urufaya umutware w'amahanga! Nimwiyamire, mwishime, mugira muti "Uhoraho yakijije umuryango we, agasigisigi ka Israheli!" Nzabavana mu gihugu cyo mu majyaruguru, mbakoranye mbakuye mu mpera z'isi. Muri bo hari impumyi, ibirema, abagore batwite n'abaramutswe, bose bagarutse hano ari imbaga nyamwinshi. Baje barira, bantakira ngo "Tubabarire!" Maze mbajyana mu bibaya bitemba amazi, banyuze mu nzira iboneye, aho batazatsikira. Ni koko, ndi umubyeyi wa Israheli, Efurayimu ni we buriza bwanjye.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Heb 5, 1-6

Umuherezabitambo mukuru wese atorwa mu bantu kandi agashyirirwaho gufasha abantu mu mubano wabo n'Imana; ashinzwe guhereza amaturo n'ibitambo bihongerera ibyaha. Ubwo na we ari umunyantege nke muri byinshi, ashobora kumva abatarasobanukirwa, bagihuzaguraka; kandi nk'uko atambirira ibyaha by'imbaga, na we aboneraho guhongerera ibye bwite. Nta wiha ubwe bwite icyo cyubahiro, ahubwo gihabwa uwo Imana ibihamagariye, kimwe na Aroni. Mbese nkuko Kristu atihaye ubwe iryo kuzo ryo kuba Umuherezagitambo mukuru, ahubwo akaba yararihawe n'Uwamaubwiye ati "Uri umwana wanjye, ninjye wakwibyariye uyu munsi"; kimwe n'uko avuga ahandi ati "Uri umuherezagitambo iteka ryose, wo mucyiciro Malekisedeki."

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Mk 10, 46-52

Nuko bagera i Yeriko. Igihe agisohoka muri Yeriko, arikumwe n'abigishwa be n'imbaga y'abantu benshi, umuntu w'impumyi witwaga Baritimeyo, mwene Timeyo, akaba yari yicaye iruhande rw'inzira asabiriza. Yumvise ko ari Yezu w'i Nazareti, atera hejuru ati "Yezu, Mwana wa Dawudi, mbabarira!" Benshi baramucyaha ngo aceceke, ariko we arushaho gusakuza ati "Mwana wa Dawudi, mbabarira!" Yezu arahagarara, aravuga ati "Nimumuhamagare." Bahamagara iyo mumpyi, barayibwira bati "Humura, haguruka, dore araguhamagaye." Ajugunya igishura cye, ahaguruka bwangu, asanga Yezu. Yezu aramubaza ati "Urashaka ko nkukorera iki?" Impumyi iramusuiza iti " Mwigisha, mpa kubona!" Yezu aramubwira ati "Genda, ukwemera kwawe kuragukijije." Ako kanya arahumuka, maze akurikira Yezu.

  • Iyo ni Ivanjiri ntagatifu

Uragasingizwa Kristu

ICYUMWERU CYA XXIX GISANZWE –B - (18 UKWAKIRA 2009)

  • Amasomo
    • Iz 53, 10-11

Uhoraho yashatse kumujanjaguza imibabaro, kandi namara gutura ubuzima bwe ho impongano z'ibyaha, azabona abamukomokaho, azarambe, maze azuzuze atyo umugambi w'Uhoraho. Nyuma y'iyo mibabaro yose, azabona urumuri, azanezerwe; namara kumenyekana ko ari intungane, azageza benshi ku butungane. Umugaragu wanjye azakiranura imbaga y'abantu, kuko yikoreye ubwe ibicumuro byabo.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Heb 4, 14-16

Ubwo dufite umuherezagitambo mukuru uhebuje, watashye mu ijuru, Yezu, Umwana w'Imana, nitwikomezemo ukwemera. Koko rero ntidufite Umuherezagitambo mukuru wananirwa kudutabara mu ntege nke zacu; yageragejwe muri byose, ku buryo bumwe natwe, ariko ntiyatsindwa n'icyaha. Nitwegerane rero ubwizere intebe ya Nyir'ineza, kugira ngo tugirirwe impuhwe, kandi duhabwe imbaraga zizadufasha igihe kigeze.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Mk 10, 35-45

Nuko Yakobo na Yohani, bene Zebedeyi, begera Yezu, baramubwira bati "Mwigisha turashaka ko udukorera icyo tugiye kugusaba." Arababaza ati "Murashaka ko mbakorera iki?" Baramusubiza bati "Uraduhe kuzicarana nawe, umwe iburyo, undi ibumoso, mu ikuzo ryawe." Yezu arabasubiza ati "Ntimuzi icyo musaba. Mushobora se kunywera ku nkongoro nzanyweraho, cyangwa se guhabwa batisimu nzahabwa?" Baramusubiza bati "Turabishobora!" Yezu arababwira ati "Koko inkongoro nzanyweraho, muzayinyweraho, na batisimu nzahabwa muzayihabwa; naho ibyo kwicara iburyo bwanjye cyangwa i bumoso bwanjye, sinjye ubitanga; bizahabwa ababigenewe." Abandi uko ari icumi babyumvise, batangira kurakarira Yakobo na Yohani. Yezu arabahamagara, arababwira ati "Muzi ko abahawe kugenga amahanga, bayagenga uko bashatse, kandi ko abatware bayo, bayategekesha agahato. Kuri mwebwe rero si ko bimeze. Ahubwo ushaka kuba mukuru muri mwe, ajye yigira umugaragu wanyu, maze ushaka kuba uwa mbere, yihindure umucakara wa bose. Dore n'Umwana w'Umuntu ntiyazanywe no gukorerwa, ahubwo yazanywe no gukorera abandi, no gutanga ubugingo bwe ngo bube incungu ya benshi."

  • Iyo ni Ivanjiri ntagatifu
  • Uragasingizwa Kristu.

ICYUMWERU CYA XXVIII GISANZWE – B - (11 UKWAKIRA 2009)


 

  • Amasomo
    • Buh 7, 7-11

Ni yo mpamvu nasabye ubushishozi, ndabuhabwa; ndambaza maze umwuka w'Ubuhanga unzamo. Ni bwo nahisemo, mbugurana inkoni n'intebe bya cyami, nsanga ubukungu ntacyo bumaze, ubigereranije n'Ubuhanga. Siniruhije mbugereranya n'ibuye ry'agaciro, kuko zahabu y'isi yose ari nk'umusenyi ungana urwara, naho feza ikaba nk'icyondo, uyigereranije na bwo. Nabukunze kuruta ubuzima n'ubwiza bw'umubiri, kandi nabuhisemo bundutira urumuri, kuko icyezezi cyabwo kitagabanuka. Ariko kubana na bwo byanzaniye ibyiza byose icyarimwe, bwari bucigatiye mu biganza ubukungu butagira ingano.

  • Ijambo ry'imana
  • Dushimiye Imana
    • Heb 4, 12-13

Koko Ijambo ry'Imana ni irinyabuzima,ni irinyabushobozi, kandi riratyaye kuruta inkota y'amugi abiri. Riracengera kugera aho umutima n'ubwenge bitandukanira, hagati y'ingingo n'imisokoro; rigasobanura ibyifuzo n'ibitekerezo byihishe muri muntu. Nta kiremwa na kimwe kiribera intaboneka, ahubwo byose biratamuruye kandi biritaragaje mu maso y'Uwo tuzagomba kumurikira ibyacu.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Mk 10, 17-30

Yezu agihaguruka aho, umuntu aza yiruka amupfukama imbere, aramubaza ati " Mwigisha mwiza, nkore iki kugira ngo nzabone ubugingo bw'iteka ho umurage?" Yezu aramubwira ati " Kuki unyita mwiza? Nta mwiza ubaho, keretse Imana yonyine. Uzi amategeko: ntuzice, ntuzasambane, ntuzibe, ntuzahamye ibinyoma, ntuzagirire abandi nabi, urajye wubaha so na nyoko." Uwo muntu aramusubiza ati "Mwigisha, ibyo byose nabikurikije kuva mu buto bwanjye." Yezu aramwitegereza yumva amukunze; aramubwira ati "Ubuze ikintu kimwe gusa: genda ugurishe ibyo utunze, ubihe abakene, uzagira ubukire mu ijuru, maze uze unkurikire." We ariko abyumvise arasuherwa, agenda ababaye, kuko yari atunze ibintu byinshi. Nuko Yezu araranganya amaso, abwira abigishwa be ati "Mbega ukuntu kwinjira mu Ngoma y'Imana biruhije ku bakungu!" Abigishwa batangazwa n'ayo magambo; Yezu ariko abibasubiriramo ati "Bana banjye, mbega ukuntu biruhije kwinjira mu Ngoma y'Imana. Byoroheye ingamiya guca mu mwenge w'urushinge, kurusha uko byoroheye umukungu kwinjira mu Ngoma y'Imana!" Abigishwa barushaho gutangara, barabazanya bati "Ubwo se ninde uzashobora kuroka?" Yezu arabitegereza, maze arababwira ati "Ku bantú ntibishoboka, ariko ku Mana birashoboka, kuko nta kinanira Imana." Nuko Petero araterura, aramubwira ati "Dore twebwe twasize byose turagukurikira." Yezu arabasubiza ati "Ndababwira ukuri, ntawe uzaba yarasize urugo, cyangwa abavandimwe be, cyangwa bashiki be, cyangwa nyina, cyangwa se, cyangwa abana, cyangwa isambu ye, ari njye abigira n'Inkuru Nziza, ngo abure kwiturwa karijana muri iki gihe, ari amazu, ari abavandimwe, ari na bashiki be, na nyina, n'abana n'amasambu, ariko n'ibitotezo bitabuze, kandi no mugihe kizaza, akaziturwa ubugingo bw'iteka.

  • Iyo ni Ivanjiri ntagatifu
  • Uragasingizwa Kristu

ICYUMWERU CYA XVII GISANZWE–B - (4 UKWAKIRA 2009)

  • Amasomo
    • Intg 2, 18-24

Nuko Uhoraho Imana aravuga ati "Si byiza ko Muntu aba wenyine, ngiye kumugenera umufasha bakwiranye." Uhoraho Imana abumba mu gitaka inyamaswa zose zo mu ishyamba, n'inyoni zose zo mu kirere, azizanira Muntu ngo arebe uko Muntu azita amazina, maze ikinyabuzima cyose kigire izina kiswe na we. Muntu yita amazina ibitungwa byose, n'inyoni zose zo mu kirere, n'inyamaswa zose zo mu ishyamba. Ariko Muntu ntiyabona umufasha bakwiranye. Nuko Uhoraho Imana itera Muntu gusinzira ibitotsi bikomeye, arasinzira; afata rumwe mu mbavu ze, maze asubiranya umubiri. Urwo rubavu Uhoraho Imana ivanye mu mugabo, akoramo umugore, umugore amushyira umugabo. Umugabo ariyamira aravuga ati "Noneho dore igufwa ryo mu magufwa yanjye, n'umubiri uvuye mu mubiri wanjye; uyu azitwa umugore, kuko mumugabo ariho avuye." Ni cyo gituma umugabo azasiga se na nyina, akizirika ku mugore we, bakaba umubiri umwe.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Heb 2, 9-11

Nyamara dore icyo tubona: Yezu uwo, wagizwe muto ku bamalayika mu gihe kigufi, ubu kubera ko yababaye agapfa, tumubona atamirije ikamba ry'ikuzo n'icyubahiro. Bityo, kubw'ineza y'Imana, urupfu yigabije rwagiriye buri muntu akamaro. Mu by'ukuri, byari bikwiye ko Imana, Yo irema byose ikabibeshaho, igira ikirenga Umwana wayo-ari we uburokorwe bwose buturukaho-,imunyujije mu bubabare, ngo ibonereho kwigarurira abana batabarika basangira ikuzo ryayo. Koko utagatifuza n'abatagatifujwe basangiye inkomoko, bigatuma adashidikanya kubita abavandimwe.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Mk 10, 2-16

Abafarizayi baramwegera, maze bamubaza niba umugabo afite uruhushya rwo gusenda umugore we, ariko bamwinja. Arabwira ati " Musa yabategetse iki?" Baramusubiza bati "Musa yemereye umugabo kwandika icyemezo cyo gusenda umugore, akabona kumusezerera." Yezu arababwira ati "Icyamuteye kwandika iryo tegeko, ni uko umutima wanyu unangiye. Naho mu ntangiriro y'isi, Imana yaremye umugabo n'umugabo; ni yo mpamvu umugabo azasiga se na nyina, akifatanya n'umugore we, maze bombi bakaba umubiri umwe.' Bityo ntibaba bakiri babiri ahubwo baba ari umubiri umwe. Nuko rero ntihakagire umuntu utandukanya icyo Imana yafatanije." Basubiye imuhira abigishwa be bongera kumusobanuza ibyerekeye iyo ngingo. Arababwira ati "Koko umugabo usenda umugore we akazana undi aba asambana; umugore na we utandukana n'umugabo we agacyurwa n'undi, aba asambana." Nuko bamuzanira abana bato ngo abakoreho, maze abigishwa barabakabukira. Yezu abibonye ararakara, maze arababwira ati "Nimureke abana bansange,mwibabuza, kuko Ingoma y'Imana ari iy'abameze nka bo. Ndababwira ukuri: umuntu wese utazakira Ingoma y'Imana nk'umwana, ntazayinjiramo bibaho." Nuko arabahobera, abasabira umugisha, abshyizeho ibiganza.

  • Iyo ni Ivanjiri ntagatifu
  • Uragsingizwa Kristu

ICYUMWERU XXVI GISANZWE – B – (27 NZERI 2009)

  • Amasomo
    • Ibar 11, 25-29

Uhoraho amanukira mu gacu, avugisha Musa. Agabanyaho muke ku mwuka wari muri Musa kugira ngo awuhe ba bakuru mirongo irindwi b'imiryango. Wa mwuka ubagezemo batangira guhanura ariko baza kurekeraho. Hari abagabo babiri Elidadi na Medadi, bari basigaye mu ngando. Bari mu murongo w'abagombaga guhabwa umwuka, uretse ko batari basohotse ngo bajye ku ihema ry'ibonaniro. Ariko nabo umwuka ubajyamo, nuko bahanurira mu ngando. Umwana w'umuhungu aza yiruka abwira Musa ati " Elidadi na Medadi barimo barahanurira mu ngando!" Yozuwe mwene Nuni wari umufasha wa Musa kuva mu buto bwe, aravuga ati "Shobuja, Musa, babuze!"Musa aramusubiza ati "Waba se wabagiriye ishyari kubera njyewe? Iyaba Uhoraho yasakaje umwuka we ku muryango we wose, maze bose bagahinduka abahanuzi!"

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Yak 5, 1-6

Naho mwebwe bakungu, nimurire muboroge kubera amakuba abategereje! Ubukungu bwanyu bwaraboze, imyambaro yanyu yaramunzwe; zahabu yanyu na feza byaguye ingese, kandi iyo ngese ni yo izabashinja, ikazatwika imibiri yanyu nk'umuriro. Ngaho mwihunikiye ubukungu muri iyi minsi y'indunduro! Umushahara w'abakozi basaruye imyaka mu mirima yanyu mwarawubahuguje, none ngaha uravuza induru kandi n'imiborogo y'abo bakozi yageze mu matwi ya Nyagasani Umutegetsi w'ingabo. Kuri iyi si mwibereyeho mu murengwe no mu byishimo, kandi mu minsi batotezaga intungane, ntimwaretse kugwa ivutu. Mwaciriye urubanza rubi intungane, maze murayica, nyamara itabarwanyije.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Mk 9, 38-43.45.47-48

Yohani aramubwira ati "Mwigisha twabonye umuntu wirukana roho mbi mu izina ryawe kandi atadukurikira; turabimubuza kuko atadukurikira." Yezu ati "Mwibimubuza, kuko nta muntu ushobora gukora igitangaza mu izina ryanjye, maze ngo ahindukire amvuge nabi. Utaturwanya wese ari kumwe natwe. Umuntu wese uzabaha ikirahuri cy'amazi yo kunywa abitewe n'uko muri aba Kristu, ndababwira ukuri, ntazabura igihembo cye. Ariko nihagira ugusha mu cyaha umwe muri aba bato bemera, ikimukwiye ni uko bamuhambira ku ijosi urusyo rusheshwa n'indogobe, bakamuroha mu nyanja. Niba ikiganza cyawe kigutera gukora icyaha, ugice, kuko ikiruta ari ukwinjirana akanimpfu mu bugingo, aho kujyana ibiganza byawe byombi mu nyanga y'umuriro utazima. Niba ikirenge cyawe kigutera gukora icyaha, ugice, kuko ikiruta ni ukwinjira mu bugingo ucumbagira, aho kurohwa mu nyenga ufite ibirenge byawe byombi. Niba ijisho ryawe rigutera gukora icyaha, rinoboremo; ikuko ikiruta ari uko wakwinjirana rimwe mu Ngoma y'Imana, aho kwinjirana yombi mu nyenga, aho urunyo rudapfa, n'umuriro ntuzime.

  • Iyo ni Ivanjiri ntagatifu
  • Uragasingizwa Kristu

ICYUMWERU CYA XXV GISANZWE – B - (20 NZERI 2009)

  • Amasomo
    • Buh 2, 12.17-20

Twibasire intungane kuko itubangamiye, ikarwanya ibikorwa byacu, ikanadushinja ko twarenze Amategeko, tugahemukira umuco mwiza badutoje. Nimureke turebe niba ibyo ivuga ari ukuri, dusuzume uko ibyayo bizarangira. Niba intungane ari umwana w'Imana koko, izayitabara, iyigobotore mu nzara z'abanzi bayo. Tuyigeragereshe ibitutsi n'ibitotezo, kugira ngo tumenye ubwiyumanganye bwayo, turebe n'ukwihangana kwayo. Nimureke tuyitange yicwe uruteye isoni, kuko icyo gihe Imana izayihagararaho, dukurikije nanone uko ibyivugira.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Yak 3, 16-4,3

Koko rero, ahari ishyari n'ubucabiranya, haba umuvungurano n'ibikorwa bibi by'amoko yose. Naho ubuhanga bukomoka mu ijuru; icya mbere cyo ni ubuziranenge, ni ubunyamahoro, ni ubunyarugwiro n'ubunyampuhwe,bukaba busendereye ineza kandi bukarumbuka imbuto nziza, ntibugire aho bubogamira kandi ntibugire uburyarya. Imbuto y'ubutungane ibibwa mu mahoro, ku baharanira amahoro. Amakimbirane akomoka he? Cyangwa se intamabara muri mwe zituruka he? Aho ibyo byose ntibyaba bituruka ku byifuzo byanyu, birwanirira mu myanya y'umubiri wanyu? Murararikira ariko ntimugire icyo mutunga; muri abicanyi n'abanyeshyari, nyamara ntacyo muronka; murarwana kandi mukavurungana, ariko ntimugire icyo mugeraho, kuko mutazi gusaba. Murasaba ariko ntimuronke, kuko ugusaba kwanyu nta kindi kugamije uretse gutagagaguza ibyifuzo byanyu.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Mk 9, 30-37

Bavuye aho ngaho, bambukiranya Galileya, ariko Yezu ntiyashakaga ko babimenya. Yigishaga abigishwa be ababwira ati "Umwana w'Umuntu agiye gushyirwa mu maboko y'abantu, bakamwica, ariko yamara gupfa, akazazuka ku munsi wa gatatu." Iryo jambo ariko ntibaryumva, batinya no kumubaza. Nuko bagera i Kafarnawumu. Bari mu nzu Yezu arababaza ati " Mu nzira mwajyaga impaka z'iki?" Baraceceka, kuko mu nzira bari bagiye impaka zo ku menya umukuru muri bo. Amaze kwicara, ahamagara ba Cumi na babiri, arababwira ati "Ushaka kuba uwa mbere, azigire uwanyuma muri bose, abe n'umugaragu wa bose." Nuko afata umwana, amuhagarika hagati yabo, aramuhobera, arababwira ati "Umunu wese wakira umwana nk'uyu nguyu, ari njye abigirira, ni njye aba yakiriye. Kandi unyakiriye wese, si njyewe aba yakiriye, ahubwo aba yakiriye Uwantumye."

  • Iyo ni Ivanjiri ntagatifu
  • Uragasingizwa Kristu

vendredi 11 septembre 2009

ICYUMWERU CYA XXIV GISANZWE – B –(13 NZERI 2009)

  • Amasomo
    • Iz. 50, 5-9a

Nyagasani Uhoraho yanzibuye amatwi, nanjye sinabyangira, ndetse sinatezuka. Nanategeye umugongo abankubitaga, imisaya yanjye nyitegeza abamfuraga ubwanwa; uruhanga rwanjye sinaruhisha abantukaga, bancira mumaso. Cyakora Nyagasani Uhoraho arantabara, agatuma ibitutsi bitanca intege. Uruhanga rwanjye ndarukomeza nk'ibuye, kandi nzi ko ntazakorwa n'ikimwaro. None se ko undenganura ari hafi, ninde watinyuka kumburanya? Naze tujyane imbere y'umucamanza! Ni nde uzanshinja mu rubanza? Ngaho niyigaragaze, maze anyegere! Ni byo rwose, Nyagasani Uhoraho arantabara; ninde rero wanshinja icyaha?

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


     

    • Yak. 2, 14-18

Byaba byunguye iki se, bavandimwe banjye, umuntu avuze ko afite ukwemera, niba adafite ibikorwa? Uko kwemera se gushobora kumukiza? Niba umuvandimwe wawe cyangwa mushiki wawe bambaye ubusa, cyangwa se badafite ibyo kurya bya buri munsi, maze muri mwe hakagira ubabwira ati "Nimugende amahoro, mwote kandi muryoherwe", atabahaye ibibatunga byaba bimaze iki? Bityo rero, n'ukwemera kutagira ibikorwa kuba kwarapfuye ubwako. Ariko wenda hagira uvuga ati "Wowe ufite ibikorwa, naho njye nkagira ukwemera!" Uwo namusubiza nti "Nyereka ukwemera kwawe kutagira ibikorwa, naho njye nkwereke ibikorwa bigaragaza ukwemera kwanjye.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


     

    • Mk. 8, 27-35

Yezu ajyana n'abigishwa be, agana mu nsisiro za Kayizareya ya Filipo. Bakiri mu nzira, abaza abigishwa be ati "Abantu bavuga ko ndi nde?" Baramusubiza bati "Ngo uri Yohani Batisita, abandi ngo uri Eliya; naho abandi ngo uri umwe mu bahanuzi." Ati "Mwebwe se, muvuga ko ndi nde?" Petero aramusubiza ati "Uri Kristu." Nuko yezu arabihanagiriza ngo ntibagire uwo babibwira. Nuko atangira kubigisha ko Umwana w'umuntu agomba kuzababara cyane, agacibwa n'abakuru b'imiryango, n'abaherezabitambo bakuru, n'abigishamategeko, akicwa, ariko akazuka nyuma y'iminsi itatu. Ibyo yabibabwiye akomeje. Nuko Petero aramwihugikana, atangira kumutonganya. We ariko arahindukira, maze areba abigishwa be, acyaha Petero, amubwira ati "Hoshi, mva iruhande Sekibi! Kuko ibitekerezo byawe bitavuye ku Mana, ahubwo ku bantu." Nuko ahamagara rubanda hamwe n'abigishwa be, arababwira ati "Niba hari ushaka kunkurikira, yiyibagirwe ubwe, aheke umusaraba we, maze ankurikire! Kuko uzashaka gukiza ubugingo bwe azabubura, naho uzahara ubugingo bwe kubera jyewe n'Inkuru Nziza, azabukiza.

  • Iyo ni Ivanjili ntagatifu
  • Uragasingizwa Kristu

ICYUMWERU CYA XXIII GISANZWE – B- (06 NZERI 2009)

  • Amasomo
    • Iz. 35, 4-7a

Mubwire abakutse umutima, muti "Nimukomere, mwoye gutinya; dore Imana yanyu. Ije guhora abanzi banyu, ni cyo gihembo cyanyu. Iraje ubwayo kubakiza." Nuko impumyi zazabone, n'ibipfamatwi bizumve. Abacumbagiraga bazasimbuke nk'impara, n'iminwa y'ibiragi itere urwamo rw'ibyishimo. Ubutayu buzavubukamo amasoko n'imigezi itembe ahantu h'amayaga. Ubutaka butwika buzahinduka ikiyaga, akarere kishwe n inyota kazavubukemo amasoko y'amazi.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


     

    • Yak. 2, 1-5

Bavandimwe, ntimukitiranye kwikundira abantu bamwe n'ukwemera mufite muri Nyagasani Yezu Kristu wisesuyeho ikuzo. Koko rero, niba mwikoraniro ryanyu hinjiye umuntu ufite impeta za zahabu, wambaye neza cyane, hakinjira n'umukene wambaye imyenda y'ibishwangi, maze mukarangamira umuntu wambaye imyambaro myiza, mukamubwira muti " Wowe, icara muri uyu mwanya w'icyubahiro", naho umukene mukamubwira muti " Wowe, hagarara hariya" cyangwa se "Wicare mu nsi y'akabaho nkandagizaho ibirenge byanjye", ubwo se ntimuba mwivanguye ubwanyu? Ntimuba se mubaye abacamanza b'ibitekerezo bifutamye? Nimwumve, bavandimwe nkunda! Mbese nyine, Imana si Yo yahisemo abakene muri iyi si, kugira ngo babe abakungahazwe mu kwemera, n'abagenerwamurage b'Ingoma Imana yasezeranije abayikunda?

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


     

    • Mk. 7, 31- 37

Yezu ava mu gihugu cya Tiri yambukiranya igihugu cya Sidoni, agaruka kunyanja ya Galileya, yerekeje kuri Dekapoli. Nuko bamuzanira igipfamatwi kidedemanga, baramwinginga ngo amuramburireho ibiganza. Amavana muri rubanda, amujyana ahitaruye, ashyira intoki ze mu matwi ye, nuko acira amacandwe ayamukoza kururimi. Hanyuma yubura amaso ayerekeje ku ijuru, asuhuza umutima ati "Efata", bikavuga ngo "Zibuka." Ako kanya, amatwi ye arazibuka, n'ururimi rwe ruragobodoka, maze atangira kuvuga neza. Maze Yezu abihanangiriza kutagira uwo babibwira, nyamara uko abihanangiriza, akaba ariko barushaho kubyamamaza. Bagatangara cyane bakavuga bati "Byose yabikoze neza; atuma ibipfamatwi byumva n'ibiragi bivuga."

  • Iyo ni Ivanjili ntagatifu
  • Uragasaingizwa Kristu

samedi 29 août 2009

ICYUMWERU CYA XXII GISANZWE- B- (30 KANAMA 2009)

  • Amasomo
    • Ivug. 4, 1-2. 6-8

None rero, Israheli, umva amategeko n'imigenzo mbigisha ubwanjye gukurikiza, maze muzabone kubaho no kwinjira mu gihugu Uhoraho Imana y'abasokuruza banyu abahaye ngo mukigarurire. Ntimuzagire icyo mwongera ku mgambo y'amategeko mbahaye, ntimuzagire n'icyo mugabanyaho, kugira ngo mukomeze amategeko y'Uhoraho Imana yanyu mbashyikirije. Muzayakomereho, muyakurikize; ni cyo kizatuma muba abanyabwenge mu maso y'amahanga. Abazabwirwa iby'aya mategeko yose, bazavuga bati "Ntakabuza iri hanga rikomeye ritya rigomba kuba ari iry'abantu b'abanyabwenge kandi b'impuguke." Koko se hari irindi hanga rikomeye ryagira imana ziriba hafi nk'uko Uhoraho Imana yacu abigenza igihe cyose tumutabaje?Ni irihe hanga rikomeye ryagira amategeko n'imigenzo biboneye nk'iri Tegeko mbagejejeho uyu munsi?"

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


     

    • Yak. 1, 17-18. 21b-22.27

Bavandimwe, ikitwa ingabire y'agaciro cyose, n'ituro rishyitse iryo ari ryo ryose, bikomoka mu ijuru ku Mubyeyi w'urumuri, we udahinduka kandi natume habaho umwijima uturutse ku mihindagurikire y'ibihe. Ni ku bwende bwe bwite yatwibyariye akoresheje ijambo rye ry'amanyakuri, kugira ngo tube imena mu biremwa bye. Nimwakirane urugwiro ijambo ryababibwemo kandi rishbora kubakiza. Mube abantu bagaragaza mu bikorwa ijambo ry'Imana, kuko kwishimira kuryumva byonyine ari ukwibeshya. Iyobokaman risukuye kandi ritagira amakemwa mu maso y'Imana Data ni iri ngiri: ni ugusura imfubyi, n'abapfakazi mu magorwa yabo, kwirinda ubwandu bwose bwo kuri iyi si, kugira ngo ube umuziranenge.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


     

    • Mk 7, 1-8.14-15.21-23

Abafarizayi bamwe mu Bigishamategeko bari baturutse i Yeruzalemu, bateranira i rihande rwa Yezu. Babona bamwe mu bigishwa be barisha intoki zanduye, ari byo kuvuga zidakarabye. Koko rero, Abafarizayi n'Abayahudi bose ntibarya batabanje gukaraba ibiganza kugeza ku nkokora, bakurikije akamenyero k'abakurambere; n'iyo bavuye mu materaniro, ntibarya batabanje kwitera amazi. Hariho kandi n'indi migenzo myinshi bakurikiza by'akarande, nko koza ibikombe, ibibindi n'amasahani... Nuko rero, Abafarizayi n'Abigishamategeko baramubaza bati "Ni iki gituma abigishwa bawe badakurikiza umuco w'abakurambere, bakarisha intoki zanduye?" Arabasubiza ati "Izayi yabahanuye neza, mwa ndyarya mwe! Nk'uko byanditswe ngo 'uyu muryango unyubahisha akarimi gusa, naho imitima yabo indi kure. Icyubahiro bampa ni amanjwe: inyigisho bigisha ni amategeko y'abantu gusa.' Murenga ku itegeko ry'Imana, mukibanda ku muco w'abantu." Yongera guhamagara rubanda, arababwira ati "Nimutege amatwi mwese, kandi munyumve neza! Nta kintu kijya mu muntu giturutse inyuma kimuhumanya, ahubwo ikivuye mu muntu ni cyo kimuhumanya! Kuko mu mutima w'abantu ariho haturuka imigambo mibi: ubusambanyi, ubujura, ubwicanyi, ubuhabara, umururumba, ubugome, uburyarya, ingeso mbi, ishyari, gutukana, ubwirasi, n'amafuti. Ibyo bintu byose bibi biva mu mutima, nibyo bihumanya umuntu."


- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu

dimanche 23 août 2009

ICYUMWERU CYA XXI GISANZWE – B – (23 KANAMA 2009)

- Amasomo

• Yoz. 24, 1-2a.14-17.18b


Yozuwe akoranyiriza imiryango ya Israheli yose i Sikemu, maze ahamagaza abakuru ba Israheli, abatware, abacamanza, abayobozi b’imirimo; baza imbere y’Imana. Yozuwe abwira rubanda rwose, ati “Ubu rero, nimutinye kandi mukorere Uhoraho mu butabera n’ubudahemuka. Nimwigizeyo ibigirwamana ba so bayobotse hakurya y’Uruzi no mu Misiri, maze mukorere Uhoraho. Ariko niba gukorera Uhoraho bitabashimishije, uyu munsi muhitemo uwo mushaka gukorera: byaba ibigirwamana ba so bayobotse bakiri hakurya y’Uruzi cyangwa se iby’Abahemori mubereye mu gihugu. Naho njye n’inzu yanjye tuzakorera Uhoraho.” Rubanda baramusubiza bati “Hehe n’igitekerezo cyo kwimura Uhoraho ngo dukorere ibigirwamana! Uhoraho ni We Mana yacu, We watuvanye mu Misiri twe n’ababyeyi bacu, akatuvana mu nzu y’ubucakara, agakorera ibyo bimenyetso bikomeye mu maso yacu. Yaturwanyeho mu rugendo rurerure twakoze no mu mahanga yose twagiye tunyuramo. Natwe rero tuzakorera Uhoraho, kuko ari We Mana yacu.”

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

• Ef. 5,21-32

Bavandimwe, mujye mworoherana kubera igitinyiro mufitiye Kristu. Abagore borohere abagabo babo nk’aho babigirira Nyagasani; koko rero umugabo agenga umugore we, nk’uko Kristu agenga Kiliziya akayibera umutwe ukiza umubiri wose. Nk’uko rero Kiliziya yumvira Kristu, bityo n’abagore nibajye bumvira abagabo babo muri byose. Namwe bagabo nimukunde abagore banyu, nk’uko Kirstu yakunze Kiliziya, maze akayitangira. Yarayitagatifuje, ayisukuza amazi n’ijambo ribiherekeza, kugira ngo ayihingutse imbere ye, ibengerana, nta bwandu n’iminkanyari, cyangwa indi nenge, ahubwo ari Kiliziya ntagatifu kandi itagira amakemwa. Nguko abagabo bagomba gukunda abagore babo, mbese nk’imibiri yabo bwite. Ukunda umugore we abayikunze ubwe. Koko rero ntawigeze yanga umubiri we, ahubwo arawugaburira, akawitaho cyane, mbese nk’uko na Kristu agenzereza Kiliziya. Muyobewe se ko turi ingingo z’umubiri we,(nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo) “ni cyo gituma umugabo azasiga se na nyina, akifatanya n’umugore we, bakaba umubiri umwe”. Iryo yobera rirakomeye, cyakora ibyo mbivuze nzirikana Kristu na Kiliziya.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

• Yh. 6, 60-69

Abenshi mu bigishwa be bamaze kumwumva, baravuga bati “Aya magambo arahambaye, ninde washobora kuyatega amatwi?” Yezu amenya ko abigishwa be bijujutiye ayo magambo, arababwira ati “Mbese ibyo birabatsitaje? Noneho ubwo hacura iki mubonye Umwana w’umuntu azamuka ajya aho yahoze mbere hose? Roho ni we ubeshaho, umubiri nta kavuro. Amagambo nababwiye aturuka kuri Roho, kandi agatanga ubugingo. Ariko muri mwe harimo abatemera.” Koko Yezu yarazi mbere hose abatemera, ndetse yari azi n’uzamugambanira. Arongera ati “Ngiyo impamvu yatumye mbabwira ko ari nta we ushobora kunsanga atabihawe na Data”. Kuva ubwo, benshi mu bigishwa be bavanamo akabo karenge, ntibongera kugendana na we ukundi. Nuko Yezu abwira ba Cumi na babiri, ati “namwe se murashaka kwigendera?” Simoni Petero aramusubiza ati “Nyagasani, twasanga nde wundi, ko ari wowe ufite amagambo y’ubugingo bw’iteka. Twe twaremeye, kandi tuzi ko uri Intungane y’Imana.”

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu

dimanche 9 août 2009

ICYUMWERU CYA XX GISANZWE-B-(16 KANAMA 2009)

• Amasomo

o Imig 9, 1-6



Ubuhanga bwubatse inzu yabwo, burayinogereza buteramo inkingi ndwi, bubaga amatungo yabwo, butegura divayi, maze ndetse butunganya ameza. Bwohereje abaja babwo, nabwo bwigira mu mpinga z’umugi burangurura ijwi, bugira buti “Ushaka kujijuka nayure hano!” Bubwira n’uw’igicucu buti “Nimuze, murye ku mugati wanjye, munywe no kuri divayi nabateguriye. Nimureke ubupfayongo, muboneze inzira y’ubwenge maze muzabeho!”

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Ef 5, 15-20

Bavandimwe, nuko rero nimwitondere imibereho yanyu, ntimube abapfayongo, ahubwo mube abantu bashyira mu gaciro, bakoresha neza igihe barimo kuko iminsi ari mibi. Ntimukabe rero abapfu, ahubwo mwihatire kumenya icyo Nyagasani ashaka. Ntimugasindishwe na divayi, kuko byabatera kwifata nabi, ahubwo nimwuzure Roho Mutagatifu. Nimufatanye kuvuga zabuli, ibisingizo n’indirimbo mubwirijwe na Roho Mutagatifu; muririmbe, mwogeze Nyagasani n’umutima wanyu wose. Igihe cyose no muri byose, mushimire Imana Data mu izina ry’umwami wacu Yezu Kristu.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Yh 6, 51-58


“Ni njye mugati muzima wamanutse mu ijuru. Urya uwo mugati azabaho iteka;kandi umugati nzatanga, ni umubiri wanjye, kugira ngo isi igire ubugingo.” Ni bwo Abayahudi batangiye kujya impaka ubwabo bati “Ashobora ate kuduha umubiri we ngo uribwe?” Yezu arabasubiza ati “Ndababwira ukuri koko: nimutarya umubiri w’Umwana w’umuntu, ntimunywe n’amaraso ye, ntimuzagira ubugingo muri mwe. Naho urya umubiri wanjye, akanywa n’amaraso yanjye, agira ubugingo bw’iteka, kandi nzamuzura ku munsi w’imperuka. Kuko umubiri wanjye ari ikiribwa koko, n’amaraso yanjye akaba ikinyobwa koko. Urya umubiri wanjye kandi akanywa amaraso yanjye, angumamo nanjye nkamugumamo. Mbese nk’uko Data wantumye ariho, najye nkabaho ku bwa Data, bityo undya, na we azabaho ku bwanjye. Nguyu umugati wamanutse mu ijuru: si nk’uwo ba sogukuruza banyu bariye bakarenga bagapfa; urya uyu mugati azabaho iteka ryose.”

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu.

ICYUMWERU CYA XIX GISANZWE-B-(09 KANAMA 2009)

• Amasomo

o 1 Abam 19, 4-8


Eliya agenda urugendo rw’umunsi umwe mu butayu. Ahageze yicara mu nsi y’igiti cyari cyonyine. Yisabira gupfa, agira ati “Ntacyo ngishoboye. None Uhoraho, akira ubuzima bwanjye kuko ntaruta abasokuruza banjye.” Nuko aryama mu nsi y’icyo giti cyari cyonyine arasinzira. Umumalayika araza amukoraho,amubwira ati “Byuka urye!” Aritegereza abona ku musego we umugati wavumbitswe mu mabuye ashyushye n’akabindi k’amazi; ararya, aranywa, hanyuma arongera araryama. Umumalayika w’Uhoraho aragaruka, amukoraho maze arammubwira ati “Byuka urye kuko ugifite urugendo rurerure.” Eliya arahaguruka, ararya kandi aranywa, hanyuma amaze kumva ahembutse, agenda iminsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine kugera i Horebu, umusozi w’Imana.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Ef 4, 30-5, 2

Bavandimwe, muramenye, ntimugashavuze Roho Mutagatifu w’Imana, wawundi mwahawe ngo abe ikimenyetso kizabaranga ku munsi w’ukubohorwa kwanyu. Ikitwa ubwisharirize cyose, n’umwaga, n’uburakari, n’intonganya, no gutukana, kimwe n’ikitwa ububisha cyose, bicibwe muri mwe. Ahubwo nimugirirane ineza n’impuhwe, mubabarirane ibyaha nk’uko Imana yabababariye muri Kristu. Nimwigane rero Imana, ubwo muri abana bayo ikunda; mujye mukundana nk’uko Kristu yadukunze, maze ubwe akatwitangira aba igitambo n’ituro bimeze nk’umubavu uhumura neza, bigashimisha Imana.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Yh 6, 41-51

Nuko Abayahudi barijujuta bitewe nuko yaravuze ati “Ndi umugati wamanutse mu ijuru.” Maze baravuga bati “Uriya si Yezu, mwene Yozefu?Se na nyina ntitubazi? Ubu ashobora ate kuvuga ati ‘Namanutse mu ijuru’?” Yezu arabasubiza ati “Nimureke kuvugana mwijujuta. Ntawe ushobora kungeraho atabihawe na Data wanyohereje, nanjye nkazamuzura ku munsi w’imperuka. Mu gitabo cy’Abahanuzi haranditse ngo ‘Bose baziyigishirizwa n’Imana’ Umuntu wese wumvise Data akigishwa, aransanga. Ntawigeze abona Data, uretse uwaturutse ku Mana; uwo nguwo ni we wabonye Data. Ndababwira ukuri koko: uwemera agira ubugingo bw’iteka.Ni njye mugati w’ubugingo. Basogukuruza banyu baririye manu mu butayu, maze bararenga barapfa. Nguyu umugati wamanutse mu ijuru, kugira uwuriye wese ye kuzapfa. Ninjye mugati w’ubuzima wamanutse mu ijuru. Urya uwo mugati azabaho iteka; kandi umugati nzatanga, ni umubiri wanjye, kugira ngo isi igire ubugingo.”

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu.

dimanche 2 août 2009

ICYUMWERU CYA XVIII GISANZWE-B-(02 KANAMA 2009)


• Amasomo

o Iyim 16, 2-4. 12-15


Aho mubutayu ikoraniro ryose ry’Abayisiraheli ryitotombera Musa na Aroni. Abayisiraheli barababwira bati “ Yewe!Iyo byibura twicwa n’ukuboko k’Uhoraho tukiri mu gihgu cya Misiri, igihe twari twiyicariye iruhande rw’inkono z’inyama, twirira imigati uko dushaka!Ubu mwatuzanye muri ubu butayu kugira ngo mwicishe inzara iyi mbaga yose!” Nuko Uhoraho abwira Musa ati “Dore ngiye kubagushaho, nk’imvura, umugati uturutse mu ijuru. Uko bukeye rubanda bazajya basohoka, batoragure ibyo bakeneye uwo munsi. Nzagerageza ntyo, ndebe niba bazakurikiza amategeko yanjye cyangwa niba batazayakurikiza. Uhoraho abwira Musa, ati “Numvise umwijujuto w’Abayisiraheli. Babwire uti ‘Nimugoroba, mukabwibwi,murarya inyama; n’ejo mugitondo muzahage umugati, maze mumenyereho ko ari njye Uhoraho Imana yanyu’.” Ngo bugorobe haduka inkware zigwa ari nyinshi mu ngando; mu gitondo basanga mu mpande z’ingando hatonze ikime kibambitse. Icyo kime kimaze kweyuka, babona mu butayu utuntu tumeze nk’utubuto, twererana nk’urubura ku butaka. Abayisiraheli baritegereza, maze barabazanya bati “Man hu”, ari byo kuvuga ngo “Iki ni iki?”Kuko batari bazi icyo ari cyo. Musa arababwira ati “Icyo ni umugati Uhoraho abahaye ngo murye.”

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Ef 4, 17. 20-24

Bavandimwe, mwebweho si uko mwigishijwe kumenya Kristu: niba koko ari We mwabwiwe, niba ari We mwigishijwe kumenya, mukumva ibihuje n’ukuri kuganje muri Yezu. Mugomba rero guca ukubiri n’imibereho yanyu yo hambere, mukivanamo imigenzereze ya muntu w’igisazira ugenda yiyangiza mu byifuzo bibi bimuroha. Ahubwo nimuvugurure imitima yanyu hamwe n’ibitekerezo byanyu, muhinduke muntu mushya waremwe uko Imana ibishaka mubudakemwa no mu butungane nyakuri.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Yh 6, 24-35

Ya mbaga y’abantu ibonye ko Yezu n’abigishwa be batagihari, bajya mumato bagana i Kafarinawumu kuhashakira Yezu. Bamusanze hakurya y’inyanja, baramubaza bati “Mwigisha, wageze hano ryari?” Yezu arabasubiza ati “Ndababwira ukuri koko: ntimunshakira ko mwabonye ibimenyetso, ahubwo muranshakira ko mwariye imigati mugahaga. Nimujye mukora mudaharanira ibiribwa bishira, ahubwo nimuharanire ibiribwa bihoraho mu bugingo bw’iteka, ibyo umwana w’umuntu azabaha, kuko ari we Imana Data yashyizeho ikimenyetso.” Baramubaza bati “Twagenza dute kugira ngo dukore ibyo Imana ishima?” Yezu arabasubiza ati “Igikorwa Imana ishima, ni uko mwakwemera uwo yatumye.” Nuko baramubwira bati “Ikimenyetso utanze ni ikihe, ngo tukibone maze tukwemere? Ukoze iki? Mu butayu, ba sogokuruza bacu bariye manu, nk’uko byanditswe ngo ‘Yabagaburiye umugati uturutse mu ijuru’.” Nuko Yezu arabasubiza ati “Ndababwira ukuri koko: Musa si we wabahaye umugati wo mwijuru, ahubwo ni Data ubaha umugati w’ukuri wo mu ijuru. Kuko umugati Imana itanga ari umanuka mu ijuru, kandi ukazanira isi ubugingo.” Nuko baramubwira bati “Mwigisha jya uhora uduha uwo mugati utubwiye.” Yezu arababwira ati “Ni njyewe mugati utanga ubugingo. Unsanga wese ntazasonza bibaho, n’unyemera ntazagira inyota bibaho.”

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu


• Kuzirikana

Hari agakuru k’umuntu Mudashirwa yikoreraga umurimo wo gucukura amabuye yo kubakisha amazu. Umunsi umwe, aho hafi y’aho yacukuraga amabuye, hanyura Igikomangoma gishagawe n’ abasirikare, abaja, abagaragu n’ibintu by’agatangaza. Mudashirwa arabireba yinjirwa n’agashyari yifuza kugira ubukungu nk’ubw’icyo Gikomangoma. Icyifuzzo cye kirumvikana arabihabwa.

Ikindi gihe Mudashirwa, yitegereza uko izuba ryumisha indabo mu busitani bwe, rigakamya amazi mu migezi; ni ko kwifuza ububasha nk’ubw’izuba. Ntibyatinda, icyivuzo cye kirumvikana ahinduka izuba, agira ububasha bwo kumisha ibiti, indabo no gukangaranya abantu abicisha inyota.

Mudashirwa rwose yari yishimye pe kugeza ubwo ibicu bije ari byinshi biramubundikira, bwa bushyuhe bwe buburiramo. Ni ko kwifuza kuba ibicu. Icyifuzo cye kirumvikana ahinduka ibicu. Bikajya bibudika bigatanga amazi akarengera ibintu, agatwara ibindi. Bikavamo imirabyo igakangaranya isi.

Mudashirwa arishima cyane koko kugeza igihe abonye ko umusozi udakangwa n’ayo mazi n’iyo mirabyo; umusozi wahoraga wemye ntacyo wikanga. Ni ko kwifuza kuba umusoz. Icyifuzo cye kirumvikana, aba umusozi. Abaho yishimye kugeza igihe yumvaga ko hari umuntu wirirwa amudondaga amaguru; yari umuntu w’umukene wicukuriraga amabuye, arunda ibishyinga byo kugurisha, agira ngo arebe uko yabona imibereho ya buri munsi. Ngibyo nguko!

Mudashirwa uwo ni buri wese muri twe, bavandimwe! Buri munsi tuba twifuza iki na kiriya cyisumbuyeho, cyiza kurushaho, gikomeye kurushaho,... ni uko!
Iyo urebeye neza amateka y’umuryango wa Isiraheli usanga warakunze kurangwa no kuganya, kwitotombera Imana: Basabye amazi, Imana ibaha amazi i Massa n’i Meriba; basabye umugati, Imana ibaha manu ya buri munsi. Ariko ntibyababuije guhora bittombera Imana na Musa. Ibintu by’isi rero, dore ko bigenda birushaho kuba bishyashya no kuba byinshi, nta na rimwe bizigera bishobora kuduhaza no kutumara umururumba.

Aho hari icyintu cyaba kiriho kuri iyi cyatumara iyo nyota, iyo nzara, uwo mururmba? Igihe Yezu agaburiye abantu ibihumbi bitanu imigati, bakarya bagahaga bagasigaza, bashatse kumwimika nk’umwami wabo, Yezu yarababwiye ati “ntimunshakira ko mwabonye ibimenyetso, ahubwo muranshakira ko mwariye imigati mugahaga. Nimujye mukora mudaharanira ibiribwa bishira.”

Iyo ni yo nyigisho y’iki cyumweru: guharanira gutungwa n’umugati w’ubuzima, umugati Imana ubwayo itanga; atari uriya Abayisiraheli bariye mu butayu, bakarenga bagapfa. Umugati w’ubuzima Imana itugenera ni Yezu Kristu, umwana wayo: “Ni njyewe mugati utanga ubugingo. Unsanga wese ntazasonza bibaho, n’unyemera ntazagira inyota bibaho.”
Udashaka kuba Mudashirwa uriya, arahamagarirwa gusanga Yezu by’ukuri no kumwemera nyabyo: bityo azaba aciye ukubiri n’inzara n’inyota; azaba aciye ukubiri n’umururumba w’iby’iyi si.

Muri Yezu Kristu, Jambo w’Imana yigize umuntu. Mu buzima no mu bikorwa bye Yezu yerekanye uko Imana yegereye umuntu ikishushanya na we bihamye: yagaragaje impuhwe, ubudahemuka no kwitangira abandi kugeza aho atanga ubugingo bwe kubera urukundo. Uwo ni wo mugati muzima wamnanutse mu ijuru. Uko ni ko tugomba guhimbaza Imana yacu: kubaho nk’uko Kristu yabayeho. Kurya umubri wa Kristu, tukanywa n’amaraso ye, bisobanura kubaho nk’uko yabayeho: mu rukundo yagaragaje, mu bwitange yagaragaje. Ngaho aho dukomora ubuzima bw’iteka. Ngaho ahashirira inyota n’inzara. Bityo isangira ryacu ritagatifu rya buri misa ritubere umwanya wo gusangira byose na Kristu kugira ngo tuzaronke ubugingo bw’iteka.

Ni ho Pawulo mutagatifu aganisha igihe yandikiraga Abanyefezi: “Mugomba rero guca ukubiri n’imibereho yanyu yo hambere, muhinduke muntu mushya”.

Kuba dufite inzara n’inyota, byo ntawashidikanya ko tubihorana. Turashonje pe! Ariko inzara n’inyota dufite si ibyo gushakashaka Imana; niba tunayifite ntiza mbere. Twifitiye inzara nk’iya Mudashirwa. Uyu munsi twerurire Yezu, tumusabe atwongerere inzara yo kumumenya nk’umugati twahawe na Data, umugati umanuka mu ijuru ngo uduhaze ubugingo. Tumusabe atwongerere inzara yo guhinduka abantu bashya, twiyambure ibisazira. Tumusabe atwongerere inzara y’urukundo rushyitse. Tumusabe atwongerere inzara yo gukora icy’Imana ishima, kandi icyo ishima ni uko twakwemera uwo yatumye: Yezu Kristu.

Umubyeyi Bikira Mariya abidufashemo, adufate ikganza atuyobore isoko ifutse y’ingabire zose dukeneye.

lundi 27 juillet 2009

ICYUMWERU CYA XVII GISANZWE – B-(26 NYAKANGA 2009)


• AMASOMO

o 2 Bami 4, 42- 44


Haza umuntu uturutse i Behali Shalisha, azanira umuntu w’Imana ibiryo by’umuganura: byari imigati makumyabiri y’ifu y’ingano n’umufuka umwe wuzuye ingano zigisarurwa. Elisha aravuga ati “Nimubigaburire abantu barye!” Umugaragu we aramusubiza ati “Nashobora nte kubigaburira abantu ijana?” Aramusubiza ati “Bibagaburire barye, kuko Uhoraho avuze ngo bazarya kandi basigaze!” Umugaragu agaburira abantu, bararya kandi baranabisigaza, nk’uko Uhoraho yari yabivuze.

- Ijambo ry’imana
- Dushimiye Imana

o Ef 4, 1-6

Bavandimwe, ubu rero, njyewe uri ku ngoyi nzira Nyagasani, ndabinginga ngo mugenze mu buryo bukwiranye n’ubutore bwanyu: nimubane murukundo, murangwe n’ubwiyoroshye, n’ituze n’ubwiyumanganye, mwihanganirane muri byose, kandi mwihatire kugumana umutima umwe ubahuza mu mahoro. Nk’uko Umubiri ari umwe na Roho akaba umwe, ni nako mwahamagariwe gusangira ukwizera kumwe. Nyagasani ni umwe, ukwemera ni kumwe, batisimu ni imwe; n’Imana ni imwe, Yo Mubyeyi wa bose, usumba bose, agakorera muri bose, kandi agatura muri bose.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Yh 6, 1-15

Ibyo birangiye, Yezu ajya hakurya y’inyanja ya Galileya ariyo Tiberiya. Abantu benshi baramukurikira, bitewe nuko babonaga ibimenytso yerekanaga akiza abarwayi. Nuko Yezu aterera umusozi, ageze mu mpinga aricara arikumwe n’abigishwa be. Ubwo Pasika, umunsi mukuru w’Abayahudi, yari yegereje. Yezu arambura amaso, abona cya kivunge cy’abantu kije kimugana. Ni ko kubaza Filipo ati “Turagura he imigati yo kugaburira bariya bantu?” Ibyo yabimubwiye amwinja, kuko yari azi icyo ari bukore. Filipo aramusubiza ati “N’uwagira imigati y’amadenari magana abiri, umuntu ntiyabonaho na kanzinya. Umwe mu bigishwa be witwaga Andereya, mwene nyina wa Simoni Petero, aramubwira ati “Hano hari agahungu gafite imigati itanu y’ingano za bushoki n’amafi abiri, ariko byamarira iki aba bantu bangana batya?” Yezu ati “Nimwicaze abantu.” Aho hantu hari ibyatsi byinshi. Nuko baricara, abagabo bari nk’ibihumbi bitanu. Maze Yezu afata imigati, arashimira, ayigaburira abari bicaye aho, abaha n’ifi, uko bazishakaga. Bamaze guhaga, Yezu abwira abigishwa be ati “Nimurundarunde ibimanyu bisigaye, ntihagire ibipfa ubusa.” Babishyira hamwe maze buzuza inkangara cumi n’ebyiri z’ibimanyu kuri ya migati itanu y’ingano za bushoki byasigajwe n’abari bariye. Abo bantu babonye ikimenyetso Yezu amaze gukora, baravuga bati “Koko ni ukuri, uyu ni wa Muhanuzi ugomba kuza mu isi.” Yezu rero amenya ko bagiye kuza kumujyana ku mbaraga, bakamwimika, arongera ahungira kumusozi ari wenyine.

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu.

• Kuzirikana

Kuri iki cyumweru turazirikana ubuntu bwa Nyagsani uhaza abana be ibibatunga. Uhoraho ntiyifuza ko hari uwagira icyo abura kugira ngo abeho uko bikwiye. Ni Umubyeyi wa twese, kandi Umubyeyi nyawe. Twese, muri batisimu yatugize umuryango umwe, turi abavandimwe. Pawulo mutagatifu ati “Ndabinginga ngo mugenze mu buryo bukwiranye n’ubutore bwanyu”; ni byo koko, ubutore bwacu bwo kuba abana b’Imana, bwo kuba abavandimwe, bwo kuba tugize umuryango umwe. Bityo rero ati “Nimubane murukundo, murangwe n’ubwiyoroshye, n’ituze n’ubwiyumanganye, mwihanganirane muri byose, kandi mwihatire kugumana umutima umwe ubahuza mu mahoro”; ngibyo ibyakagombye kuranga umuryango wacu ari wo Kiliziya.

Mu isomo rya mbere n’Ivanjili, turasangamo uko Nyagasani ahaza abana be bashonje. Ibike arabitubura, bose bakarya bagahaga, bagasigaza. Aya masomo akadufasha kuzirikana ku gusangira ibyo abtuye iyi si batunze; icy’ingenzi kikaba atari ukugira byinshi cyangwa bike, ahubwo kugira umutima usangira; igihe cyose twiteguye kurambura ibiganza, tugashyira hamwe, nta mwana w’Imana wakagombye kubura ibo akeneye kugira abeho uko bikwiye. Imana ikeneye uduke twacu kugira ngo ihaze imbaga ya muntu.
Ukaristiya dusangira itubere koko isoko y’ugusangira muri byose; uko Yezu Kristu atwihaho ifunguro, agira ngo aduhaze ubuzima nyabwo, natwe tumwigireho kwitanga, twitangira abavandimwe, guharanira ubutabera nyabwo, kwirinda uburyamirane, ubwikunde n’ubwikanyize.

Kiliziya ikomeze itubere aho heza h’ibyatsi bitoshye twese abana bayo twicaramo tugahazwa ibyiza bitagira ingano.

Umubyeyi Bikira Mariya akomeze tube hafi adutoze iyo mico yose inyura umwana we kandi adukomeze mu kwemera kumwe dukesha batisimu imwe, turusheho kugira amizero muri Nyagasani, Umubyeyi wa bose, usumba bose, agakorera muri bose, kandi agatura muri bose.

samedi 18 juillet 2009

ICYUMWERU CYA XVI GISANZWE - B- (19 NYAKANGA 2009)


• Amasomo


o Yer 23, 1-6


Baragowe abashumba batererana ubushyo bukagwa mu rwuri! Uwo ni Uhoraho ubivuze. None rero, Uhoraho Imana ya Israheli avuze atya ku bashumba baragiye umuryango wanjye. Ni mwebwe mwatereranye ubushyo bwanjye, murabutatanya, ntimwabwitaho. Nyamara ariko njyewe-uwo ni Uhoraho ubivuze-ngiye kubahagurukira, mbahanire ubugome bwanyu! Njyewe nzakoranya ayarokotse mu mashyo yanjye, nyavane mu bihugu byose nayatatanyirijemo, nyagarure mu biraro byayo, maze yororoke. Nzayashinga abashumba bayaragire; kuva ubwo ntazongera kugira ubwoba cyangwa ngo akangarane, kandi nta na rimwe muri yo rizongera kuzimira-uwo ni Uhoraho ubivuze. Igihe kiregereje-uwo ni Uhoraho ubivuze-maze nzagoborere Dawudi umumero, umwuzukuruza w’indahemuka; azaza ari umwami ufite ubushobozi, kandi uharanira ubutabera n’ubutungane mu gihugu. Ku ngoma ye, Yuda izarokorwa, maze Israheli iture mu mutekano. Izina azitwa ni iri “Uhoraho ni we butabera bwacu.”

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana.

o Ef 2, 13-18


Bavandimwe, naho ubungubu, muri Yezu Kristu, mwebwe abari kure y’Imana kera,mwigijwe bugufi yayo mubikesha amaraso ya Kristu. Koko rero ni We mahoro yacu; Abayahudi n’abatari bo yabahurije mu muryango umwe, maze aca urwango rwabatandukanyaga, rwari rumeze nk’urukuta hagati yabo. Yakuyeho itegeko n’amabwiriza ariherekeza, kimwe n’imigenzo yabyo, kugira ngo bombi, ari Umuyahudi, ari n’utari we, abahindure umuntu umwe mushya muri We, bityo agarure amahoro, maze bombi abagire umubiri umwe, abagorore n’Imana abigirishije umusaraba we, awutsembeshe inzangano zose. Yazanywe no kubamamazamo inkuru nziza y’amahoro, mwebwe mwari kure, kimwe n’abari hafi. Ubu rero twese, uko twari amoko abiri, tumukesha guhinguka imbere y’Imana Data, tubumbwe na Roho umwe.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Mk 6, 30-34


Intumwa zihindukiye, ziteranira iruhande rwa Yezu maze zimumenyesha ibyo zari zakoze byose n’ibyo zari zigishije byose. Nuko arazibwira ati “Nimuze ahitaruye, hadatuwe maze muruhuke gatoya.” Koko rero abazaga n’abagendaga bari benshi, bigatuma batabona n’umwanya wo kurya. Nuko bajya mu bwato bambukira ahantu hadatuwe bagira ngo biherere. Abenshi mu bababonye bagenda barabamenya, nuko baza ku maguru baturuka mu migi yose bahirukira, ndetse barahabatanga. Yezu amaze kwambuka abona iyo mbaga nyamwinshi y’abantu, abagirira impuhwe, kuko bari bameze nk’intama zitagira umushumba, atangira kubigisha byinshi.

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu.


• Kuzirikana


Ku cyumweru gishize ni bwo twumvaga ukuntu Yezu Kristu yohereje abigishwa be mu butumwa, akabohereza babiri babiri. Turibuka amabwiriza yari yabahaye: kutagira icyo bajyana mu rugendo (nta mugati, nta ruhago, nta biceri, nta makanzu abiri); kuguma mu rugo binjiyemo kugeza igihe bahaviriye; aho batabakiriye, kuhava babanje gukunguta umukungu uri kubirenge byabo. Ni uko baragenda barigisha, birukana roho mbi, bakiza n’abarwayi benshi.

Kuri iki cyumweru rero, turabumva bahindukiye bavuye mu butumwa, bashaka kubwira uwabatumye uko byabagendekeye: Ese byabaye amahire? Ese ko bagiye ntacyo bitwaje, ntacyo baba barabuze? Baba se barakiriwe bate mu ngo binjiyemo? Hari aho se baba batarabakiriye, bikaba ngombwa ko bakunguta umukungu ku birenge byabo? Inyigisho zabo se zakiriwe zite? Bakijije se abarwayi bangana iki? N’ibindi: “Intumwa zihindukiye, ziteranira iruhande rwa Yezu maze zimumenyesha ibyo zari zakoze byose n’ibyo zari zigishije byose”.

Nubwo ariko Yezu nawe atabura kugira amatsiko, nge ni ko mbyiyumvisha, yo kumva abigishwa be bamubwira uko ubutumwa bwagenze, arabona ko bananiwe! Ni ko kubabwira ati “Nimuze ahitaruye, hadatuwe maze muruhuke gatoya.”

Bavandimwe, aka gace k’iyi Ivanjili karatwereka umusabano n’ibyishimo biri hagati y’abigishwa na Yezu Kristu wabatumye. Aha hantu haratwereka twebewe abakristu akamaro k’igihe dufata cyo kwicarana na Yezu, akatwumva natwe tukamwumva.
Abakristu twese dufite ubutumwa bwo kwamamza Ingoma y’Imana muri rubanda: harimo bamwe muri twe babihamagarirwa ku buryo bwihariye, abo ni abashumba bacu ( Abepiskopi, Abasaserdoti, Abadiyakoni), abihayimana mu ngeri zabo zitandukanye, abalayiki babyitangiye nk’abakateshisti, n’abandi. Ariko abakristu bose bafite ubwo butumwa mu buzima bwabo bwa buri munsi; bose bahamagarirwa kuba abahamya b’Ivanjili: mu mirimo, mu mashuri , mu miryango, mu mashyirahamwe, n’ahandi.

Icyo rero tugomba kuzirikana duhereye kuri aya magambo y’Ivanjili, ni uburyo tugira bwo gushaka akanya ko kwegera Yezu Kristu uduha ubutumwa kugira ngo tumubwire uko bitugendekera, tumubwire ibyishimo n’ingorane byacu mu butumwa yadushinze; tumubwire uko twakirwa neza n’aho badukwena batwigizayo; tumubwire ibitangaza dukora muri bagenzi bacu igihe dusuye abo bose bafite uburwayi bunyuranye, abo bose bahungabanye, abo bose bihebye, abo bose bahambiriwe na Sekibi...

Tugomba kuzirikana uburyo tugira bwo gutega amatwi Yezu Kristu, we azi neza iminaniro yacu n’ ingorane duhura nazo buri munsi. Ni ngombwa kuri buri mukristu wese kugira akanya ko kwihererana na Kristu: akanya ko gutuza, akanya ko kuzirikana Ijambo ry’Imana, akanya ko kuzirikana, akanya k’isengesho, akanya ko gushengerera.
Akenshi abantu dutwarwa na byinshi duharanira imibereho ya buri munsi, umwaka ugashira undi ugataha; ni ngombwa rwose ku mukristu gushaka umwanya mu gihe cya konji zacu, tukanyaruka ahantu hatuje tukongera tukuhira ubuzima bwacu bwa roho; hari abibwira ko umwanya nk’uwo wabonwa gusa n’abasaserdoti n’abihaye Imana cyangwa se abandi bakataje cyane mu bukristu, ngibyo nguko! Uretse kandi no gutegereza ko twabona ayo makonji incuro izii n’izi mu mwaka, ako kanya kagombye kuboneka buri munsi; igihe cyose dukise imirimo, buri wese akeneye ako kanya ko kongera kwiyibutsa ubutumwa yahawe ubwo abaye umukristu, akiyemeza kuba umuhamya wa Kristu mu bantu; buri wese kuri iki cyumweru arabwirwa aya magambo “Ngwino ahitaruye, hadatuwe maze uruhuke gatoya.”

Bavandimwe uko dufashe akanya ko kuzirikana ku magambo ya Yezu Kristu, uko tugenda tugirana umusabano na We, ni nako tugenda tuvumbura ko twari kure y’Imana, tukaba twarigijwe bugufi yayo tubikesha amaraso ya Kristu. Muri ako kanya dufata ko kumwegera no kumwumva, ni ho twumva ko ari we Mahoro yacu, ni we uduha gutuza, akaturinda kujagarara. Ni ko turushaho kumva ko dukoze umuryango umwe w’abavandimwe; tukarushaho kwiyumvisha ko We ubwe yaciye urwango rwatandukanyaga abantu, ruriya rwari rumeze nk’urukuta ruri hagati yabo. Ibi se twabyongeraho iki! Inzangano ziracyatwugarije, ziracyatubereye inkuta zidasunikwa hagati y’abantu batuye iyi si, yewe no hagati yacu abitwa ko twamenye Kristu: none se ye, ubugome bw’amoko yose, ubwicanyi, ukubeshyerana, ugushyinyagurirana, ubugambanyi, ugusuzugurana, n’ibindi duhora twivurugutamo bikomoka he? Ibyo byose se biri mu batari bamenya Kristu? Hagati yacu abakristu: abashumba, abihayimana, imiryango y’Agisiyo Gatolika, amakoraniro y’abasenga, etc., aho ibyo byose twarabitsitsuye, twimitse Kristu we Mahoro yacu?

Pawulo mutagatifu ati “Kristu, Abayahudi n’abatari bo yabahurije mu muryango umwe, maze aca urwango rwabatandukanyaga, rwari rumeze nk’urukuta hagati yabo...kugira ngo bombi, ari Umuyahudi n’utari we, abahindure umuntu umwe mushya muri We, bityo agarure amahoro, maze bombi abagire umubiri umwe, abagorore n’Imana abigirishije umusaraba we, awutsembeshe inzangano zose.” Ngibyo , nguko!

“Nimuze ahitaruye, hadatuwe maze muruhuke gatoya.” Bavandimwe, nituve kure , tujye hafi ya Kristu, turuhuke inzangano, amashyari, amarari, ibinyoma, amacakubiri, uburyarya, ukwikanyiza n’ukwikunda; turuhuke ibyo byose bituboshye imutima. Erega Yezu Kristu aratuzi kurusha uko twiyizi, arazi ko tunaniwe, ko turushye, nitumwegere aturuhure, ni We mahoro yacu! Ni we mushumba wacu, ni we udukoranyriza mu rwuri rutoshye, atuvanye aho twari twaratataniye; Imana ubwayo yiyemeje kutubera umushumba, kuko yabonaga tumeze nk’ubushyo butagira umushumba, twanamye aho kugasozi, twabuze epfo na ruguru. Amiringiro yacu tuyashyire mu Mushumba mwiza utarumanza izo aragiye. Umushumba wemera guhara byose kugeza ku magara ye agira ngo ubushyo bwe bubeho.

Bavandimwe, kuri iki cyumweru aya masomo adufashe kumva ko tugomba guhora iteka dusabira abashumba bacu muri Kiliziya yose, mu miryango y’abihayimana, mu makoraniro yacu. Adufshe gusabira cyane abayobozi b’ibihugu byacu, mu nzego zabo zinyuranye. Adufashe gusabira ababyeyi mu miryango; mbese tuzirikane buri wese ushinzwe abandi, mu rwego urwo ari rwo rwose: abe umushumba ukwiye, wizihiye, uharanira icyiza cy’abo ashinzwe,kandi uharanira kubashyira hamwe, akirinda icyabatatanya, ngo hato ibirura bitabahukamo, dore ko bihora birekereje!

Nidusabe dukomeje kugira ngo abashumba bacu, abayobozi bacu, ababyeyi bacu, ntibabe mu mubare wa bariya Nyagasani yihanangiriza uyu munsi: “Baragowe abashumba batererana ubushyo bukagwa mu rwuri! Ni mwebwe mwatereranye ubushyo bwanjye, murabutatanya, ntimwabwitaho.”

Mwese nkomeje kubifuriza ibihe bihire byuje imigisha n’ibyiza bikomoka kuri Kristu, Mahoro yacu. Maze intego yacu ibe imwe, iyo guharanira gushaka akanya ko kwitarura ibyo byose bihinda impande zacu, tukajya aho hitaruye, tukihererana na Kristu, tukamusaba kutugira umuntu umwe, umubiri umwe n’umuryango umwe. Nadusenyere inkuta zose zadutandukanyaga.

dimanche 12 juillet 2009

ICYUMWERU CYA XV GISANZWE-B-(12 NYAKANGA 2009)

• Amasomo

o Am 7, 12-15



Amasiya ni ko kubwira Amosi ati “Ngaho genda, wamubonekerwa we; cika ujye mugihugu cya Yuda; ho uzashobora kwirwanaho no guhanura! Naho hano i Beteli ntuzongere kuhahanurira kuko ari ingoro y’umwami, urusengero rwa cyami!” Amosi asubiza Amasiya, ati “Sinari umuhanuzi, sinari n’umwe mu itorero ry’abahanuzi; nari umworozi, ngakonora n’ibiti byera imbuto. Nyamara Uhoraho yankuye inyuma y’amatungo, nuko arambwira ati ‘Genda uhanurire umuryango wanjye Israheli!’

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Ef 1, 3-14


Nihasingizwe Imana, Se w’Umwami wacu Yezu Kristu, Yo yadusesekajemo imigisha y’amoko yose, ituruka kuri Roho, mu ijuru, ku bwa Kristu. Nguko uko yadutoreye muri we nyine,mbere y’ihangwa ry’ibiriho byose, kugira ngo tuzayihore imbere mu rukundo, turi intungane n’abaziranenge. Igena ityo mbere y’igihe, ko tuzayibera abana yihitiyemo, tubikesheje Yezu Kristu. Uko ni ko yabyishakiye ku buntu bwayo, kugira ngo izahore isingirizwa ingabire yaduhereye ubuntu mu Mwana wayo w’Inkoramutima. Ni We dukesha ugucunguzwa amaraso ye, tukamuronkeramo imbabazi z’ibyaha byacu, ku rugero rw’ubusendere bw’ineza yayo,ikaba yarabudusesekajemo ibigiranye ubuhanga n’ubumenyi bwose. Yaduhishuriye ibanga ry’ugushaka kwayo, wa mugambi wuje urugwiro yari yifitemo kuva kera, ngo izawuzuze ibihe bigeze: umugambi wo gukoranyiriza ibintu byose ku Mutware umwe rukumbi, Kristu, ari ibiri mu ijuru, ari n’ibiri ku isi. Ni we kandi twatorewemo tugenwa mbere y’igihe ku buryo buhuye n’umugambi w’Ugenga byose, kugira ngo twebwe abashyize amizero muri Kristu, tubonereho gusingiza ikuzo ryayo. Namwe rero, aho mumariye kumvira ijambo ry’ukuri, ari yo Nkuru Nziza y’ugukizwa kwanyu, mukaryemera, ni we mukesha kuba mwarashyizweho ikimenyetso cya Roho Mutagatifu wasezeranywe, ari na We musogongero w’umugabane twagenewe, ubanziriza icungurwa ry’umuryango Imana yironkeye, ngo ihore isingirizwa ikuzo ryayo.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Mk 6, 7-13


Nuko ahamagara babandi Cumi na babiri, abohereza babiri babiri mu butumwa, abaha n’ububasha kuri roho mbi. Abategeka kutagira icyo bajyana murugendo, kereka inkoni yonyine; nta mugati, nta ruhago, ntabiceri mu mukandara, keretse kwambara inkweto z’urugendo, ati ariko “Ntimwambare amakanzu abiri.” Yungamo ati “Urugo muzinjiramo rwose, muzarugumemo kugeza igihe muhaviriye. Nimugera ahantu ntibabakire kandi ntibabumve, mujye muhava mubanje gukunguta umukungu uri ku birenge byanyu, bibabere ikimenyetso kibashinja.” Nuko baragenda, batangaza ko abantu bagomba kugarukira Imana. Birukana roho mbi nyinshi, kandi basiga abarwayi benshi amavuta, barabakiza.

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu


• Kuzirikana



“Nihasingizwe Imana, Se w’Umwami wacu Yezu Kristu”... “Imana isingizwe!” ni ijambo tumaze kumenyera, ritubangukira mu bihe by’ibyishimo yewe no mu bihe bikomeye by’akababaro: “Ni ukuri Imana isingizwe; Imana ihabwe ikuzo!”

Pawulo Mutagatifu akunze kugira amagambo meza cyane akoresha ataraka ahimbaza Imana, ayishimira! Uyu munsi, impamvu atanga z’ibyishimo bye, ni uko Imana yadusesekajemo imigisha y’amoko yose, ku bwa Kristu; yadutoye mbere y’ihangwa ry’ibiriho byose, kugira ngo tuzayihore imbere mu rukundo, turi intungane n’abaziranenge. Kandi ibyo byose idukorera, ni ko yabyishakiye ku buntu bwayo. Kubera ineza yayo, Imana yaratwitoreye, iduhunda ingabire z’amoko yose.
Imana ni yo yihamagariye umuhanuzi Amosi imukuye inyuma y’amatungo, no mu mirima ye: “Sinari umuhanuzi, sinari n’umwe mu itorero ry’abahanuzi; nari umworozi, ngakonora n’ibiti byera imbuto.”

Nihasingizwe Imana, Se wa Yezu Kristu, yo yatuvanyemo kure, ahatazwi, muri byinshi ikatugira abayo. Imana yankuye mu biki? Imana yagukuye mu biki? Dusubize amaso inyuma nk’uriya muhanuzi, tuzirikane aho Nyagasani ahora atuvana, yifuza ko twaba intungane n’abaziranenge, muri Kristu.

Uhoraho yakuze Amosi mu mirima ye no mu matungo, imuha ubudni butumwa, imutuma ku muryango we: “Nyamara Uhoraho yankuye inyuma y’amatungo, nuko arambwira ati ‘Genda uhanurire umuryango wanjye Israheli!”

Bavandimwe, Uhoraho ntawe akura mu bye, atamufitiye ikindi amuteganiriza; yadukuye mubyo twabagamo, agira ngo adutume: “Nuko ahamagara babandi Cumi na babiri, abohereza babiri babiri mu butumwa”.

Ibyo abahanuzi batangiye mu Isezerano rya kera, byarakomeje no mu gihe cya Yezu Kristu, wahamagaye intumwa ze, azikuye mu bindi, dore ko bamwe bari abarobyi, abandi abasoresha, ni uko akabtuma kwamamaza amagambo yose bari baramwumvanye. Nyuma y’aho asubiriye mu Ijuru, Kristu akomeza kudutuma abigirishije Kiliziya ye.

Bityo rero umugambi w’Imana urakomeza: kugira abantu bose intungane n’abaziranenge, ku bwa Kristu.

Aho twiteguye kuba intumwa za Nyagasani? Aho twiteguye gusiga ibyo twarimo, amatungo yacu, imirima yacu nk’umuhanuzi Amosi? Byongeyeho ko kubwira ab’iyi si bitoroshye kuko akaenshi batumva ijambo tubashyiriye. Ku cyumweru gishize nibwo twumvaga Uhoraho atubwira ngo “nzi neza ko ari umuryango w’ibirara n’ibyiomeke; none rero, wowe genda ubabwire, bakumva, batakumva, byibura bamenye ko muri bo harimo umuhanuzi.” Ngibyo, Nguko!

Yezu Kristu, mu Ivanjili, arimo arongera ahubwo n’andi mabwiriza asa nk’aho akanganye “Abategeka kutagira icyo bajyana murugendo, kereka inkoni yonyine; nta mugati, nta ruhago, ntabiceri mu mukandara, keretse kwambara inkweto z’urugendo, ati ariko “Ntimwambare amakanzu abiri.”

Yezu Kristu, arifuza ko hatagira utwarwa n’uducogocogo tw’ubuzima, kuko icyangombwa ari ukwamamaza Inkuru nziza ye:kwamamaza urukundo n’impuhwe by’Imana yacu; kwamamaza ubutungane, ukwirinda icyaha cyose, amahoro, ubutabera, ubwubahane, ubuvandimwe, ugusaranganya.

Yezu Kristu nawe azi neza ko bitazorohera benshi kutwakira, ni yo mpamvu aduteguza adusaba kudacika intege “Nimugera ahantu ntibabakire kandi ntibabumve, mujye muhava mubanje gukunguta umukungu uri ku birenge byanyu, bibabere ikimenyetso kibashinja.” Ngibyo , nguko!

Imana itwongerere imbaraga kugira ngo turusheho kwitangira ubutumwa yadushinze ubwo twiyemezaga kuyibera abayoboke muri Batismu, no kuyibera abahamya mu Isakramentu ry’Ugukomezwa. Ntiduhagarike umutima twibaza kukizadutunga n’ibyo tuzambara n’aho tuzacumbika, kuko yatwijeje ko umukozi wese agomba igihembo cye; none se we ushobora gutunga inyoni zo mu kirere zitabiba, akambika indabo zo mumurima, azabura ate kwita kubamukomeyeho, bamwamamaza ubutitsa! Ijambo ry’Imana ni irinyakuri kandi rikwiye kwizerwa.

Mbifurije ibihe byiza byuje imigisha isesuye ikomoka kuri Nyagasani Imana, Umubyeyi wa Yez Kristu n’Uwacu. Nkanabashyira mu biganza by’umubyeyi Bikira Mariya ngo akomeze adutoze uburyo nyabwo bwo kwakira ugushaka kw’Umwana we.


Maze rero, Imana yacu nikomeze isingizwe, ubu n’iteka ryose!

dimanche 5 juillet 2009

ICYUMWERU CYA XIV GISANZWE - B - (05 NYAKANGA 2009)


• Amasomo:

o Ezk 2,2-5



Nuko rikibivuga, umwuka unyinjiramo, utuma mpagarara maze numva uwamvugishaga. Arambwira ati “Mwana w’umuntu, ngutumye ku Bayisiraheli, kuri ibyo birara byanyigometseho. Bo n’abasekuruza babo banyigometseho kugeza uyu munsi. Urwo rubayaro rufite umutwe ukomeye n’umutima unangiye; ndugutumyeho ngo uzarubwire uti ‘Ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.Bakumva cyangwa batakumva, kuko ari inyoko y’ibirara, ariko nibura bazamenya ko barimo umuhanuzi.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o 2 Kor 12, 7-10


Bavandimwe, maze kugira ngo ibyo bihanitse nahishuriwe bitantera kwirarika, nashyizwe umugera mu mubiri, ariyo ntumwa ya Sekibi ngo ijye inkubita, nirinde kwikuza. Ibyo byatumye nsaba Nyagasani gatatu kose ngo ayinkize. Maze aransubiza ati “Ingabire yanjye iraguhagije; kuko ububasha bwanjye bwigaragariza cyane cyane mu banyantege.” Ni yo mpamvu mpisemo kwiratira mu ntege nke zanjye, kugira ngo ububasha bwa Kristu bunyituriremo. Bityo mpimbariwe mu ntege nke zanjye, mu bitutsi, mu mage, mu bitotezo no mu ihagarikamutima, mbigirira Kristu. Kuko igihe cyose mba mfite intege nke, aribwo nyine mba nkomeye.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Mk 6, 1-6


Yezu ava aho ngaho maze ajya mu karere k’iwabo, abigishwa be baramukurikira. Isabato igeze, atangira kwigishiriza mu isengero. Abenshi ngo bamwumve baratangara cyane, bati “Biriya avuga byose abikura he? Buriya buhanga afite, na biriya bitangaza akora, abikomora he? Uriya s wa mubaji tuzi, mwene Mariya; akaba umuvandimwe wa Yakobo, na Yozeto na Yuuda, na Simoni? Na bashiki be ntitubatunze’” Ibyo bibabera intandaro yo kumwanga. Yezu arababwira ati “Nta handi umuhanuzi asuzugurwa, uretse mu gihugu cye, muri bene wabo, no murugo iwabo.”Ntiyashobora kuhakorera igitangaza na kimwe, uretse gukiza abarwayi bakeya abaramburiraho ibiganza. Maze atangazwa no kutemera kwabo.

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu


• Kuzirikana


“Nta muhanuzi iwabo”.


Dushobora kubona umuntu w’umuhanga muri iki cyangwa muri kiriya, umuntu ukora ibintu bitangaje, kandi ushimwa na benshi; umuntu wabonye ibihembo binyuranye. Ariko ugasanga ibyo uwo muntu yitangira n’ibyo bihembo byose abona ntacyo bibwira abantu basanzwe bamuzi, bo mu karere ke, bo mu muryango we. Tutagiye kure, dushobora gutanga urugero rw’umugore ukora uko ashoboye ngo atunganye urugo rwe, utuntu twose tukaba turi ku murongo, imitako inyuranye, etc; uhageze wese akabishima, ariko ugasanga abo muri urwo nyine ari bo bitagize icyo bibwira. Ku misozi dutuyeho, igihe cyose wahasanga abantu bafite impano nyinshi, bakora ibintu byiza kandi bifitiye akamaro akarere, ariko ibyo bihabwa agaciro n’abahandi kurusha abaturanyi be, bo babibonamo nk’ibisanzwe. Ibyo, njye navuga ko nta mutima mubi babigirana, gusa rero ni nk’umuco, twumva ko nyine umuntu yakoze ibyo yakagombye gukora, nta gitangaje kirimo, “nta gashya karimo”, mbese “ni uko bibaye!” ariko akenshi iyo uwo muntu apfuye, dusa nk’aho duhumutse, akaba ari bwo dutangira gutangarira ibikorwa bye “Biriya bintu byose yabikoze ate? Yabikoraga ryari? Mbega umuntu w’igitangaza!”

None se ye, niba tudashobora kubona ibikorwa by’abantu duturanye, aho byatorohera kubona ibikorwa by’Imana muri twe! Abahanuzi ni abo bantu babereyeho kubitwibutsa no kubitwereka. Ariko se twemera ibyo batubwira! Gusa rero, biratworohera kumva abavuye iyo gihera. Urugero aha wenda umuntu yatanga ni nk’urwo gutumirwa mu kiganiro mbwirwaruhame(conférence): “Mwese mutumiwe muri conférence izatangwa n’umuntu uzaturuka mu Bwongereza; azavuga ku buryo bwo gusenga muri ibi bihe”; ubwo kuri invitation hakaba hariho n’ifoto ye, ariko muri twe nta muntu umuzi. Gusa rero kuba avuye mu gihugu cya kure, biri mubituma haza abantu benshi kumwumva. Wagira ngo uvuga byiza kandi by’ingirakamaro agomba iteka guturuka kure. Ariko tuzarebe mu makoraniro yacu, iyo twumvise ngo hateguwe inyigisho izatangwa n’uyu n’uriya uzaba aturutse muri diyosezi ya ..., utari uwaho hafi, birushaho kudushitura. Ngibyo, nguko!

No muri Bibiliya rero, abahanuzi bazaga baturutse kure. Nubwo babaga bavuka muri iyo miryango, ariko mbere yo kujya kuvuga ubutumwa bw’Uhoraho, yabanzaga kwitarura abandi, akajya kure mu butayu cyangwa se ku musozi muremure, akahamara igihe asenga kandi avugana n’Uhoraho. Nyuma rero nibwo yagarukaga muri rubanda nk’aho avuye mu gihugu cya kure.

Na Yezu ubwe, mbere yuko atangira ubutumwa bwe ku mugaragaro, yabanje kujya ahantu h’ubutayu, amarayo iminsi mirongo ine, asenga kandi asiba. Nyuama y’aho nibwo yatangiye kwigisha, ahereye muri Galileya na Yudeya. Nawe rero, yakurikiye umuco w’abandi bahanuzi. Ariko rero ni hahandi, kuko igihe agarutse mu karere ke, nta gishya kuri bo, kuko nyine ngo baramuzi, bazi umuryango we, none ibyo avuga, ibyo akora, abikomoye he? “Biriya avuga byose abikura he? Buriya buhanga afite, na biriya bitangaza akora, abikomora he? Uriya si wa mubaji tuzi, mwene Mariya.”

Gusa rero, isomo rya mbere riza risa nk’iritanga umwanzuro: Imana izi ko abantu batoroshye, bafite umutwe ukomeye n’umutima unangiye, ni ibirara n’ibyigomeke, ariko ibyo ntibigomba guca umuhanuzi intege: “Bakumva cyangwa batakumva, kuko ari inyoko y’ibirara, ariko nibura bazamenya ko barimo umuhanuzi.”

Pawulo mutagatifu we aza kudukomeza atwereka ko ingabire y’Imana iteka iduhora hafi, kabone nubwo tutabura imigera tugendana. Buri wese afite akagera kamujomba ngo atazavaho yirata. “maze kugira ngo ibyo bihanitse nahishuriwe bitantera kwirarika, nashyizwe umugera mu mubiri, ariyo ntumwa ya Sekibi ngo ijye inkubita, nirinde kwikuza”. Imibabaro duhura nayo, intege nke tugira, ibishuko tugwamo, ibitutsi, amage, ibitotezo n’ihagarikamutima, ibyo byose byakagombye gutuma twubura amaso tukarangamira Nyagsani, tukibuka ko tutihagije, tukumva ijambo rye ridukomeza “Ingabire yanjye iraguhagije; kuko ububasha bwanjye bwigaragariza cyane cyane mu banyantege.”

Maze rero, nkomeje kubifuriza ibihe byiza byuje ingabire n’imigisha isesuye ituruka ku Mana Butatu Butagatifu.

“Nyagasani Yezu twishyize mu maboko yawe, waturekura twagwa!”

samedi 27 juin 2009

ICYUMWERU CYA XIII GISANZWE-B (28 KAMENA 2009)

• Amasomo

o Buh 1, 13-15; 2, 23-24



Kuko Imana itari yo yaremye urupfu, ntinashimishwe n’ukurimbuka kw’ibiriho. Ahubwo yaremye byose ngo bikomeze kubaho, kandi ibyaremwe byo mu isi bigenerwa gutanga ubuzima; nta burozi bwica bubirangwamo, n’ububasha bw’Ukuzimu ntibutegeka ku isi, kuko ubutabera budashobora gupfa. Koko rero, Imana yaremeye umuntu kudashanguka, imurema ari ishusho ryayo bwite; nyamara kubera ishyari rya Sekibi, urupfu rwinjiye mu isi, bityo rwigarurira abamuyoboka!

- Ijambo ry’imana
- Dushimiye Imana.


o 2 Kor 8, 7.9.13-15



Bavandimwe, kandi ubwo musanganywe ubukungahazwe muri byose, haba mu kwemera no mu kuvuga neza, mu bumenyi n’ishyaka muri byose, ndetse no mu rukundo twabatoje, nimukataze no muri iyo ngabire yo kugira ubuntu. Musanzwe muzi ubugiraneza bw’Umwami wacu Yezu Kristu, We mukire wemeye kwigira umukene, ari mwe abigirira, ngo abakungaharishe ubukene bwe. Si ukuvuga ko mugomba kwikokora ngo murarwana ku bandi, ahubwo muharanire kuringaniza. Kuri ubwo buryo, icyo akarusho mutunze kizatabarure abari mu bwinazi; maze umunsi umwe icyo nabo bazabarusha kizabatabare mu bukene bwanyu, mukomeze mutyo kuba magirirane. Kuko byaranditswe ngo “Uwayoye byinshi nta cyo yarengejeho, n’uwayoye bike ntacyo yabuzeho.”

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana


o Mk 5, 21- 43


Yezu ngo amare kugera ku nkombe yo hakurya ari mu bwato, ikivunge cy’abantu kimuhombokaho bamusanga aho yari ahagaze ku nkombe y’inyanja. Ubwo rero haza umwe mu batware b’isengero, akitwa Yayiro. Abonye Yezu apfukama imbere ye, amutakambira akomeje ati “Umukobwa wanjye yarembye cyane; ngwino umuramburire ho ibiganza, akire, abeho.” Yezu ajyana na we, na cya kivunge cy’abantu kiramukurikira kimubyiganaho. Ubwo rero hakaba umugore wari urwaye indwara yo kuva amaraso, ayimaranye imyaka cumi n’ibiri. Yari yarahababriye cyane kubera abavuzi benshi, ahamarira ibintu bye byose, ariko ntibyagira icyo bimumarira, ahubwo akarushaho kumererwa nabi. Uwo mugore rero yari yarumvise ibyo bavugaga kuri Yezu, aturuka inyuma ye mu kivunge cy’abantu, nuko akora ku myambaro ya Yezu. Yaribwiraga ati “Byibuze ninkora kumyambaro ye, ndakira.” Akiyikoraho isoko y’amaraso irakama, maze yumva mu mubiri we akize icyo yari arwaye. Ako kanya Yezu yumva ko ububasha bumuvuyemo. Arahindukira abaza ikivunge cy’abantu ati “Ninde ukoze ku myambaro yanjye?”Abigishwa be baramubwira bati “Urabona iki kivunge cy’abantu bakubyiga impande zose, maze ukavuga ngo ‘Ninde unkozeho?’” Nuko areba impande zose ngo amenye uwakoze ibyo. Umugore rero wari uzi ibyamubayeho, aza afite ubwoba kandi ahinda umushyitsi, amupfukama imbere, amubwiza ukuri kose. Yezu aramubwira ati “Mwana wanjye, ukwemera kwawe kuragukijije. Genda amahoro, kandi ukire indwara yawe.” Mu gihe akivuga ibyo, haza abantu bavuye kwa wa mutware w’isengero, baramubwira bati “Umukobwa wawe amaze guca. Uraruhiriza iki kandi Umwigisha?” Yezu aba yabumvise, abwira umutware w’isengero ati “Witinya! Upfa kwemera gusa!” Nuko ntiyareka yahagira undi umukurikira, uretse Petero na Yakobo, na Yohani, murumuna wa Yakobo. Bageze murugo rw’umutware w’isengero, Yezu ahasanga urusaku rw’abantu bariraga, bacura imiborogo. Ngo yinjire arababwira ati “Urwo rusaku n’ayo marira ni iby’iki? Umwana ntiyapfuye, ahubwo arasinziriye.” Nuko baramuseka. Amaze guheza bose, ajyana na se na nyina b’umwana, n’abari kumwe na we, maze yinjira aho umwana yari ari. Nuko afata umwana ukuboko, aramubwira ati “Talita kumi”, bigasobanura ngo “Mukobwa, ndabikubwiye: Haguruka!” Ako kanya umukobwa arahaguruka, atangira kugenda, kuko yari afite imyaka cumi n’ibiri. Nuko ubwoba bwinshi burabataha bose. Abihanangiriza akomeje ngo ntihagire umuntu ubimenya, maze arababwira ngo bamugaburire.

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu.


• Kuzirikana


“Ndabikubwiye: Haguruka!”



Amasomo y’iki cyumweru cyane cyane Ivanjili ya Mutagatifu Mariko iratwereka Yezu agaragaza ububasha bwe akazura umwana w’umukobwa wa Yayiro, umukuru w’isengero. Ariko, ngo ari munzira agana mu murugo rw’uwo mukuru w’isengero, yaje gukorwaho n’undi mugore wari umaranye indwara imyaka 12, ngo akimara kumukoraho ahita akira uburwayi bwe. Yezu ni ko kubwira uwo mugore ati “Mwana wanjye, ukwemera kwawe kuragukijije. Genda amahoro, kandi ukire indwara yawe.” Ubwo abantu bari bamaze kubwira Yayiro ko umukobwa we amaze gupfa, ko atari ngombwa kurushya Umwigisha yirirwa ajyayo, Yezu we yabwiye Yayiro ati “Witinya! Upfa kwemera gusa!”

Iyi Vanjili rero yuzuyemo amagambo ahumuriza umutima wa buri wese muri twe. Iki cyumweru kiradusigira ibyishimo byo kumva Yezu Kristu abwira buri wese mu izina rye, ku giti cye, ijambo rikomeza: “Mwana wanjye!Witinya! Haguruka!”

Muri iyi si, uretse n’urupfu ubwarwo, harimo byinshi bikura umutima, byinshi bihangayikisha, bica intege, bihahamura, bitera kwiheba, biheza umuntu mu gihirahiro; harimo ibyorezo byananiye abaganga. Kuri iki cyumweru, Yezu Kristu aradusanga aduhumurize. Erega Yezu Kristu afite ububasha bwo gucecekesha imihengeri, nk’uko twabibonye ku cyumweru gishize; afite ubushobozi bwo kutuvana mu gihirahiro, akatwereka inzira nyayo; afite ububasha bwo kutwongerera imbaraga igihe twacitse intege. Erega ni mugihe, Imana yamutumye mu isi ntiyifuza imibabaro y’abo yaremye, ntiyifuza urupfu rwabo. Ibyo ni byo dusanga mu gitabo cy’Ubuhanga. “Kuko Imana itari yo yaremye urupfu, ntinashimishwe n’ukurimbuka kw’ibiriho. Ahubwo yaremye byose ngo bikomeze kubaho.” None se! Ngubwo ubuhanga nyabwo: ni ukumenya ko Imana yaremye byose kugira ngo bisagambe; ikarema umuntu kugira ngo abeho; ni ukumenya ko Imana Rurema, ari Rugira, ikaba idashimishishwa no kurimbuka kw’ibiriho, cyane cyane umuntu. None se gaye! Yo igaburira inyoni zo mu kirere zitabibye, ikambika indabo zo mu murima zitakoze, yabura ite kuduha ibyo tuyisabye, twe yaremye mu ishusho ryayo, ikatugira abagenga b’ibindi biremwa!

Iyi Vanjili ariko iranatwereka intambwe muntu yakagombye gutera kugira ngo agirirwe impuhwe n’ububasha bwa Yezu Kristu: UKWEMERA: “Witinya! Upfa kwemera gusa!” “Mwana wanjye, ukwemera kwawe kuragukijije.” Ayo ni amagambo dusanga muri iyi Vanjili, Yezu Kristu ubwe yabwiye uriya mugore na Yayiro.

Uriya mugore warumaranye indwara imyaka 12, ngo ntako atari yaragize yivuza, yari yarimazeho utuntu, ajya mu baganga, ariko ntacyo bitanga. Abonye Yezu ahita, yibuka ngo ko yari yarumvise bamuvugaho byinshi bikomeye; ni ko kwibwira mu mutima we ati “Byibuze ninkora kumyambaro ye, ndakira.” Ntashidikanya muri we, arabyizeye, arabyemeza: “Ndakira”. Ntashidikanya ngo tumwumve agira ati “Wenda yankiza, wabona nkize, nagira amahirwe nkakira, birashoboka ko nakira, nta wamenya reka ngerageze,...” We rero afite ikizere: Ndakira.

Umukuru w’isengero, na we abonye Yezu apfukama imbere ye, amutakambira akomeje ati “Umukobwa wanjye yarembye cyane; ngwino umuramburire ho ibiganza, akire, abeho.” Na we, ntagushidikanya tumusangana; arakoresha amagambo: “akire, abeho”. Ntabwo atinda yibwira ngo “wenda yakira, wenda yabaho, wenda yazanzamuka,wabona akize, wabona ngize Imana akamukiza, ngize amahirwe yakira,...”

“Ngwino umuramburireho ibiganza, akire, abeho”; “Byibuze ninkora ku myambaro ye, ndakira.” Aya magambo akaza kuzuza amwe duhora dusubiramo mbere yo guhazwa umubiri n’amaraso bya Kristu: “Nyagasani, sinkwiriye ko wakwinjira mu mutima wanjye, ariko uvuge ijambo rimwe gusa, roho yanjye irakira”. Ikibabaza rero ni uko bigeraho bikatubera igisigo, akaririmbo, nka ya migani twigishwaga n’abanyogukuru iruhande rw’amashyiga; tukayasubiramo uko, tudahari, dusiganwa n’igihe; ashobora kuba amagambo avugwa kuko nyine agomba kuvugwa aho n’igihe liturjiya iteganya.

Nyagasani Yezu, kuri iki cyumweru aratwibutsa ko tugomba kumusangana ukwemera guhamye, kudashidikanya, tukizera ko ashobora gukora ibikomeye mu buzima bwacu. Cyane cyane ariko tumwisabira ko yadukiza indwara yo kutemera no gushidikanya, atwongerere ukwemera. Adufashe ku mubona mu kivunge cy’abantu, igihe twese twakoranye buri cyumweru mu gitambo cya Misa.

Ikindi iyi Vanjili idufashaho ni ugufata umwanya tukireba, tukamenya indwara nyayo dufite; kuko hari ubwo tutamenya indwara zacu; hari ubwo tutamenya ubukana bwazo; bityo uzi neza aho ababara, uzi neza icyo arwaye, uwo ni we uhaguruka, akagana Yezu, akemera akabyigana mu bantu, yibwira muri we ati “ Byibuze nimukoraho, ndakira.” Ibi koko twabyongeraho iki! Gusa rero, tugira n’amahirwe kuko bitakiri ngombwa kwirirwa tubyigana, kuko dufite umwanya wo kumwegera, tukamufata mu ntoki, tukamuhabwa, akiturira muri twe. Uretse se nyine ukwemera guke kwacu, ari ukumukoraho, nk’uriya mugore, ari no kumutuza iwawe nyirizina, aho mugirana umusabano ni hehe? Tumeze nka Zakewusi, warimo yurira igiti agira ngo amubone, ariko Yezu ati “Manuka, wikwivuna, kuko uyu munsi ndacumbika iwawe”. Natwe rero, bitubera uko muri buri gitambo cya Misa, we ubwe aza atugana, agacumbika iwacu. Igisigaye ni ukumwakirana ukwemera gushyitse, icyo dusabye tukagihabwa.

Uwasuwe na Yezu murugo rwe, mu mutima we, agira indi mibereho, indi myifatire, mu mibanire ye n’abandi. Pawulo mutagatifu ati uwo arangwa n’ubwo bukungahazwe muri byose, haba mu kwemera no mu kuvuga neza, mu bumenyi n’ishyaka muri byose, ndetse no murukundo; akagomba no gukataza mu kugira ubuntu muri bagenzi be, abasangiza no kubyo atunze Imana yamugabiye; kuko erega ngo “Uwayoye byinshi nta cyo yarengejeho, n’uwayoye bike ntacyo yabuzeho.” Ngibyo, nguko! Bikira Mariya nadutoze uburyo nyabwo bwo kwakira no kwizirika kuri Kristu.


Nge nkomeje kubifuriza ibihe bihire byuje imigisha isesuye ikomoka ku Mana Data, Umubyeyi wa Yezu Kristu n’uwacu. Naharirwe ishimo, ibisingizo n’icyubahiro iminsi yose mu buzima bwanyu.