dimanche 31 mai 2009

«Mugiye guhabwa imbaraga za Roho Mutagatifu, uzabazamo, bityo muzambere abahamya » (Intu.1, 8)



I. Intangiriro


Uyu munsi ni kuri Pentekositi. Dusoje iminsi 50 Yezu Kristu azutse mubapfuye. Pentekositi ikatwibutsa Roho mutagatifu amanukira ku ntumwa mu ndimi zumuriro. Roho Mutagatifu ni Imana imwe mu batatu nk’uko tubisanga mu ndangakwemera yacu, aho tuvuga ko ari Imana akaba ariwe utanga ubuzima. Aturuka kuri Data na Mwana. Arasengwa agasingizwa hamwe n’Imana Data na Mwana.

1. Mbere y’uko Yezu asubira mu ijuru, yabwiye intumwa ze, ati : « Njyewe ho ngiye kuboherereza icyo Data yasezeranye » (Lk 24,49). Ibyo byasohojwe kuri Pentekositi, igihe bari bateraniye hamwe basenga muri Senakuru bari kumwe na Bikira Mariya. Isenderezwa rya Roho Mutagatifu kuri Kiriziya yari ikivuka, ryabaye iyuzuzwa ry’isezerano rya kera na kare Imana yariyaragiriye umuryango wayo.

2. Guhera mu ntangiriro ya Bibiliya, batubwira ibya Roho w’Imana nk’ « umwuka wayo wahuhiraga hejuru y’amazi » (Int. 1,2). Ndetse bakongeraho ko Imana yahushye mu mazuru ya Muntu umwuka w’ubuzima, n’uko Muntu aba muzima. (Int2, 7)

3. Nyuma y’icyaha cy’inkomoko, Roho w’Imana utanga ubuzima, yaje kwigaragaza mu buryo butandukanye, mu mateka y’abantu.

4. Niwe wayoboye intambwe z'umuryango w'Imana ujya mu gihugu cy'isezerano atera ubutwari Intore z'Imana zo mu bihe byose ngo ze gukangarana no gutezuka ku butumwa bwazo.

5. Roho w'Imana yari kumwe na Musa, yari kumwe na Abrahamu, niwe wabwirije abahanuzi ibyo bavuze. Niwe wayoboye Yohani Batisita yereka intumwa ze Ntama w'Imana ukiza ibyaha by'abantu.

6. Niwe wakomye imbarutso maze kiliziya umuryango w'Imana uravuka. Hari kuri Penekositi nk'uyu munsi. Uyu munsi rero turahimbaza Roho Mutagatifu, tukanahimbaza aniversaire ya Kiliziya. Kuko ari mu muriri wa Roho Mutagatifu intumwa zitangira umurimo wo kogeza inkuru nziza zigatsinda ubwoba bwari bwaratumye zifungirana mu nzu.

7. Uyu Roho niwe washyigikiye abahamya ba Kristu bagira ubutwari bwo kwamamaza izina rye. Baratotejwe baratwaza, barishwe ntibatezuka amaraso yabo agahora ari urubuto rw'ubukristu, ubuzima bwabo bukaba umugati uhembura abihebye. Uwo Roho yabamaze ubwoba, abarinda kwiheba, abarinda kugwa, abavugisha ibyo batinyaga, abahunda ubwenge...

8. Uyu Roho niwe utabara intege nke zacu kuko tutazi icyo twasaba ku buryo bukwiye, maze Roho ubwe akadutabara mu minihiro irenze imivugirwe. Niwe bubasha bw’uhoraho.

9. Niwe uduhunda ingabire zinyuranye. Muri make niwe udukoresha ibyiza dukora byose

10. Mu ibonekerwa rizwi cyane ry’umuhanuzi Ezekiyeli, Imana yakoresheje Roho wayo, ivugurura umuryango Isiraheri wagererenyijwe « n’amagufa yumiranye. » Ez. 37,1-14

11. Naho Umuhanuzi Yoweli ahanura isenderezwa rya Roho Mutagatifu ku bantu bose nta n’umwe usigaye, aho agira, ati : « Nyuma y’ibyo, nzasendereza umwuka wanjye ku cyitwa ikiremwa cyose, ndetse no ku bagaragu n’abaja, nzabasenderezamo umwuka wanjye muri iyo minsi » (Yow 3,1-2).

12. Igihe cyagenwe kigeze, nk’uko tubisanga mu ibaruwa Pahulo Mutagatifu yandikiye abanyagalati, Malayika w’Imana amenyesha Umwari w’isugi w’i Nazareti ko Roho Mutagatifu azamumanukiraho maze ububasha bwa Nyirijuru bukamubundikira mu gicucu cye. Uwo azabyara akazaba intungane kandi akazitwa Umwana w’Imana. (Lk 1,35). Mu mvugo ya Izayi umuhanuzi, Umukiza azaba uwo Umwuka w’Uhoraho uzamanukiraho. (Iz 11, 1-2; 42, 1).

13. Ubwo buhanuzi ni nabwo Yezu agarukaho mu ntangiriro y’ubutumwa bwe, mu Isengero ry’i Nazareti agira, ati : « Roho wa Nyagasani arantwikiriye, kuko yantoye akansiga amavuta, agira ngo ngeze inkuru nziza ku bakene, ntangarize imbohe ko zibohowe, n’impumyi ko zihumutse, n’abapfukiranwaga ko babohowe, kandi ngo namamaze umwaka w’impuhwe za Nyagasanui » (Lk4, 18-19, Iz 61, 1-2). Abamwumvaga icyo gihe, ibyo byarabatangaje. N’uko abwira abari bamuhanze amaso ko ubwo buhanuzi ari we bwujurujweho, agira, ati : « Ibiri mu isomo mumaze kumva mumenye ko byujujwe uyumunsi. » (Lk 4,21)

14. Mbere y’urupfu rwe ku musaraba, kandi, yaje kumenyesha abigishwa be, iby’amaza ya Roho Mutagatifu « Umuvugizi » wo guhamya ibimwerekeyeho, agafasha abemera, abigisha kandi abayobora ku kuri gusesuye.(Yn 14, 16-17. 25-26; 15, 26; 16, 13).

15. Mumenye rero ko Ivanjiri ya Yezu atari amagambo gusa, ko ahubwo ari Inkuru nziza ku bakene, itangariza imbohe ko zibohotse, ikanamenyesha impumyi ko zihumutse. Ng’ibyo ibyabaye ku munsi wa Penekositi maze bikabera Kiliziya inshingano y’ibanze kugirango ibitangarize isi yose. Ni Roho Mutagatifu dukesha kuba imbuto z’ubutumwa bwa Kiliziya. Dufite icyirango cy’urukundo rw’Imana muri Yezu Kristu ari cyo Roho Mutagaritifu.


II. Pentekositi


1. Nyuma y'iminsi mirongo itanu Pasika umunsi mukuru w'Abayahudi ubaye, habaga umunsi wa penekositi. Uwo munsi wari ufite agaciro kihariye kuko aribwo bahimbazaga Sinayi: igihe Imana yahuriraga na Musa ku musozi waSinai; imbaga y'Abayislaheli iri hafi aho maze akagaruka azanye amategeko icumi agenga umuryango. Icyo gihe twakigereranya n'ivuka ry'umuryango wa Islaheli wari ukubutse mu bucakara bwa Misiri. Kuva icyo gihe Abayahudi bumvaga bagengwa n'amategekobahawe n'Imana ntibari bakigengwa n'amategeko y'abantu.Baribiyemeje kuba abagaragu b’Imana aho kuba abacakara b’abantu. (la plus grande trahison des juifs : nta tegeko tugira uretse irya Kayizari). Kugira itegeko rigenga umuryango wa Israheli ni ukuvuga kugir ubwigenge. Kuba igihugu cyihariye

2. Igihe Abayislaheli bizihizaga Sinayi nibwo na Yezu yabohoye intumwa ze, maze imbere y’abantu baribavuye hirya no hino baje guhimbaza ubuntu Imana yabagiriye ibagira ihanga rikomeye, atanga Roho umuhoza, umujyanama, umuvugizi, Imaragahinda, ubuhanga bw’Imana n’igitinyiro cy’Imana, abamara ubwoba nuko batangira kwamamaza inkuru nziza y’umukiro twazaniwe na Yezu Kristu. Yuzuza atyo ibyo Imana yavugishije abahanuzi ati nzandika mu mitima yabo itegeko ryanjye. Ntibazaba bakigengwa n’amategeko yanditse ku bisate by’amabuye.

3. Iryo tegeko ni Roho mutagatifu urukundo rw’Imana uwo yezu yaduhaye nk’itegeko risumba ayandi akaritugaragariza yemera kudutangira ubuzima bwe, bikabera imbogamizi intumwa zarizitaramumenya ariko aho zimumenyeye zikaba zitarigeze ziziga mu kumena amaraso yazo ngo abe urubuto rw’ubukristu n’umusemburo w’ubuzima bushya.

III. Pentekosti ni Intangiriro y’umurimo wa Kiliziya w’iyogezabutumwa.

1. Ku mugoroba w’umnsi yazutseho, Yezu yabonekeye intumwa ze maze abahuhaho, nuko arababwira ati : « Nimwakire Roho Mutagatifu » (Yn 20,22).

2. Nk’uko, kandi tubisoma mu byakozwe n’intumwa, Kuri Penekosti, Roho Mutagatifu yongeye kumanukira ku ntumwa n’umuriri mwinshi cyane : « Ako kanya, umuriri umeze nk’inkubi y’umuyaga uva mu ijuru, maze wuzura mu nzu bari barimo. N’uko haboneka indimi zisa n’iz’umuriro, zigabanya zijya kuri buri muntu muri bo » (Intu 2, 2-3). Guhera ubwo, Roho Mutagatifu avugurura imitima y’intumwa, batangira kwamamaza bashize amanga ko Kristu wapfuye, yazutse.( Byakozwe n’Intumwa 2, 29; 4, 13; 4, 29. 31).

3. Ng’uko rero uko abahoze ari abarobyi bo muri Galileya bakaba n’abanyabwoba, bahindutse abagabo b’intwari bo kwigisha inkuru nziza. Ndetse n’abanzi babo ntibiyumvishaga ukuntu abantu nk’abo bo muri rubanda rusanzwe, batize, bashoboraga kugaragaza ubwo butwari, bakanihanganira ingorane n’ibitotezo bahuraga nabyo byose.

4. Nta cyashoboraga kubahagarika. K’uwo ari we wese washakaga kubacecekesha, baramusubizaga, bati : « Twe rero ntidushobora guceceka ibyo twiboneye kandi tukabyiyumvira » (Intu 4,20). Ng’uko rero uko Kiliziya yavutse, maze kuva kuri Penekosti ntiyahwema kwamamaza Inkuru nziza « kugera ku mpera z’isi » (Intu 1,8).

IV. Roho Mutagatifu ni we mutima wa Kiliziya akaba n’ishingiro ry’ubusabane

1. Kugira ngo tubashe kumva neza ubutumwa bwa Kiliziya, biradusaba kongera gusubiza amaso inyuma maze tukitereza Abigishwa ba Yezu, ubwo bari bikingiranye mu nzu, basenga hamwe na Bikira Mariya, bategereje Roho Mutagatifu. Ni kuri iyo shusho ya Kiliziya yari ikivuka amakoraniro yose ya gikirisitu agomba gufatiraho urugero.

2. Umusaruro mwiza w’ubutumwa muri Kiliziya ntukomoka byanzebikunze kuri gahunda ziteguwe neza z’iyogezabutumwa, ahubwo ni imbuto z’isengesho rihozaho ry’ikoraniro.

3. Kandi na none, ubwo butumwa bugira akamaro iyo imbaga y’abamera yunze ubumwe. Bagomba kugira umutimwa umwe n’amatwara amwe. Bagomba kandi guhora biteguye guhamya urukundo n’umunezero Roho Mutagatifu asendereza mu mitima y’abamera.

4. Umugaragu w’Imana Papa Yohani Pawulo wa II, ni we wanditse ko mbere yo kuba igikorwa, ubutumwa bwa Kiliziya bugomba kuba ubuhamya n’urumuri. Ni uko byari bimeze mu ntangiriro z’ubukirisitu, nk’uko umwanditsi Terituliyani abivuga ngo abapagani bahindukaga babitewe n’urukundo babonanaga abakirisitu hagati yabo. Baravugaga bati : Mbega ukuntu bakundana ! »

5. Roho Mutagatifu ari yo mpano isumba izindi Imana yahaye muntu, akaba ikimenyetso gifatika cy’urukundo Imana idukunda. Urwo rukundo rukaba rugaragazwa cyane n’uko Imana ari yo dukesha ubugingo.


V. Roho Mutagatifu ni we ugenga umutimanama wacu.

Imbaraga za Roho Mutagatifu ziracyakomeza kwigaragariza muri Kiliziya kandi tuzera imbuto zizaba nyinshi nitwemera kwivugurura muri Roho Mutagatifu. Niyo mpamvu buri wese muri twe agomba kumumenya, akamwakira kandi akamureka akamukoresha, akanamuyobora. Aha niho buri wese yakwibaza ati : « Roho Mutagatifu ni nde kuri njye ? » Ku bakirisitu benshi, Roho Mutagatifu ntazwi. Iyo twamamaza ukwemera kwacu, hari aho tuvuga tuti : « Nemera Roho Mutagatifu, Nyagasani utanga ubugingo, uturuka ku Mana Data na Mwana ». Ni byo, koko, Roho Mutagatifu, Roho w’urukundo rw’Imana Data na Mwana, ni we soko y’ ubuzima twitagatifurizamo. Mu ibaruwa Pawulo Mutagatifu yandikiye Abaromani, hari aho agira, ati : « Kuko urukundo rw’Imana rwabuganijwe mu mitima yacu na Roho Mutagatifu twahawe » (Rom 5,5). Nyamara ntibihagije ko tumumenya gusa, ahubwo tugomba no kumwakira nk’umuyobozi w’imitima yacu, nk’umutware w’umutimanama wacu, we uduhishurira iby’iyobera ry’ubutatu butagatifu, kuko ari we wenyine ushobora kudukingurira ukwemera, akanaduha kuba mukwemera ku buryo busesuye. Ni nawe kandi utuganisha ku bandi, akadukongezamo ikibatsi cy’urukundo, akanaduha kuba abogezabutumwa b’urukundo rw’Imana.

VI. Babeli na pentekositi

Igitabo cy’intangiriro kitubwira ko mu ntangiriro abantu bavugaga ururimi rumwe. Biza kuvangwa n’umugambi bene muntu bagize wo kubaka umunara ugera ku ijuru. Aho Imana ituye : La prétention de l’homme de se hisser au rang de Dieu. Umugambi wabo ntiwabahiriye kuko Imana yabavanze maze indimi zabo zigasobana.

Umenya aribyo bihe turimo. Abantu basigaye bashaka kubaka iminara y’ubuzima bwabo batitaye ku Mana.Bamwe babona ko Imana ari igitekerezo giheza abantu mu nzozi ariko kikababuza kwibera ho mu mudendezo. Uwitwa Nietche we yakomye akamu ati yemwe bantu ya Mana nayishe ngaho nimugire amahoro. Yafataga Imana nk’igitekerezo kibohera abantu mu buroko bakanga kugera ku rwegonyarwo rw’ubumuntu arirwo yitaga umuntu ‘ikirenga : Surhomme. Abandi nabo mu kwitegereza amakuba n’ingorane zugarije isi, nk’Albert Camus, bakabona kandi urupfu rw’inzirakarengane n’abagiraneza, yavuganye agahinda ati Imana ntibaho kandi niba inabaho nta bubasha ifite. Ubonye ngo hapfe umwana, hapfe umuganga, hapfe umutabazi hasigare umugome n’umugir nabi ?

Ibi bihe turimo tubona byiganje mo ubwigomeke ku Mana. Twungutse indi Mana. Amafaranga, ubutunzi. Nyamara umuntu utagira Imana ni nk’inzu idatuwe. Ko ubuzima bwacu se bukomoka ku Mana nituyihunga hrya turashaka gusa nande ? Ese twibuka ko twahawe Roho w’Imana ? Kuki se tumushavuza.
Niba Yahwey atubatse inzu abubatsi bagokera ubusa, niba kandi atarinze inzu abararizi baba bata igihe. Imishinga yacu itagira Imana iba imeze nk’umunara wa babel.

N’ubwo i Babel bavugaga ururimi rumwe ntibumvikanye nyamara kuri penekositi buri wese yabumvaga mu rurimi rwe :l’unité dans la diversité.
« Bose bari bakoraniye hamwe. Umuriri umeze nk'inkubi y'umuyaga uva mu ijuru, maze wuzura mu nzu bari barimo. Nuko haboneka indimi zisa n'umuriro zigabanya zijya kuri buri muntu muri bo. Ubwo bose buzuramo Roho Mutagatifu batangira kuvuga izindi ndimi. » (Intu 2,1-4)

Uyu munsi twazirikanye kuri Roho Mutagatifu nk’ingabire ya Penekositi, akaba n’intango ya Kiliziya. Twabonye ko adutoza kunyura Imanaakatwereka inzira zayo. Niwe Roho w’Imana nzima, akaba n’urumuri rw’abasonzeye ijuru. Niwe wenyine ushobora kuducengeza mu mabanga y’Imana akadufasha kumva ibyo Yezu yavze byose. Niwe utumara ubwoba akaduhumuriza. Niwe utwigisha izina ry’Imana, kandi akatuba hafi aho rukomeye. Naho twanyura mu mukoki ucuze umwijima ntacyadukura umutima. Niwe utugeza ho ijambo ritanga ubugingo bw’iteka. Muriaka kanya mbere yo kuvuga ibimenyetso tumubona mo muri Kiliziya ndashaka kubabwira ko tumwakira mu masakaramentu yose. Muri make Roho Mutagatifu ari mu mutima w’ubuima bwa gikirisitu.

VI. Isakaramentu ry’Ugukomezwa n’iry’Ukaristiya.

Aha mwambaza muti « Dushobora gute kwemerera Roho Mutagatifu akatuvugurura, maze tugatera imbere mu buzima bwa Roho ? » Igisubizo kirahari kandi murakizi. Amasakaramentu ni yo abidushoboza. Kuko ukwemera kwacu kuvuka kubw’amasakaramentu kandi kugashyigikirwa n’amasakaramentu. Aha ndashaka kuvuga cyane cyane, amasakaramentu y’ibanze yuzuzanya ariyo : Batisimu, Ugukomezwa n’Ukaristiya. Nyamara ikibabaje, kandi kigaragarira buri wese, ni uko mu buzima bw’abakirisitu benshi, ayo masakaramentu nta gaciro bayaha, kandi ari yo shingiro ry’ubuzima bwa gikirisitu, ahubwo bakayafata nk’ibimenyetso byakozwe cyera bitagifite icyo bivuze ku buzima barimo, bakayagereranya n’imizi y’igiti itagira amazi. Ni kenshi bishyika ko nyuma yo gukomezwa, abantu benshi bitandukanya n’ukwemera kwabo. Nyamara iyaba mwari muzi ko ari ku bw’amasakaramentu ya Batisimu, Ugukomezwa ndetse no guhabwa Ukaristiya buri gihe, Roho Mutagatifu atugira abana b’Imana Data, abavandimwe ba Yezu, bigatuma dushobora guhamya by’ukuri Ivanjiri ya Yezu no gusogongera ku munezero duterwa n’ukwemera.

Umuntu wese wahawe isakaramentu rya Batisimu n’iry’Ugukomezwa ajye ahora yibuka ko yabaye « Ingoro ya Roho » Imana imutuyemo. Ajye ahora abizirikana, kandi akore uko ashoboye kose kugira ngo yere imbuto z’ubutungane.
Isakaramentu ry’Ugukomezwa riduteramo imbaraga zidasanzwe zo guhamya Imana no kuyisingiza mu buzima bwacu bwose. Ugukomezwa gutuma twumva neza ko tugize umuryango umwe « Umubiri wa Kristu », tukaba tuwubereye ingingo zitandukanye ariko zuzuzanya. (1Kor 12,12-25). Uwabatijwe wese arahamagarirwa gutanga umusanzu we mu kubaka Kiliziya, ibyo azabigeraho niyemera kuyoborwa na Roho Mutagatifu, kuko « buri wese asabwa kugaragaza ibyo Roho w’Imana amukoreramo, ngo bigirire akamaro bose » (1 Kor 12, 7). Umurimo wa Roho w’Imana wera imbuto ari zo : « urukundo, ibyishimo, amahoro, kwihangana ; ubugwaneza, ubuntu, ubudahemuka imico myiza no kumenya kwifata » (Gal 5, 22).

Ndashaka kongera kugira icyo mvuga ku Isakaramentu ry’Ukaristiya. Kugirango dukomere mu kwemera, ni ngombwa ko dufungura ku Mubiri n’Amaraso bya Kristu. Mu by’ukuri twarabatijwe turanakomezwa duhabwa Ukaristiya. Ukaristiya, ni « intango n’iherezo » ry’ubuzima bwa Kiliziya, ni na « Penekosti ihoraho » kuko buri gihe iyo dutura igitambo cya Misa, twakira Roho Mutagatifu uduhuriza mu bumwe na Kristu, akanaduhindura muri we.

Niba mwumva misa buri gihe, mukaba mujya mufata igihe cyo gushengerera Isakaramentu ritagatifu, ni kuri iyo soko y’urukundo, ari yo Ukaristiya, muzaronkeramo imbaraga zo kwegurira Imana ubuzima bwanyu mumurikiwe n’Ivanjiri. Icyo gihe kandi ni nabwo muzabona ko ibyo tudashobora gutunganya ku bw’imbaraga zacu, Roho Mutagatifu ari we wenyine ubidushoboza, maze akatugira abahamya b’ukuri b’Inkuru nziza ya Kristu wazutse.

VII . Ibimenyetso bya Roho Mutagatifu

• Ubumwe : bose bari bunze ubumwe, nimube umwe nk’uko njye na Data turi umwe, Icyo mbasabira ni uko baba umwe

• Indimi zisa n'umuriro : Igihuru kigurumana ariko kidakongoka : Umuriro ukiza, usukura. Utwika ikibi ukagaragaza ikiza. Umuriro usobanura imbaraga zihindura. Zivugurura, muri make zirema bundi bushya. Roho umanukira ku ntumwa aje kuziha ubuzima bushya, araziha ubutumwa bushya bwo kuba inkingi za Kiliziya ya Yezu. Izi ndimi z’umuriro mu mashami menshi zirashushanya ingabire zinyuranye za Roho w’Imana.

• Inkubi y’umuyaga :Roho wa Nyagasani araza mu muriri umeze nk'inkubi y'umuyaga.Uyu muyaga uratwibutsa mu gihe cya Eliya ajya i Horebu agahura n'Imana mu kayaga k'ishuheri. Uratwibutsa Roho wa Nyagasani warerembaga hejuru y'inyanja mu gihe cy'intangiriro ya byose. Uratwibutsa ko Roho, mu giheburayi, Ruah bisobanura umuyaga....

• Amazi ya batisimu : ashushanya ivuka rishya cyagwa uburumbuke.

• Amavuta: ubutorwe

• Agacu kererana n'urumuri: ( transfiguration etl’exode,) : ububasha bw’Imana butambutse kure ubw’abantu. Ijuru.

• Ikiganza: yezu akiza abarwayi abaramburira ho ibiganza, Urutoki : ububasha bukiza

• Inuma :Ubutungane

• Batangira kuvuga izindi ndimi

Aho abavandimwe bananiwe kuvuga rumwe i Babeli, hano abantu bavuye imihanda yose barabwirwa bakumva. Buri wese yabumvaga mu rurimi rwe. Roho w’Imana afite ububasha bwo kuduhuriza hamwe ariko kandi ninawe ugaba inema.


VIII . Ubutumwa bukwiye kandi bwihutirwa

Abantu benshi bahangayikishijwe n’ubuzima bwabo kandi batekereza byinshi kuri ejo hazaza. bahora bibaza uburyo bazabaho muri ino si yuzuye akarengane, ubusumbane ibigeragezo by’ingeri nyinshi. Bahangayikishijwe no kubonera ibisubizo ibibazo byinshi bibugarije : - Uburyo bahangana n’ubusambo ndetse n’ihohoterwa bisa n’aho byatsinze kuri iyi si. Ni buryo ki ubuzima bwasubizwa agaciro n’isura nyabyo ? Ni gute se imbuto za Roho w’Imana, twavuze haruguru, ari zo urukundo, ibyishimo, amahoro, kwihangana ; ubugwaneza, ubuntu, ubudahemuka, imico myiza no kumenya kwifata, byasakara kuri ino si yacu yahunganganye kandi inajegajega, mbese by’umwihariko, kuri ino si y’abihayimana ? Hakorwa iki se kugirango Roho watanze ubuzima mw’iremwa rya mbere, cyane cyane Roho wo mw’iremwa rya Kabiri igihe twacungurwaga, ngo atere umutima mushya mu batuye isi ? Ese Roho aracyaba ho cyangwa yaragiye? Nawe yasubiye mu ijuru cyangwa abamwakiriye ni abakristu ba mbere? Ese mu masakaramentu twahawe Roho mutagatifu cyangwa badutotobetse amavuta? Ese ijwi ryaduhamagaye ni iry’Imana? Ese twahawe imbaraga za Roho mutagatifu? Kuki se turyana kandi twese twishingikirije izina ry’Imana? Kuki intore z’Imana zidahwema kwambukiranya ibigeragezo?

André Rosier: "Jésus n’est pas venu supprimer la souffrance. Il est venu l’allaiger par sa souffrance". Ibi Yezu we yariyarabihanuye: Mbasigiye amahoro mbahaye amahoro yanjye. Ariko sinyabahaye nk’uko isi iyabaha. Bazabatuka, bazabakubita, bazabatoteza, babate mu magereza…babahora izina ryanjye. Niba barangiriye nabi mwe ntibazabareka. Nyamara muzahumure isi narayitsinze. Ntimuzagire ubwoba bw’ibyo muzavuga kuko Roho umuvugizi nzabaha azababwira ibyo navuze byose. (Ikinyoma cyibye umwambaro w’ukuri, nyamara ntibikibuza kuba ikinyoma)

Igihe kirageze rero, ngo twemere gutwarwa n’urukundo rw’Imana, maze twitabe umuhamagaro wayo, nk’uko benshi babaye abahire n’abatagatifu, babigenje mu gihe cya cyera ndetse no mu bihe bya vuba aha ngaha. Iyi si yacu ikeneye abahamya bashimangira ukuri.

IX. Gusabira isi ngo ibone Pentekositi nshya.

Iyo bavaze uko penekositi yagenze turatangara ndetse kenshi na kenshi tukaba twasaba Roho w’Imana ngo yongere atumanukire ho imitima yacu ibone. Dutangarira ubutwari Petero na bagenzi be baribafite batinyuka abayahudi bakababwiza inani na rimwe kandi bakabatangariza badateba ko Kristu bishe yatsinze urupfu. Ko ibuye ryajugunywe n’abubatsi ryabaye insanganyarukuta. Dutangara imbere y’ibimenyetso bikomeye byabereye aho maze rubanda yose igakangarana. Turibaza tuti ibihe nk’ibyo bizagaruka ryari aho Imana igaragaza ubusha bwayo nk’uko yabigenzaga kera. Yigeze guhesha eliya ishema maze amariraku icumu abanzi be. Yamuhaye ubutwari maze imwiyerekera kuri Horebu. Yahaye ububasha bwayo Musamazeayoborana ubwemaumuryangowayo uva mu misiri awerekeza mu gihugu cy’isezerano. Yahaye Nowa wayemeraga imbaraga maze ahonoka urupfu we n’abamwumviye bose….Yagabije dawudi umufilisiti Goriyati. Yumvise samsoni maze asenyera abafirisiti baribarakojeje isoni Israheli. None seroho w’ubu aho ntiyashaje? Abenshi baravuga ngo uwabaha imbaraga nk’iza Francisko wa asizi nabo bakwigisha kakahava. Ngo nabo uwabagira nka Padre Pio bakora ibitangaza byinshi.

Ndabibutsa ko roo ugaba twese yaduhaye amatelenta. Nyamara wowe ushobora kuba waratabye ayawe. Wihaye kugisha impaka Imana ngo yaguhaye umurimo ukomeye, ngo ariko nawe Nyagasani rwose jya ushyira mu gaciro… kuki unyohereza hariya urashaka ko banyuca, ko umwan wawe batamurebeye izuba urabona unyifuriza ineza. Twara ibyawe tubyarane abo. Uhor ucyocyora Imana uyibwira ko yibeshye. Ko inzira y’umusaraba ari inzira y’urupfu… ndeka Mana nibere hoiterambere ryaraje kandi ubuziam ni bugufi. Bavandimwe hari igihe duhunga icyago kikadutanga imbere. Hariigihe duhunga urupfu arirwo dusanga.

X. Ingabire ndwi za Roho Mutagatifu

Uyu munsi twiyambaze Roho Mutagatifu aduhunde ingabire ze. Tumusabe ingabire y'ubwenge budufasha gukunda iby'Imana no kujijukirwa n'amabanga yayo. Dusabe ubuhanga butwigisha gusogongera no kumva uburyo uhoraho aryohera. Ubu buhanga nibwo butwinjiza mu bumwe n'Imana tugahora tuyirangamiye. Tuyisabe ubumenyi budufasha kubona ibintu uko Imana ibibona. Dusabe ingabire y'ubujyanama, buzadufasha gutunganya ibikomoka ku Mana n'ibitayiturutse ho. Tugatandukanya umumarayika w'Imana n'uw'urumuri kandi tukabasha kwiyunga na bagenzi bacu. Tuyisabe imbaraga zo gutwaza mu makuba. Tukabasha guca mu bigeragezo bidahungabanyije ukwemera kwacu. Dusabe na none ingabire y'ubusabaniramana izadufasha gukomera ku isengesho n'igihe twumva nta buryohe. Dusabe ingabire y'igitinyiro cya Nyagasani: Kumva ko duciye bugufi imbere y'Imana kandi tukagira urwango rw'icyaha tukirinda gukomeretsa igitinyiro cy'Imana kumva ko imbere yayo tumeze nk'ivu, umukungugu.

Mugire Pentekositi mpire; Roho Mutagatifu abasendere rwose!

P. Emmanuel Ndayambaje

Aucun commentaire: