vendredi 20 novembre 2009

ICYUMWERU CYA XXXIV GISANZWE – B – Umunsi mukuru wa Kristu Umwami(22 UGUSHYINGO 2009)

  • Amasomo
    • Dan 7, 13-14

Nijoro kandi nariho nitegereza ibyo nabonaga: mbona uje mu bicu byo mu kirere umeze nk'Umwana w'umuntu. Ubwo yigira hafi ya wa Mukambwe, maze ajyanwa imbere ye. Nuko yegurirwa ingoma, icyubahiro n'ubwami; imiryango yose, amahanga yose n'indimi zose biramuyoboka. Ubwami bwe, ni ubwami buhoraho iteka ntibuzashira, n'ingoma ye ni ingoma itazagira ikiyitsimbura.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Hish 1, 5-8

Yezu Kristu ni umuhamya w'indahemuka, umuvukambere mu bapfuye, n'umugenga w'abami bo ku isi. Koko, Kristu aradukunda; yadukijije iyaha akoresheje amaraso ye, maze atugira ihanga rya cyami n'abaherezabitambo, kugira ngo dukorere Imana Se. Naharirwe rero ikuzo n'ububasha, uko ibihe bihora bisimburana iteka! Amen! Nguyu araje rwagati mu bicu, maze icyitwa ijisho cyose kizamubone ndetse n'abamuhinguranyije: imiryango yose y'isi izajya mu cyunamo ku mpamvu ye. Ni byo koko! Amen! Ni jyewe Alufa na Omega, Intangiriro n'Iherezo, - Uwo ni Uhoraho Imana ubivuga - Uriho, Uwahozeho kandi ugiye kuz, Umushoborabyose.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana
    • Yh 18, 33b-37

Nuko Pilato abaza Yezu ati "Mbese ni wowe mwami w'Abayahudi koko?" Yezu aramusubiza ati "Ibyo ubivuze kubwawe, cyangwa se ni abandi babikumbiyeho?" Pilato arasubiza ati "Aho ntugira ngo nanjye ndi Umuyahudi? Bene wanyu n'abatware b'abaherezabitambo ni bo bakunzaniye; wakoze iki?" Yezu arasubiza ati "Ingoma yanjye si iyo kuri iyi si, iyo ingoma yanjye iza kuba iyo kuri iyi si, abantu banjye baba bandwanyeho, kugira ngo ntagabizwa Abayahudi, none rero Ingoma yanjye si iy'ino aha." Nuko Pilato aramubaza ati "Noneho rero uri umwami?" Yezu aramusbiza ati " Urabyivugiye, ndi umwami! Cyakora icyo njyewe navukiye, kandi kikanzana ku isi, ni ukugira ngo mpamye ibyerekeye ukuri. Unyurwa n'ukuri wese, yumva icyo mvuga."

  • Iyo ni Ivanjili ntagatifu
  • Uragasingizwa Kristu

jeudi 19 novembre 2009

ICYUMWERU CYA XXXIII GISANZWE – B – (15 UGUSHYINGO 2009)

  • Amasomo
    • Dan 12, 1-3

Icyo gihe Mikayire, Umutware mukuru urenganura abana b'umuryango wawe, azahaguruka. Kizaba ari igihe cy'amakuba atageze kubaho kuva aho ihanga ribereyeho kugera ubu, Icyo gihe kandi umuryango wawe azarokoka,mbese abanditswe mu gitabo cy'ubugingo bose. Abantu benshi basinziriye bari mu mukungugu w'ikuzimu, bamwe bakangukire guhabwa ubugingo buhoraho, abandi bakangukire gukozwa isoni n'ubucibwe bw'iteka ryose. Ababaye abahanga bazabengerana nk'ikirere cy'ijuru, n'abazaba baratoje ubutungane imbaga itabarika, bazabengerana nk'inyenyeri iteka ryose.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


 

  • Heb 10, 11-14.18

Mu gihe umuherezabitambo wese ahora ahagaze ngo akore buri munsi imihango, atura kenshi ibitambo bihora ari bimwe kandi bidashobora kuvanaho ibyaha, Kristu we, aho amariye guhereza igitambo rukumbi gihongerera ibyaha, « yicaye iburyo bw'Iman ubuziraherezo » akaba kuva ubwo atagereje ko « abanzi be bahindurwa akabaho ko munsi y'ibirenge bye.» Ku bw'iryo turo rimwe rukumbi yagejeje ku butungane abo yiyemeje gutagatifuza . Bityo rero ahari ibabarirwa ntihaba hagikeneye ibitambo byo guhongerera ibyaha.


 

  • Mk 13, 24-32

Muri iyo minsi kandi, nyuma y'icyo cyorezo, izuba rizacura umwijima, ukwezi ntikuzamurika, inyenyeri zizahananuka ku ijuru, maze ibikomeye byo mu ijrur bihungabane. Ni bwo bazabona Umwana w'umuntu aje mu bicu, afite ububasha bukomeye n'ikuzo ryinshi. Ubwo rero azohereza abamalayika mu mpande enye z'isi, aho isi iherera kugeza ku mpera y'ijuru, maze akoranye intore ze. Nimugereranye muhereye ku giti cy'umutini maze mwumve: iyo amashami yacyo amaze gutoha akameraho amababi, mumenyeraho ko igihe cy'imbuto cyegereje. Namwe rero, nimubona ibyo bibaye, muzamenye ko Umwana w'umuntu ari hafi, ndetse ko ageze ku miryango yanyu. Ndababwira ukuri, iki gisekuru ntikizahita ibyo byose bitabaye. Ijuru n'is bizashira, ariko amagambo yanjye ntabwo azashira. Nyamara uwo munsi cyangwa iyo saha, ntawe ubizi, habe n'abamalayika bo mu ijuru, habe ndetse na Mwana; bizwi n'Imana Data wenyine.

  • Iyo ni Ivanjili ntagatifu
  • Uragasingizwa Kristu


 


 

ICYUMWERU CYA XXXII GISANZWE –B – (8 UGUSHYINGO 2009)

  • Amasomo
    • 1 Bami 17, 10-16

Eliya arahaguruka ajya i Sareputa, yinjira mu mugi. Ahasanga umugore w'umupfakazi watashyaga inkwi. Aramuhamagara maze aramubwira ati « Ndakwinginze, jya kunzanira amazi make muri urwo rweso kugira ngo nywe!» Umugore ajya kuyazana. Eliya aramuhamagara maze aravuga ati « Ndakwinginze unzanire n'agasate k'umugati.» Umugore aramusubiza ati «Ndahiye Uhoraho Nyir'ubuzima, Imana yawe! Nta ko mfite, usibye agafu ku rushyi nsigaranye kari mu kebo,n'utuvuta turi mu keso ,nimara gutora udukwi ndatanga nkavugemo umutsima , jyewe n'umwana wanjye ,tuwurye ahasigaye twipfire. » Eliya aramubwira ati « Wigira ubwoba ! Taha ubigenze uko ubivuze ,ariko ubaze umvugireho akanjye ukanzanire ,maze ubone kwivugira akawe n'umwana wawe, kuko Uhoraho Imana ya Israheliavuze atya : Mu kebo ntihazaburamo ifu ,amavuta yo mu keso ntazatuba, kugeza umunsi Uhoraho azagusha imvura ku butaka. » Umugore aragenda ,agenza uko Eliya yabivuze,amara iminsi afite icyo arya ,we na Eliya n'urugo rwe . Mu kebo ntihaburama ifu ,n'amavuta yo mu keso ntiyatuba nk'uko Uhoraho yari yabivugishije Eliya


 

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


     

    • Heb 9, 24-28

Avuga ati « Aya ni amaraso y'isezerano Imana yabageneye. » Hanyuma kandi ayo maraso ayuhagiza Ihema n'ibikoresho byose by'imihango mitagatifu. Bityo ,nk'uko Amategeko abivuga ,hafi ya byose bisukurishwa amaraso ,maze ntihabe ibabarirwa ry'ibyaha ,hatabanje kumenwa amaraso. Niba ibishushanya iby'ijuru bisukurwa kuri ubwo buryo ,ni ngombwa ko iby'ijuru nyirizina bisukurwa n'ibitambo byisumbuyeho.


 

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


 

  • Mk 12, 38-44

Mu nyigisho ze Yezu akavua ati « Murage mwirinda abagishamategeko, bakunda gutembera bambaye amakanzu maremare, no kuramukirizwa mu materaniro.bakunda kandi guhabwa intebe z'icyubahiro mu masengero n'imyanya y'imbere aho batumiwe. Icyabo ni ukurya ingo z'abapfakazi ,maze bakiha kuvuga amasengesho y'urudaca. Abo bazacirwa urubanza rukaze kurusha abandi » Yezu yari yicaye mu Ngoro y'Imana, ahateganye n'ububiko bashyiragamo amaturo, yitegereza uko rubanda batura. Abakungu benshi bashyiragamo byinshi. Maze haz umupfakazi w'umukene ,ashyiramo uduceri tubiri. Yezu ahamagara abigishwa be, arababwira ati «Ndababwiza ukuri: Uriya mupfakazi w'umukene yarushije abandi bose gutura. Kuko bariya bose bashyizemo ku by'ikirenga, naho we yashyizemo ibyari bimutunze byose .»

  • Iyo ni Ivanjili ntagatifu
  • Uragasingizwa Kristu