dimanche 5 juillet 2009

ICYUMWERU CYA XIV GISANZWE - B - (05 NYAKANGA 2009)


• Amasomo:

o Ezk 2,2-5



Nuko rikibivuga, umwuka unyinjiramo, utuma mpagarara maze numva uwamvugishaga. Arambwira ati “Mwana w’umuntu, ngutumye ku Bayisiraheli, kuri ibyo birara byanyigometseho. Bo n’abasekuruza babo banyigometseho kugeza uyu munsi. Urwo rubayaro rufite umutwe ukomeye n’umutima unangiye; ndugutumyeho ngo uzarubwire uti ‘Ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.Bakumva cyangwa batakumva, kuko ari inyoko y’ibirara, ariko nibura bazamenya ko barimo umuhanuzi.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o 2 Kor 12, 7-10


Bavandimwe, maze kugira ngo ibyo bihanitse nahishuriwe bitantera kwirarika, nashyizwe umugera mu mubiri, ariyo ntumwa ya Sekibi ngo ijye inkubita, nirinde kwikuza. Ibyo byatumye nsaba Nyagasani gatatu kose ngo ayinkize. Maze aransubiza ati “Ingabire yanjye iraguhagije; kuko ububasha bwanjye bwigaragariza cyane cyane mu banyantege.” Ni yo mpamvu mpisemo kwiratira mu ntege nke zanjye, kugira ngo ububasha bwa Kristu bunyituriremo. Bityo mpimbariwe mu ntege nke zanjye, mu bitutsi, mu mage, mu bitotezo no mu ihagarikamutima, mbigirira Kristu. Kuko igihe cyose mba mfite intege nke, aribwo nyine mba nkomeye.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Mk 6, 1-6


Yezu ava aho ngaho maze ajya mu karere k’iwabo, abigishwa be baramukurikira. Isabato igeze, atangira kwigishiriza mu isengero. Abenshi ngo bamwumve baratangara cyane, bati “Biriya avuga byose abikura he? Buriya buhanga afite, na biriya bitangaza akora, abikomora he? Uriya s wa mubaji tuzi, mwene Mariya; akaba umuvandimwe wa Yakobo, na Yozeto na Yuuda, na Simoni? Na bashiki be ntitubatunze’” Ibyo bibabera intandaro yo kumwanga. Yezu arababwira ati “Nta handi umuhanuzi asuzugurwa, uretse mu gihugu cye, muri bene wabo, no murugo iwabo.”Ntiyashobora kuhakorera igitangaza na kimwe, uretse gukiza abarwayi bakeya abaramburiraho ibiganza. Maze atangazwa no kutemera kwabo.

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu


• Kuzirikana


“Nta muhanuzi iwabo”.


Dushobora kubona umuntu w’umuhanga muri iki cyangwa muri kiriya, umuntu ukora ibintu bitangaje, kandi ushimwa na benshi; umuntu wabonye ibihembo binyuranye. Ariko ugasanga ibyo uwo muntu yitangira n’ibyo bihembo byose abona ntacyo bibwira abantu basanzwe bamuzi, bo mu karere ke, bo mu muryango we. Tutagiye kure, dushobora gutanga urugero rw’umugore ukora uko ashoboye ngo atunganye urugo rwe, utuntu twose tukaba turi ku murongo, imitako inyuranye, etc; uhageze wese akabishima, ariko ugasanga abo muri urwo nyine ari bo bitagize icyo bibwira. Ku misozi dutuyeho, igihe cyose wahasanga abantu bafite impano nyinshi, bakora ibintu byiza kandi bifitiye akamaro akarere, ariko ibyo bihabwa agaciro n’abahandi kurusha abaturanyi be, bo babibonamo nk’ibisanzwe. Ibyo, njye navuga ko nta mutima mubi babigirana, gusa rero ni nk’umuco, twumva ko nyine umuntu yakoze ibyo yakagombye gukora, nta gitangaje kirimo, “nta gashya karimo”, mbese “ni uko bibaye!” ariko akenshi iyo uwo muntu apfuye, dusa nk’aho duhumutse, akaba ari bwo dutangira gutangarira ibikorwa bye “Biriya bintu byose yabikoze ate? Yabikoraga ryari? Mbega umuntu w’igitangaza!”

None se ye, niba tudashobora kubona ibikorwa by’abantu duturanye, aho byatorohera kubona ibikorwa by’Imana muri twe! Abahanuzi ni abo bantu babereyeho kubitwibutsa no kubitwereka. Ariko se twemera ibyo batubwira! Gusa rero, biratworohera kumva abavuye iyo gihera. Urugero aha wenda umuntu yatanga ni nk’urwo gutumirwa mu kiganiro mbwirwaruhame(conférence): “Mwese mutumiwe muri conférence izatangwa n’umuntu uzaturuka mu Bwongereza; azavuga ku buryo bwo gusenga muri ibi bihe”; ubwo kuri invitation hakaba hariho n’ifoto ye, ariko muri twe nta muntu umuzi. Gusa rero kuba avuye mu gihugu cya kure, biri mubituma haza abantu benshi kumwumva. Wagira ngo uvuga byiza kandi by’ingirakamaro agomba iteka guturuka kure. Ariko tuzarebe mu makoraniro yacu, iyo twumvise ngo hateguwe inyigisho izatangwa n’uyu n’uriya uzaba aturutse muri diyosezi ya ..., utari uwaho hafi, birushaho kudushitura. Ngibyo, nguko!

No muri Bibiliya rero, abahanuzi bazaga baturutse kure. Nubwo babaga bavuka muri iyo miryango, ariko mbere yo kujya kuvuga ubutumwa bw’Uhoraho, yabanzaga kwitarura abandi, akajya kure mu butayu cyangwa se ku musozi muremure, akahamara igihe asenga kandi avugana n’Uhoraho. Nyuma rero nibwo yagarukaga muri rubanda nk’aho avuye mu gihugu cya kure.

Na Yezu ubwe, mbere yuko atangira ubutumwa bwe ku mugaragaro, yabanje kujya ahantu h’ubutayu, amarayo iminsi mirongo ine, asenga kandi asiba. Nyuama y’aho nibwo yatangiye kwigisha, ahereye muri Galileya na Yudeya. Nawe rero, yakurikiye umuco w’abandi bahanuzi. Ariko rero ni hahandi, kuko igihe agarutse mu karere ke, nta gishya kuri bo, kuko nyine ngo baramuzi, bazi umuryango we, none ibyo avuga, ibyo akora, abikomoye he? “Biriya avuga byose abikura he? Buriya buhanga afite, na biriya bitangaza akora, abikomora he? Uriya si wa mubaji tuzi, mwene Mariya.”

Gusa rero, isomo rya mbere riza risa nk’iritanga umwanzuro: Imana izi ko abantu batoroshye, bafite umutwe ukomeye n’umutima unangiye, ni ibirara n’ibyigomeke, ariko ibyo ntibigomba guca umuhanuzi intege: “Bakumva cyangwa batakumva, kuko ari inyoko y’ibirara, ariko nibura bazamenya ko barimo umuhanuzi.”

Pawulo mutagatifu we aza kudukomeza atwereka ko ingabire y’Imana iteka iduhora hafi, kabone nubwo tutabura imigera tugendana. Buri wese afite akagera kamujomba ngo atazavaho yirata. “maze kugira ngo ibyo bihanitse nahishuriwe bitantera kwirarika, nashyizwe umugera mu mubiri, ariyo ntumwa ya Sekibi ngo ijye inkubita, nirinde kwikuza”. Imibabaro duhura nayo, intege nke tugira, ibishuko tugwamo, ibitutsi, amage, ibitotezo n’ihagarikamutima, ibyo byose byakagombye gutuma twubura amaso tukarangamira Nyagsani, tukibuka ko tutihagije, tukumva ijambo rye ridukomeza “Ingabire yanjye iraguhagije; kuko ububasha bwanjye bwigaragariza cyane cyane mu banyantege.”

Maze rero, nkomeje kubifuriza ibihe byiza byuje ingabire n’imigisha isesuye ituruka ku Mana Butatu Butagatifu.

“Nyagasani Yezu twishyize mu maboko yawe, waturekura twagwa!”

Aucun commentaire: