lundi 27 juillet 2009
ICYUMWERU CYA XVII GISANZWE – B-(26 NYAKANGA 2009)
• AMASOMO
o 2 Bami 4, 42- 44
Haza umuntu uturutse i Behali Shalisha, azanira umuntu w’Imana ibiryo by’umuganura: byari imigati makumyabiri y’ifu y’ingano n’umufuka umwe wuzuye ingano zigisarurwa. Elisha aravuga ati “Nimubigaburire abantu barye!” Umugaragu we aramusubiza ati “Nashobora nte kubigaburira abantu ijana?” Aramusubiza ati “Bibagaburire barye, kuko Uhoraho avuze ngo bazarya kandi basigaze!” Umugaragu agaburira abantu, bararya kandi baranabisigaza, nk’uko Uhoraho yari yabivuze.
- Ijambo ry’imana
- Dushimiye Imana
o Ef 4, 1-6
Bavandimwe, ubu rero, njyewe uri ku ngoyi nzira Nyagasani, ndabinginga ngo mugenze mu buryo bukwiranye n’ubutore bwanyu: nimubane murukundo, murangwe n’ubwiyoroshye, n’ituze n’ubwiyumanganye, mwihanganirane muri byose, kandi mwihatire kugumana umutima umwe ubahuza mu mahoro. Nk’uko Umubiri ari umwe na Roho akaba umwe, ni nako mwahamagariwe gusangira ukwizera kumwe. Nyagasani ni umwe, ukwemera ni kumwe, batisimu ni imwe; n’Imana ni imwe, Yo Mubyeyi wa bose, usumba bose, agakorera muri bose, kandi agatura muri bose.
- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana
o Yh 6, 1-15
Ibyo birangiye, Yezu ajya hakurya y’inyanja ya Galileya ariyo Tiberiya. Abantu benshi baramukurikira, bitewe nuko babonaga ibimenytso yerekanaga akiza abarwayi. Nuko Yezu aterera umusozi, ageze mu mpinga aricara arikumwe n’abigishwa be. Ubwo Pasika, umunsi mukuru w’Abayahudi, yari yegereje. Yezu arambura amaso, abona cya kivunge cy’abantu kije kimugana. Ni ko kubaza Filipo ati “Turagura he imigati yo kugaburira bariya bantu?” Ibyo yabimubwiye amwinja, kuko yari azi icyo ari bukore. Filipo aramusubiza ati “N’uwagira imigati y’amadenari magana abiri, umuntu ntiyabonaho na kanzinya. Umwe mu bigishwa be witwaga Andereya, mwene nyina wa Simoni Petero, aramubwira ati “Hano hari agahungu gafite imigati itanu y’ingano za bushoki n’amafi abiri, ariko byamarira iki aba bantu bangana batya?” Yezu ati “Nimwicaze abantu.” Aho hantu hari ibyatsi byinshi. Nuko baricara, abagabo bari nk’ibihumbi bitanu. Maze Yezu afata imigati, arashimira, ayigaburira abari bicaye aho, abaha n’ifi, uko bazishakaga. Bamaze guhaga, Yezu abwira abigishwa be ati “Nimurundarunde ibimanyu bisigaye, ntihagire ibipfa ubusa.” Babishyira hamwe maze buzuza inkangara cumi n’ebyiri z’ibimanyu kuri ya migati itanu y’ingano za bushoki byasigajwe n’abari bariye. Abo bantu babonye ikimenyetso Yezu amaze gukora, baravuga bati “Koko ni ukuri, uyu ni wa Muhanuzi ugomba kuza mu isi.” Yezu rero amenya ko bagiye kuza kumujyana ku mbaraga, bakamwimika, arongera ahungira kumusozi ari wenyine.
- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu.
• Kuzirikana
Kuri iki cyumweru turazirikana ubuntu bwa Nyagsani uhaza abana be ibibatunga. Uhoraho ntiyifuza ko hari uwagira icyo abura kugira ngo abeho uko bikwiye. Ni Umubyeyi wa twese, kandi Umubyeyi nyawe. Twese, muri batisimu yatugize umuryango umwe, turi abavandimwe. Pawulo mutagatifu ati “Ndabinginga ngo mugenze mu buryo bukwiranye n’ubutore bwanyu”; ni byo koko, ubutore bwacu bwo kuba abana b’Imana, bwo kuba abavandimwe, bwo kuba tugize umuryango umwe. Bityo rero ati “Nimubane murukundo, murangwe n’ubwiyoroshye, n’ituze n’ubwiyumanganye, mwihanganirane muri byose, kandi mwihatire kugumana umutima umwe ubahuza mu mahoro”; ngibyo ibyakagombye kuranga umuryango wacu ari wo Kiliziya.
Mu isomo rya mbere n’Ivanjili, turasangamo uko Nyagasani ahaza abana be bashonje. Ibike arabitubura, bose bakarya bagahaga, bagasigaza. Aya masomo akadufasha kuzirikana ku gusangira ibyo abtuye iyi si batunze; icy’ingenzi kikaba atari ukugira byinshi cyangwa bike, ahubwo kugira umutima usangira; igihe cyose twiteguye kurambura ibiganza, tugashyira hamwe, nta mwana w’Imana wakagombye kubura ibo akeneye kugira abeho uko bikwiye. Imana ikeneye uduke twacu kugira ngo ihaze imbaga ya muntu.
Ukaristiya dusangira itubere koko isoko y’ugusangira muri byose; uko Yezu Kristu atwihaho ifunguro, agira ngo aduhaze ubuzima nyabwo, natwe tumwigireho kwitanga, twitangira abavandimwe, guharanira ubutabera nyabwo, kwirinda uburyamirane, ubwikunde n’ubwikanyize.
Kiliziya ikomeze itubere aho heza h’ibyatsi bitoshye twese abana bayo twicaramo tugahazwa ibyiza bitagira ingano.
Umubyeyi Bikira Mariya akomeze tube hafi adutoze iyo mico yose inyura umwana we kandi adukomeze mu kwemera kumwe dukesha batisimu imwe, turusheho kugira amizero muri Nyagasani, Umubyeyi wa bose, usumba bose, agakorera muri bose, kandi agatura muri bose.
Inscription à :
Publier les commentaires (Atom)
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire