dimanche 29 mars 2009

ICYUMWERU CYA V CY’IGISIBO


Amasomo

• Yer 31, 31-34

Igihe kiregereje - uwo ni Uhoraho ubivuze - maze nzagirane isezerano rishya n’umuryango wa Israheli n’uwa Yuda. Rizaba ritandukanye n’iryo nagiranye n’absekuruza babo, igihe nabafataga ukuboko nkabakura mu gihugu cya Misiri. Bo bishe isezerano ryanjye - uwo ni Uhoraho ubivuze - ariko njye nakomeje kubabera umutegetsi. Dore iryosezerano nzagirana n’umuryango wa Israheli nyuma y’iyo minsi - uwo ni Uhoraho ubivuze - amategeko yanjye nzayabacengezamo, nyabandike mu mutima, bityo mbabere Imana nabo bambere umuryango. Ntibazongera kwigishanya bavuga ngo “Menya Uhoraho”, kuko bose bazaba banzi, uhereye ku muto kugeza ku mukuru- uwo ni Uhoraho ubivuze-nkabababarira ubugome bwabo, sinongere no kwibuka icyaha cyabo ukundi.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

• Heb 5, 7-9

Mu gihe cy’imibereho ye yo ku isi, ni We wasengaga atakamba mu miborogo n’amarira, abitura Uwashoboraga ku murokora urupfu, maze arumvirwa kuko yagororokeye Imana. Nubwo yari Mwana bwose, ibyo byabaye byamwigishije kumvira; maze aho mariye kuba intagereranywa, abamwumvira bose abaviramo isoko y’ubucungurwe bw’iteka.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

• Yh 12, 20-33

Hari n’Abagereki bari baje gusenga ku munsi mukuru. Begera Filipo wari uw’i Betsayida ho mu Galileya, baramwinginga bati “Nyakubahwa, turashaka kubona Yezu.” Filipo nawe ajya kubibwira Andereya. Andereya na Filipo bajya kubibwira Yezu. Yezu asubiza avuga ati “Koko igihe kirageze, cyo kugira ngo Umwana w’umuntu akuzwe. Ndababwira ukuri koko: imbuto y’ingano iyo itaguye mu gitaka ngo ihugute, ikomeza kuba yonyine; naho iyo ihuguse, yera imbuto nyinshi. Ukunda ubuzima bwe arabubura, kandi uwanga ubuzima bwe muri iyi isi azabukomeza kugeza mu bugingo bw’iteka. Ushaka kumbera umugaragu nankurikire, maze aho ndi, abe ari naho umugaragu wanjye azaba. Byongeye, ungaragira, Data azamwubahiriza. Ubu ariko umutima wanjye urahagaze, mvuge ngo iki se? Dawe iyi saha uyinkize? Nyamara nzi ko ari cyo cyanzanye kugeza kuri iyi saha. Dawe, iheshe ikuzo!” Nuko ijwi rituruka mu ijuru riti “Nihesheje ikuzo kandi nzakomeza kuryihesha.” Abantu bari bahagaze aho kandi bari bumvise, baravuga bati “Ni inkuba ikubise. Abandi nabo bati “Ni umumalayika umuvugishije.” Yezu arabasubiza ati “Iryo jwi sinjye rivugiye, ahubwo ni mwebwe. Ubu igihe cyo gucira isi urubanza kirageze; ubu umutware w’iyi si agiye gusukwa henze. Nanjye nimara kwererezwa hejuru y’isi nzareshya bose mbiyegereze.” Ibyo yabivuze yerekana urupfu yari agiye kuzapfa.

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu

• Kuzirikana

Bavandimwe, tugeze ku cyumweru cya gatanu, hasigaye iminsi mike tukinjira mu Cyumweru Gitagatifu, aho tuzazirikana ku buryo bw’umwihariko ibanga ry’umusaraba wa Kristu. Amasomo yose yo muri ino minsi, ay’ibyumweru ndetse no mu mibyizi, tumaze iminsi twumva uko Abayahudi, barimo bashakisha impamvu zatuma bafata Yezu ngo bamwice; nawe kandi mu nyigisho ze, yagiye akunda kugaruka ku ibabara rye, yereka atyo abigishwa be ko umugambi w’Imana ugomba kuzuzwa. Imana nta kindi ishaka atari ukurokora umuntu, ikamugabira ubuzima bw’iteka; ibyo byose kandi bikaba bishingiye ku rukundo ikunda umuntu. Koko rero, Imana yakunze isi byimazeyo, bigeza aho yemera gutanga umwana wayo w’ikinege kugira ngo umwemera wese aronke ubugingo; ibyo twabizirikanaga ku cyumweru gishize. Uko gukunda umuntu byimazeyo, ni ko kwatumye Umwana wayo yemera kubabara, yicwa urupfu rubi, urupfu rw’umusaraba.

“Koko igihe kirageze, cyo kugira ngo Umwana w’umuntu akuzwe”, ayo ni amagambo ya Yezu ubwe mu Ivanjili y’uyu munsi. Mu gihe ngo ku Bayahudi, umusaraba ari ubusazi, ku Bagereki, ukaba ubuswa n'ubujibwe, twebwe ni wo twiratana, ni wo ikuzo ryacu ryakomotseho. Ikuzo nyaryo rikomoka mu kumvira kugera ku ndunduro, rikomoka mu gukunda kugera ku iherezo, rikomoka mu kwirundurira mu biganza by’Imana.

Yezu ati “Ushaka kumbera umugaragu nankurikire, maze aho ndi, abe ari naho umugaragu wanjye azaba”; Yezu arashaka kudusangiza ku ikuzo rye. Gusa rero, tukibuka ko adusaba kumukurikira mu buryo yabidusabyemo “niba hari ushaka kunkurikira, yiyibagirwe ubwe, aheke umusaraba we, maze ankurikire”; gukurikira Yezu, bitanga ibyishimo, ni uguhitamo ubuzima nyabuzima, ni uguhitamo ubutungane, ni uguhitamo ikuzo. Gukurikira Yezu, hakanabamo n’riya saha y’umusaraba(isaha ya Getsemani, isaha yo kugambanirwa n’incuti, isaha yo gutukwa no gukubitwa, isaha yo kurengana no guhimbirwa ibinyoma, isaha yo gucirwa mu maso, isaha yo gutereranwa n’abawe, isaha yo kwandagazwa, kwambikwa ubusa, y’akato, isaha y’indwara, isaha y’ubukene, isaha y’ubwigunge, etc.). Iriya saha ntawe uyifuza ngo ayishakishe kubwe, ntawifuza kubabara no kugorwa, “Dawe, ubishatse iyi nkongoro uyinyuze kure yanjye”, “Dawe iyi saha uyinkize”; isaha nk’iriya tuyakira kubera ukumvira Imana “Nyamara nzi ko ari cyo cyanzanye kugeza kuri iyi saha. Dawe, iheshe ikuzo!”, “ariko ntibibe uko njye nshaka, ahubwo uko wowe ushaka”. Igihe tumaze kubona igisubizo nk’icyo muri iriya saha, ni bwo Imana yihesha ikuzo.

Bavandimwe, ubuzima bw’uwa Kristu, ntibwaburamo umusaraba, kuko na Yezu ubwe nyine yasize abiduteguje, ariko anatwumvisha neza ko ari nayo nzira yo kuzatuma turonka ubugingo nyabwo “Ndababwira ukuri koko: imbuto y’ingano iyo itaguye mu gitaka ngo ihugute, ikomeza kuba yonyine; naho iyo ihuguse, yera imbuto nyinshi. Ukunda ubuzima bwe arabubura, kandi uwanga ubuzima bwe muri iyi isi azabukomeza kugeza mu bugingo bw’iteka”. Ngibyo, nguko!

Ubugingo bw’iteka buri mu Mana , “ubuzima bw’iteka ni ukukumenya wo Mana Data no kumenya uwo watumye”; ubuzima bw’iteka buri muri uriya wererejwe, akiyegereza abe, “Nanjye nimara kwererezwa hejuru y’isi nzareshya bose mbiyegereze.”

Uwo ni we Isezerano rishya rishingiyeho; muri We, umubano w’abantu n’Imana wahinduye isura, muri We twababariwe ibyaha byacu, muri We twamenye by’ukuri Imana Nyir’ubuzima. “Ntibazongera kwigishanya bavuga ngo ‘Menya Uhoraho’, kuko bose bazaba banzi, uhereye ku muto kugeza ku mukuru - uwo ni Uhoraho ubivuze - nkabababarira ubugome bwabo, sinongere no kwibuka icyaha cyabo ukundi”.

Ncuti muvandimwe, muri Kristu narababariwe hamwe nawe; ariko turacyari murugendo. Nka bariya bagereki, natwe turashaka kubona Yezu; ni ugukataza, tutibagiwe ko hatazaburamo na ya saha isharira; ni ukurangamira Kristu rero tukamwigiraho uko yahatambutse, akadutoza gutsinda nk’uko yatsinze.

Nkwifurije ibihe byiza byuje imigisha ya Nyagasani; ni akube hafi, mu masaha amwe namwe asharira mu buzima bwawe, agufashe guhaguruka no gukataza. “Nihesheje ikuzo kandi nzakomeza kuryihesha.” Iryo jwi ry’Uhoraho rikomeze rikubere ikiramiro.

dimanche 22 mars 2009

ICYUMWERU CYA IV CY’IGISIBO (22 WERURWE 2009)


Amasomo
• 2 Matek 36, 14-16.19-23

Abakuru b’abaherezabitambo nabo, n’abatware ba rubanda, barushaho gucumura bakurikiza imihango yose mibi y’abanyamahanga, ndetse bandavuza Ingoro y’Uhoraho yari yatagatifurije i Yeruzalemu. Uhoraho, Imana y’abasekuruza babo, arabihanangiriza bikomeye kandi abatumaho kenshi intumwa ze, abitewe n’imbabazi yari afitiye umuryango we n’Ingoro ye bwite. Nyuma bo bagakubita intumwa z’Imana, bagasuzugura amagambo yazo kandi bagaseka abahanuzi bayo, bigeza aho Uhoraho yarakariye umuryango we ubuziraherezo. Nuko Uhoraho abateza umwami w’Abakalideya. Batwika ingoro y’Uhoraho, barimbura inkike z’amabuye z’i Yeluzalemu, amzu yaho barayatwika yose, maze ibintu byose by’agaciro barabitsemba. Hanyuma umwami wabo ajyana bunyago i Babiloni abari basigaye bacitse ku icumu, abagira abacakara be n’ab’abhungu be kugeza kungoma y’Abaperisi.Nuko huzura ijambo Uhoraho yari yaravugishije Yeremiya, agira ati “Igihugu kizamara imyaka mirongo irindwi nta muntu ukitayeho kugira ngo bandihe ibiruhuko by’amasabato yose batubahirije.” Mu mwaka wa mbere w’ingoma ya Sirusi, umwami w’Abaperisi, Uhoraho yiyemeza kuzuza ijambo yari yavugishije Yeremiya; nuko akangura umutima wa Sirusi, umwami w’Abaperisi kugira ngo atangaze mubihgu bye byose, ari mu mvugo, ari no munyandiko, iri teka “Sirusi , umwami w’Abaperisi, aravuze ngo : Abami bose bo ku isi, Uhoraho Imana Nyir’ijuru yarabangabije, kandi antegeka ubwe kumwubakira Ingoro i Yeruzalemu, yo muri Yuda. Muri mwebwe, umuntu wese wo mu muryango we nabane n’Imana ye, kandi nazamuke…”

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

• Ef 2, 4-10

Bavandimwe, Imana ni Nyir’impuhwe zihebuje; kubera urukundo rwinshi yadukunze, nubwo twari twarapfuye tuzize ibyaha byacu bwose, yadushubije ubugingo hamwe na Kristu: rwose, kuba mwarakijijwe, mubikesha Ubuntu bwayo! Nuko hamwe na We iratuzura, maze itwicaza mu ijuru turi muri Kristu Yezu. Bityo igiriye Ubuntu bwayo yatugaragarije muri Yezu Kristu, yashatse kwerekana mu bihe bizaza ubukungu butagereranywa bw’ineza yayo. Koko mwakijijwe kubuntu, mubikesha ukwemera; ntabwo ari kubwanyu rero, ahubwo ni ku bw’ingabire y’Imana. Ntibyatewe n’ibyo mwakoze, kugira ngo hatazagira uwirata. Koko rero, Imana ni Yo yaduhanze, kandi twaremewe muri Kristu Yezu, kugira ngo dushishikarire ibikorwa byiza Imana yateguye kuva kera igira ngo bijye biturunga iteka.
- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

• Yh 3, 14-21

Mbese nk’uko Musa yamanitse inzoka mu butayu, ni ko n’Umwana w’umuntu azagomba kumanikwa, kugira ngo umwemera wese agire ubugingo bw’iteka. Koko rero Imana yakunze isi cyane, bigeza aho itanga Umwana wayo w’ikinege, igira ngo umwemera wese atazacibwa, ahubwo agire ubugingo bw’iteka. Icyakora, Imana ntiyohereje Umwana wayo ku isi ngo ayicire urubanza, ahubwo yagira ngo akize isi. Umwemera wese ntacirwa urubanza, ariko utemera aba yaciriwe urubanza, kuko atemera izina ry’Umwana w’ikinege w’Imana. Dore urwo rubanza urwo ari rwo: ni uko urumuri rwaje mu isi, abantu bakikundira umwijima kuruta urumuri, kuko ibikorwa byabo byari bibi. Koko rero ukora ibibi wese, yanga urumuri kandi ntarwegere, agira ngo ibyakora bitagaragara. Naho rero ukora iby’ukuri, ajya ahabona, agira ngo agaragaze ko ibyo akora biba bikorewe Imana.

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu

• Kuzirikana

Uhoraho akangura umutima wa Sirusi. Mu gitabo cya kabiri cy’Amateka dusangamo aya magambo: “Abakuru b’abaherezabitambo nabo, n’abatware ba rubanda, barushaho gucumura bakurikiza imihango yose mibi y’abanyamahanga, ndetse bandavuza Ingoro y’Uhoraho yari yatagatifurije i Yeruzalemu. Uhoraho, Imana y’abasekuruza babo, arabihanangiriza bikomeye kandi abatumaho kenshi intumwa ze; bo bagakubita intumwa z’Imana, bagasuzugura amagambo yazo kandi bagaseka abahanuzi bayo, bigeza aho Uhoraho yarakariye umuryango we ubuziraherezo”. Yiyemeza kubahana, baraterwa, baratsindwa, bapfamo benshi cyane, absigaye nabo bajyanwa bunyago. Muri icyo gihe, nibwo tubona Sirusi, umwami w’Abaperisi, akiza umuryango wa Israheli akawemerera gusubira i Yeruzalemu no kubaka Ingoro. Hari abanditsi benshi b’abakristu bakunze kubona muri uriya mwami Sirusi isura ishushanya Kristu. Kuko nyine Kristu yaje gukiza umuryango wahemutse ukiroha mu byaha; akaba yaraje aje kuwucungura ibicumuro byawo. Urukundo Imana yari ifitiye umuryango wayo ni rwo rwakanguye umutima w’uriya mwami Sirusi, kugira ngo arokore umuryango wayo. Kristu rero tukaba twemera ko ari we twamenyeho koko urukundo Imana ikunda abantu bose.

Abayisraheli, si ubwa mbere bari bacumuriye Imana; kandi si n’ubwambere Imana ibahana bikomeye. Mu gitabo cy’Ibarura, tubona ukuntu umuryango wa Israheli witeruye ku Mana no kuri Musa, maze bagatezwa inzoka z’ubumara, zikabicamo benshi: “ Imbaga iza gucika intege mu nzira, itangira kugaya Imana na Musa; Uhoraho aterereza Abayisraheli inzoka zifote ubumara butwika, zirabarya, bapfamo abantu benshi cyane”. Ariko nanone, tubona ukuntu iteka Imana itajya yibagirwa umuryango wayo, ngo iwuheze mu makuba; iteka urukundo n’impuhwe zayo bituma yibagirwa amakosa yose bamukorera, nuko akabarokora: “Uhoraho abwira Musa ati “Curisha inzoka isa n’izo zabateye, uyimanike ku giti. Uwo zizajya zirya akayireba azajya akira.” ( Ibar 21, 4- 9).

Aho ni ho Ivanjili y’uyu munsi ihera itwinjiza mu ibanga rikomeye ry’urukundo Imana yatugaragarije muri Kristu Yezu. “Mbese nk’uko Musa yamanitse inzoka mu butayu, ni ko n’Umwana w’umuntu azagomba kumanikwa, kugira ngo umwemera wese agire ubugingo bw’iteka. Koko rero Imana yakunze isi cyane, bigeza aho itanga Umwana wayo w’ikinege, igira ngo umwemera wese atazacibwa, ahubwo agire ubugingo bw’iteka”.

Kristu wabambwe adukiza ubumara bw’icyaha. Gusa rero icyo buri wese muri twe yasabwa ni ukumera nk’Ayisraheli, akemera kubura amaso akarangamira uwamanitswe ku giti cy’umusaraba, akarangamira Umwana w’Imana, akarangamira Rukundo ruzima. Abayisraheli bemeye ko bazahajwe n’inzoka (hari hamaze gupfamo benshi)basaba ko Uhoraho yabagoboka, akabakiza ubumara bwazo. Imana yarabumvise ibaha igisubizo. Kuri twe natwe, ab’iki gihe, dukeneye, guca bugufi tukemera ko tuzahajwe n’icyaha( dore ko ubumara bwacyo bwica kurusha ubw’inzoka), guca bugufi tukemera gukurikiza amabwiriza y’Uhoraho kugira ngo dukire. Igisubiz cyaratanzwe, umuti waratanzwe, inzira yaratweretswe, ni Kristu Yezu, Umwana w’Ikinege w’Imana; uriya wabyawe na Bikira Mariya. Uriya niwe uzemera kumanikwa ak’iriya nzoka y’umuringa, kugira ngo abamunzwe n’icyaha, tumurangamire, turonke umukiro nyawo.

Bavandimwe, inzoka z’ubumara zitwugarije muri iyi si, ntizibuze; turebe mu buzima bwacu, turebe impande zacu, dutege amatwi twumve amaradiyo, turebe ibihita kuri za televiziyo, dusome ibyandikwa mu binyamakuru, nibwo tuzabona ko inzoka z’ubumara itabuze iwacu. Ariko, Imana ntidutererana; ni yo mpamvu yemeye kuza idusanga, itwoherereza Umwana wayo ikunda cyane kugira ngo tumukeshe umukiro no gutsinda ikitwa ubumara bw’icyaha cyose. “Imana ntiyohereje Umwana wayo ku isi ngo ayicire urubanza, ahubwo yagira ngo akize isi”.

Mwana yujuje ugushaka kwa Se kugira ngo adukize. Ariko, nubwo Imana yaturemye ku bushake bwayo, ntiduhatira kwakira agakiza itanga. Ivanjili iti “utemera aba yaciriwe urubanza, kuko atemera izina ry’Umwana w’ikinege w’Imana”. Kwemera no kutemera ni igikorwa buri muntu wese yihitiramo. Imana iduhamagarira twese kwemera, kugira uruhare ku byiza idutegurira mu Ngoma yayo, ariko si ko abantu twese twakira uwo muhamagaro.

Abo bose batakiriye uwo muhamagaro baba biciriye urubanza, baba biyigijeyo, bo ubwabo. Kristu ni Urumuli rutumurikira bose, ariko igihe ibikorwa byacu ari bibi, tuba turimo duhitamo kwibera mu mwijima, kuko “ukora ibibi wese, yanga urumuri kandi ntarwegere, agira ngo ibyakora bitagaragara”. Kwemera ni kwemera kubaho mu kuri, kubaho mu rumuli, ni ukugaragaza ko ibyo dukora biba bikorewe Imana.

Ukwicira urubanza, Ivanjili ikatubwira ko biterwa n’umuntu ubwe; Imana ntawe ishaka ko yacibwa, kuko ari Inyampuhwe zihebuje, kandi ikagira urukundo ruhebuje; bityo ugendera mu kuri, ugendera mu rumuli, uwo arakira.

Imana ni Nyir’impuhwe zihebuje. Kubera urukundo rwinshi yadukunze, nubwo twari twarapfuye tuzize ibyaha byacu bwose, yadushubije ubugingo hamwe na Kristu Yezu. Iyi barwa ya Pawulo mutagatifu nayo ikaba ije kutwereka ukuntu impuhwe z’Imana n’ingabire zayo tubihabwa kubuntu kugira ngo turonke agakiza nyako. Nitwe bwe tugomba kwakira cyangwa kwigizayo agakiza k’Imana; Imana ntidushyiraho agahato namba, byose ni twe biturukaho.

Imana yaturemeye kujya dukora ibikorwa bitunganye, nitutabikor, ni twe ubwacu tuba twishyira ku ruhande, twitandukanya n’umugambi wayo wo kudukiza. Icyo twakwisabira Imana kuri iki cyumweru, ni uko yakomeza kuyobora imitima yacu; ikayiyobora ku rumuli rwayo no mu kuri kwayo, bityo tukazagera kuri Pasika natwe tukazukana na Kristu.

Ncuti, muvandimwe, nkomeje kukwifuriza Igisibo cyiza ni ukuri...komeza ube maso kandi usenge kugira utavaho uribwa n’inzoka y’ubumara.

dimanche 15 mars 2009

ICYUMWERU CYA III CY’IGISIBO (15 WERURWE 2009)


Amasomo

• Iyim 20, 1-17


Nuko Imana ivuga aya magambo yose, iti “Ni jyewe Uhoraho Imana yawe wagukuye mu gihugu cya Misiri, mu nzu y’ubucakara: Nta mana zindi uzagira kereka jyewe. Ntuzikorere ishusho ry’iribazanyo cyangwa se ikindi kibonetse cyose; cyaba gisa n’ibiri hejuru mu kirere cyangwa n’ibiri hasi ku isi cyangwa se n’ibiri mumazi akikije isi. Ntuzapfukame imbere y’ibyo bigirwamana kandi ntuzabiyoboke, kuko Imana yawe ari jyewe Uhora, nkaba Imana ifuha, ihanira icyaha cy’ababyeyi mu bana babo, kugeza mu gisekuruza cya gatatu no mu cya kane cy’abanyanga, nyamara abankunda bagakurikiza amategeko yanjye, mbagaragariza ubudahemuka bwanjye ingoma ibihumbi. Ntuzavuge izina ry’Uhoraho Imana yawe mu bintu by’amanjwe, kuko Uhoraho azatazareka guhana uzaba yavuze izina rye mu bintu by’amanjwe. Urajye wibuka umunsi w’isabato, uwegurire Imana. Uzakore imirimo yawe yose mu mini itandatu, naho uwa karindwi ni isabato y’Uhoraho Imana yawe; ntuzagire umurimo n’umwe ukora: ari wowe, ari umuhungu wawe, ari umukobwa wawe, ari umugaragu wawe, ari umuja wawe, ari itungo ryawe, ari n’umusuhuke waje iwanyu. Kuko mu minsi itandatu Uhoraho yahanze ijuru n’isi, inyanja n’ibiyirimo byose, maze akaruhuka ku munsi wa karindwi. Ni cyo cyatumye Uhoraho aha umugisha umunsi w’isabato akawiyeguririra. Wubahe so na nyoko, kugira ngo uzarambe mu gihugu Uhoraho Imana yawe yaguhaye. Ntuzice umuntu. Ntuzasambane. Ntuzatware umuntu ngo umugire uwawe ku ngufu. Ntuzavuge ibinyoma ubeshyera mugenzi wawe. Ntuzararikire inzu ya mugenzi wawe, ntuzararikire umugore wa mugenzi wawe, cyangw aumugaragu we, cyangwa umuja we, cyangwa inka ye, cyangwa indogobe ye, mbese ikintu cya mugenzi wawe icyo ari cyo cyose.”

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

• 1 Kor 1, 22-25

Bavandimwe, mu gihe Abayahudi bigomba ibitangaza, Abagereki bo bashimikiriye iby’ubuhanga, twebweho twamamaza Kristu wabambwe ku musaraba, bigashengura Abayahudi, kandi bikitwa ibisazi ku Bagereki. Naho kubatowe, baba Abayahudi cyangwa Abagereki, Kristu uwo ni we bubasha bw’Imana n’ubuhanga bwayo. Kuko icyakwitwa ibisazi ariko giturutse ku Mana gitambutse kure ubuhanga bw’abantu, kandi icyakwitwa intege nke giturutse ku Mana gisumbye imbaraga z’abantu.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

• Yh 2, 13-25

Pasika y’Abayahudi yari yegereje; Yezu azamuka ajya i Yeruzalemu. Asanga mu Ngoro y’Imana hari abantu bahagurira ibimasa, n’intama, n’inuma, n’abicaye bavunja ibiceri. Nuko aboha imigozi mo ikiboko bakubitisha, bose abasuka hanze y’Ingoro, yirukanamo n’intama, n’ibimasa; anyanyagiza ibiceri by’abavunjaga, ahirika n’ameza yabo. Abwira abacuruzaga inuma, ati “Nimuzikure aha ngaha; inzu ya Data mwiyigira inzu y’ubucuruzi!” Nuko abigishwa be bibuka ko handitswe ngo “Ishyaka mfitiye Ingoro yawe riramparanya.” Nuko Abayahudi baramubaza bati “Utanze ikihe kimenyetso ki gitumye wiha kugira utyo?” Yezu arabasubiza ati “ Nimusenye iyi NGoro, mu minsi itatu nzaba nongeye kuyubaka.” Abayahudi baramubwira bati “Kubaka iyi Ngoro byamaze imyaka mirongo ine n’itandatu, none wowe ngo wayihagarika mu minsi itatu?” Iyo Ngoro Yezu yavugaga, yari umubiri we. Amaze kuzuka, ava mu bapfuye, abigishwa be bibutse ko yari yarabivuze, nuko bemera Ibyanditswe, bemera n’ijambo Yezu yari yaravuze. Igihe Yezu yari i Yeruzalemu, mu minsi mikuru ya Pasika, abantu benshi babonye ibimenyetso yatangaga, bemera izina rye. Nyamara Yezu ubwe ntiyabizeraga, kuko yari abazi bose, kandi ntiyari akeneye umuntu wo kumubwira ikiri muri buri muntu, kuko ubwe asanzwe azi imigambi ya buri muntu.

- Iyo ni Ivanjilli ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu

• Kuzirikana

Ivanjili y’uyu munsi iratwereka Yezu yirukana abacuruzi mu Ngoro.
Kuba Yezu agaragaza ishyaka afitiye Ingoro y’Imana bifite aho bihera: twibuke ko Yezu ababyeyi be bamutuye Imana mu Ngoro nyuma y’iminsi mirongo ine avutse; igihe yarafite imyaka cumi n’ibiri, yahisemo kwigumira mu Ngoro kugira ngo yibutse ababyeyi be ko agomba kuba mu bya Se; mu buzima bwe busanzwe yakunze kandi kujya ajya i Yeruzalemu cyane cyane ku munsi mukuru wa Pasika no kuyindi minsi mikuru y’Abayahudi. Yezu yajyaga mu Ngoro azi neza ko ariho ahurira n’Imana; kuri we Ingoro ni nzu ya Se “inzu ya Data mwiyigira inzu y’ubucuruzi!”

Gusa rero urebye mubari bashinzwe Ingoro Yezu ntiwamubonamo, ku buryo ikibazo Abayahudi bamubaza gifite ishingiro: “Utanze ikihe kimenyetso ki gitumye wiha kugira utyo?” Ni nk’aho bavuze bati “ibyo ukora ubifitiye ubrenganzira? Ese wabitumwe nande? Ubifitiye bubasha ki?” Kuko abari bashinzwe Ingoro, bari bazwi, akaba ari bo bashoboraga kugira icyo bakora ibintu nka biriya. Niba rero, muri bashinzwe Ingoro ntawabitumye, ni ukuvuga ko ubwo yakagombye kuba afite ububasha akomora ku Mana, bityo bakamusaba kugaragaza ikimenyetso.

Igisubizo Yezu atanga, akaba ari cyo kiduha ipfundo nyine ry’iyi vanjili ya none: “ Nimusenye iyi Ngoro, mu minsi itatu nzaba nongeye kuyubaka.” Yohani, mu gusobanura, akatubwira ko yarimo avuga umubiri we. Ingoro ni Yezu ubwe; Yezu uzatangwa, akicwa, ku munsi wa gatatu akazuka.

Aha ni ho dusanga agashya: Ingoro, hari hantu Imana ituye, hariya umuntu ashobora guhurira n’Imana, ni Yezu wabambwe ku musaraba, akazuka, akaba ari muzima iteka ryose. Ku cyumweru gishize nibwo twumvaga aho Imana yavugaga iti “Uyu ni umwana wanjye nkunda cyane, nimumwumve.” Yezu rero ni shusho nyakuri w’Imana mu bantu.
Ni we Ngoro nshya aho Imana n’Ikuzo byayo biganje. Ntibikir ngombwa kuzamuka umusozi bajya mu Ngoro i Yeruzalemu, birahagije kwibera hafi ya Yezu kugira ngo umuntu yini¡jire mu Ngoro nshya ashobore kuyisenga by’ukuri , ayoobowe na Roho. Ingoro zindi zose ntizikiri ngombwa; muri Yezu honyine niho duhurira n’Imana.

“Nimusenye iyi Ngoro, maze mu minsi itatu nzayubake”. Umubiri washenywe wa yezu ni igitambo gitangira isezerano rishya. Nta bindi bitambo bikenewe; ntayandi maraso y’inyamaswa akenewe; nta bucuruzi bukenewe mu nzu y’Imana. Hasigaye gusa amaraso ya Yezu, hasigaye gusa Ingoro y’umubiri we; hasigaye gusa igitambo cya Yezu.Ushaka kwinjira mu Ngoro y’Imana, agomba kwinjira muri Yezu.

Bavandimwe, Igisibo ni igihe cyo kwisukura; natwe tuzi neza ko turi ingoro za Roho mutagatifu, ingoro z’Imana. Iki gihe kikaba kigomba kutubera umwanya wo gushishoza, tukareba neza, niba muri iyo ngoro nta bacuruzi buzuyemo, ntabavunjayi buzuyemo; buri wese, turebeye kuri Yezu, yarakwiye kuboha imigozi mo ikiboko maze agasuka hanze abacuruzi n’abavunjayi bose bigaruriye ingoro zacu. Imitima yau ikwiye kuzuramo gusa Imana na Roho wayo, bityo tugahorana iteka ishimo n’ibisingizo, n’umurava wo kwitangira abandi.Igisibo kikatubera umwanya wo kugira buriya burakari buhire nk’ubwa Yezu, tugasenyagura, kandi tugasuka hanze ayo meza yose y’ubucuruzi yuzuye mu mitima yacu.

Isomo rya mbere ry’uyu munsi ridufasha kumenya neza ibidakwiye tugomba gusenyagura mu Ngoro zacu; biriya byose binyuranya n’amategeko y’Imana, biriya byose binyuranya n’icyo Imana itwifuzaho(ibyo bituganisha kutizera Imana, tukiringira ibindi bindi, tukihangira ibigirwamana, tugapfukamira muntu na bintu, tugasuzugura umunsi w’Imana; ibyo bituganisha mu kinyoma, mu busambanyi, mu bwicanyi, mu bujura, etc). Aha niho tuzumvira ko “itegeko ry’Uhoraho ari indakemwa, rikaramira umutima. Amabwiriza ye akaba amanyakuri; amateka ye akaba aboneye, akanezereza umutima; amategeko ye akaba uruhehemure akamurikira umuntu”(Zab 18, 8-9).

Igihe twamenye ko Yezu ari we Ngoro nyakuri y’Imana; igihe tumaze gusukura ingoro zacu; tukemera Roho akaduturamo koko, icyo gihe ntibizatugora gutaraka nka Pawulo mutagatifu, tukatura, tukabwira bose ko “twebweho twamamaza Kristu wabambwe ku musaraba, mu gihe Abayahudi bigomba ibitangaza, Abagereki bo bashimikiriye iby’ubuhanga”.

Bavandimwe, ubuhanga bwacu ni Kristu, igitangaza cyacu ni Kristu; ntabundi buhanga dushimikiriye, nta bindi bitangaza dusaba. Muri we twabonye igitangaza cy’urukundo nyarwo Imana ikunda umuntu, twabonye ubuhanga nyabwo bw’Imana. Umusaraba we ni ibisazi ku Bayahudi(bo bumaga ko nta mukiza wo gupfa urw’ibisambo, amanitswe!); umusaraba we ukaba ubuswa ku Bagereki (kuri bo nta mana yatekereza gukora ibintu biciye bugufi nka biriya!). Ariko, ibyitwa ibisazi kuri bamwe, bikba ubuswa ku bandi, kuri twe byatubereye agatangaza!!! Kuko icyakwitwa ibisazi ariko giturutse ku Mana gitambutse kure ubuhanga bw’abantu, kandi icyakwitwa intege nke giturutse ku Mana gisumbye imbaraga z’abantu.

Muvandimwe rero, nkomeje kukwifuriza gukomeza kugira Igisibo cyiza; dukomeze dutere agatambwe tugana Pasika. Imana izi buri wese muri twe, izadufasha gushyikayo. Nikumpere imigisha isesuye, imigambi yawe yose ihore iguhira.

dimanche 8 mars 2009

ICYUMWERU CYA II CY’IGISIBO (08/03/2009)


• Amaso

o Intg 22, 1-2.9a.10-13.15-18


Nyuma y’ibyo Imana igerageza Abrahamu, irmubwira iti “Abrahamu!” arayisubiza ati “Ndi hano.” Imana iti “Fata umwana wawe, umwana wawe w’ikinege ukunda, Izaki; ujye mu karere ka Moriya. Nuhagera uzamutambeho igitambo gitwikwa, ku musozi nzakwereka.” Bageze aho Imana yari yamweretse, Abrahamu ahubaka urutambiro, arugerekaho inkwi, aboha umwana we Izaki, amushyira kuri urwo rutambiro hejuru y’inkwi. Nuko Abrahamu abangura ukuboko, afata icyuma ngo atambe umwana we. Ubwo Umumalayika w’Uhoraho amuhamagarira mu ijuru ati “Abrahamu! Abrahamu!” Undi ati “Ndi hano.” Malayika w’Uhoraho ati “Ntukoze ukuboko kuri uwo mwana! Ntugire icyo umutwara, kuko ubungubu menye ko wubaha Imana, ukaba utanyimye umwana wawe w’ikinege.” Abrahamu ngo yubure amaso, abona inyuma ye imfizi y’intama; amahembe yayo yari yafatiwe mugihuru. Abrahamu aragenda, arayifata, ayituraho igitambo gitwikwa mu kigwi cy’umwana we. Malayika w’Uhoraho ahamagarira Abrahamu mu ijuru ubwa kabiri aramubwira ati “Ndahiye mu izina ryanjye-uwo ni Uhoraho ubivuze-ubwo wangenjereje utyo, ntunyime umwana wawe w’ikinege, nzaguha umugisha; abazagukomokaho nzabaha kororoka nk’inyenyeri zo mu kirere, n’umusenyi wo kunkombe y’inyanja, maze bazigarurire amarembo y’abanzi babo. Kandi urubyaro rwawe, ni rwo amahanga yose y’isi azifurizanyamo umugisha, kuko wumviye ijambo ryanjye.”

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Rm 8, 31b-34

Bavandimwe, niba Imana turikumwe, ninde waduhangara? Yo itimanye ndetse n’Umwana wayo, ahubwo ikamudutangira twese, yabura ite kandi kutugabira byose kumwe na We? Ninde wagira icyo ashinja intore z’Imana? Ko Imana iziha kuba intungane.Ninde uzazicira urubanza? Ko Kristu Yezu yapfuye, ndetse ko yazutse, We uri iburyo bw’Imana, akaba anadutakambira.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Mk 9, 2-10

Hashize iminsi itandatu, Yezu ajyana na Petero, na Yakobo, na Yohani ukwabo mu mpinga y’umusozi muremure. Nuko yihindura ukundi mu maso yabo. Imyambaro ye irererana, irabengerana bitambutse kure uburyo umumeshi wo ku isi yashobora kuyeza. Ubwo Eliya arababonekera hamwe na Musa, baganira na Yezu. Petero ni ko guterura abwira Yezu ati “Mwigisha kwibera hano ntako bisa; reka tuhace ibiraro bitatu, kimwe cyawe, ikindi cya Musa n’ikindi cya Eliya.” Yari yabuze icyo avuga, kuko bari bahiye ubwoba. Nuko igicu kirabatwikira, maze muri icyo gicu haturukamo ijwi riti “Uyu ni umwana wanjye nkunda cyane, nimumwumve!” Ako kanya, barebye hirya no hino, ntibagira undi wundi bongera kubona, uretse Yezu wenyine warikumwe na bo. Igihe bamanukaga umusozi, Yezu abategeka kutazagira uwo batekerereza ibyo bari bamaze kubona, kugera igihe Umwana w’umuntu azaba amaze kuzuka mu bapfuye. Bakomeza kuzirikana iryo jambo, ariko banabazanya bati “Kuzuka mu bapfuye bivuga iki?”

• Kuzirikana

Mu isomo rya mbere baratubwira inkuru y’umubyeyi wacu mu kwemera, Abrahamu. Abemera twese tumwita gutyo kubera ukwemera kwe kutajegajega. Bityo tukamwita umubyeyi w’abemera bose. Uko kwemera ni ko kwatumye yiringira imigambi yose y’Imana. Inkuru ya Abrahamu ni ndende, uyu munsi twumvise agace gatoya.

Bijya gutangira, Imana yatangiye isaba Abrahamu gusiga byose, agahaguruka akagenda: “Wimuke uve mugihugu cyawe, mu muryango wawe, munzu ya so, ujye mu gihugu nzakwereka”(Intg 12, 1-4). Abrahamu arahaguruka aragenda atazi iyo agiye.

Ku byo Uhoraho amutegetse, Abrahamu, ntiyigera azuyaza; akora icyo Imana ishaka, nta kindi. Arahaguruka aragenda, agiye aho atazi; asize byose: igihugu, inzu, umuryango, umutungo, umutuzo,… byose ari ukubera kumvira. We, yiringiye gusa Imana, akayireka ikamwiyoborera. Azi neza ko ubuzima bwe bugengwa kandi buyoborwa n’Imana ubwayo. Bangahe muri twe twakwigereranya na Abrahamu? Ariko uzi ko byashobora kutubera umugambi mwiza w’Igisibo, kwiyemeza gusa na Abrahamu: kwiringira Imana, kurangamira gusa ugushaka kwayo, kwiyibagirwa, kwizitura kuri byose tugashyira imbere imigambi yayo…

Imana yari yarasezeranije Abrahamu ko izamugira umubyeyi w’umuryango munini; Abrahamu abyemera atitaye ku ngorane yabonaga zibangamiye iryo sezerano: nawe se, umugore we Sara yari ingumba, nawe ubwe kandi yarageze mu myaka 75; ariko ibyo ntibyamubujije kwiringira.

Ubwo rero hashize igihe, hashira igihe kinini koko, kigera ku myaka 24! Ubwo Abrahamu afite imyaka 99 na Sara aracyari ingumba. Ni muri iyo minsi, basuwe na Nyagasani; mbere yo gutaha ni ko kubabwira ati “nzagaruka iwawe undi mwaka iki gihe; icyo gihe Sara, umugore wawe, azaba yarabyaye umwana w’umuhungu”(Intg 18, 10).
Ariko nyine kuko ku Mana nta kidashoboka, ni uko byagenze: umwaka ukurikiyeho, umugabo ufite imyaka 100 n’umugore we w’ingumba w’imyaka 90, babyaye umwana w’umuhungu, Izaki; uwo ni we muhungu w’isezerano, uwo ni we uzakomokwaho n’urubyaro rungana n’inyenyeri zo mu kirere n’umusenyi wo kunyanja.

Bategereje imyaka 24 yose, maze mugihe byasaga nk’ibitagishobotse, Imana yuzuza isezerano ryayo. Imigambi y’Imana itandukanye n’iy’abantu, imyumvire yayo si nk’iy’abantu. Imigambi y’Imana ntiyuzuzwa uko muntu abishaka; ntiyuzurizwa igihe muntu abishaka, ahubwo yuzurizwa igihe Imana ibishatse n’uko ibishatse.
Abrahamu yagize ukwemera, ategereza ko igihe Nyagasani yagennye kigera. Imana yamusabye byinshi, imutegeka byinshi, ariko nanone imusezeranya ko azahabwa umugisha kandi akazaba umubyeyi w’umuryango mugari.

Izaki atangira gukura; maze mu gihe byose bisa nk’aho biri ku murongo, Imana yongera kumusaba ikindi kintu, noneho gikomeye pe: Imusaba ko yafata wa mwana w’isezerano, wa mwana umwe rukumbi, akajya kumuturaho igitambo. Abrahamu, ntizayuzaje, yafashe umwana we, bashyira nzira, agiye kumutangaho igitambo; ngo bageze ku musozi, byose byateguwe, Abrahamu yiteguye gutamba umwana we, Imana iramubuza.

Yewe, muri ibyo byose Abrahamu yaranzwe n’ukwemera, ukwizera n’ukumvira. Ngaho aho duhamagarirwa kugera mu kwemera: kugira ukwemera kutajegajega, nta kwibaza byinshi, ukwemera kurangamira gusa imigambi n’ugushaka kw’Imana, ukwemera gutuma twaha byose Imana. Ukwemera kudufasha kumva ko icyo turi cyo, ababyeyi, abana, abavandimwe, tubakesha Imana; kudufasha kumva ko ibyo dutunze, byose biva ku Mana; Ukwemera kudufasha kwizera ko Imana iba izi neza icyangombwa kuri buri wese.

Abrahamu yemeye kumvira Imana itari izwi, dore ko mu gihe cye no mu bwoko bwabo, hariho ibigirwamana byinshi. Twebwe twashoboye kumenya ikuzo ry’Imana, ririya ryibonewe n’Intumwa inyuma y’izuka rya Nyagasani Yezu, ariko nanone ririya yagaragarije abigishwa be Petero, Yakobo na Yohani, ubwo yihinduraga ukundi ku mu sozi wa Tabor.

Abrahamu yahuye n’ibigeragezo byinshi mu kwemera no mu kwizera yari afitiye Imana, igihe asabwe kujya gutura umuhungu we Izaki, umwana w’isezerano. Petero, Yakobo na Yohani, bakomejwe mu kwemera kwabo, ubwo nyine Yezu yihinduraga ukundi mu maso yabo. Yezu yashatse kubakomereza ukwemera kugira ngo bazashobore kwakira ibyari bigiye gukurikiraho ku musozi wa Kaluvariyo.

Mu nyigisho ze no mubuzima bwe bwa buri munsi, Yezu yashatse kumvisha abigishwa be ko, ari We, ari na bo, ntawe ushobora kugera ku ikuzo nk’iryo bari babonye, ko ntawe ushobora kugera ku ikuzo ry’izuka, atemeye kwihara we ubwe, atabanje guca mu nzira y’imibabaro “ushaka kunkurikira yihare ubwe, aheke umusaraba we, maze aze ankurikire”.

Bityo, uwemeye kwiyuha akuya, agaterera umusozi, uwemeye kwakira imvune zose z’urugendo rugana impinga yawo, uwo azabona ikuzo ry’Imana. Ahasigaye ni aha buri wese muri twe: buri wese yakagombye kwiyemeza gushyira nzira, akirekura wese, ntagire icyo yizirikaho, akemera gukurikira ijwi ry’Imana nk’Abrahamu, akemera guherekeza Yezu nka ziriya ntumwa, akemera ko ugushaka kw’Imana gukorwa muri we.

Kandi rero, ntabwo iriya nzira yakagombye kudutera ubwoba; kuko niba se Imana turikumwe, ninde waduhangara? Niba Imana yiyemeje kutujya imbere muri urwo rugendo, ni iki cyadusubiza inyuma? Ni iki cyatubuza gukomeza urugendo rwacu koko? Ibyago se, agahinda se, ibitotezo se, inzara se, ubukene se, imitego se, indwara se, cyangwa inkota? Nubwo ibyo byose byabaho, nta na kimwe cyakagombye kutubuza gukomeza inzira, nta nakimwe cyakagombye kutubuza gukataza nk’Abrahamu; kandi uwiyemeje gukomeza, muri ibyo byose aratsinda kakahava, abikesha Uwamukunze. None se, koko bavandimwe, Utarimanye ndetse n’Umwana we, akemera akamudutangirira twese, yabura ate kandi kutugabira byose kumwe na We(Rm 8, 31-39).

Dusabe Imana itwongerere kandi idukomereze ukwemera n’amizero muri Yo; Twisungane nk’abavandimwe, dusabirane, twubahane, dufashanye, tugirane inama, twumve ko tugize umuryango umwe urimo uterera umusozi uhanitse, tugumane icyizere ko tuzawuheza; iki Gisibo gikomeze kitubere umwanya wo kurushaho kuvoma imbaraga. Kristu ni Umwana w’Imana, ikunda byimazeyo, tumwumvire; nkuko na Bikira Mariya ahora abidusaba, ngo icyo adutegeka cyose tugikore.

Imana ibampere umugisha usesuye na Bikira Mariya abahoze ku mutima we wa kibyeyi.

mercredi 4 mars 2009

ICYUMWERU CYA I CY’IGISIBO (01/03/2009)


• Amaso

o Intg 9, 8-15


Imana ibwira Nowa n’abahungu be, iti “Dore ngiranye isezerano namwe n’urubyaro rwanyu, kimwe n’ibinyabuzima byose muri kumwe: inyoni, n’amatungo n’inyamaswa zose zo ku isi, mbese ibivuye mu bwato byose, ntavanyemo n’inyamaswa z’ishyamba. Ngiri rero Isezerano ngiranye namwe: nta kinyamubiri kizongera kurimburwa n’amazi y’umwuzure, kandi nta n’umwuzure uzongera kurimbura isi.” Imana iravuga iti “Dore ikimenyetso cy’isezerano ngiranye namwe, n’ibifite ubuzima byose muri kumwe, uko ibisekuruza byanyu bisimburana: nshyize umukororombya wanjye mu gicu, uzaba ikimenyetso cy’isezerano ngiranye n’isi. Ninkoranyiriza ibicu hejuru y’isi, mukabona uwo mukororombya, nzibuka Isezerano ngiranye na mwe, n’ikinyabuzima cyose; amazi ntazongera kuba umwuzure warimbura ibinyamubiri byose.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o 1Pet 3, 18-22

Koko rero, Kristu ubwe yapfuye rimwe rizima azize ibyaha by’abantu; bityo, nubwo ari intungane, apfira abagome kugira ngo abayobore ku Mana, abanje gupfa ku bw’umubiri, nuko agasubizwa ubuzima ku bwa Roho. Nuko ajya kwigisha ndetse n’abari bafungiye mu buroko bw’Ikuzimu, babandi bigomekaga ku Mana kera, mu gihe Yo yihanganaga birebire, kugeza kuri ya minsi Nowa yubakga ubwato ubwato, aribwo bwinjiwemo n’abantu bake, bagera ku munani, maze bagakizwa n’amazi. Ayo mazi yagenuraga batisimu ibakiza ubu ngubu: ariko atari iyuhagira ubwandure bw’umubiri, ahubwo yayindi ibaha kugana Imana mufite umutima utunganye, ikabakirisha izuka rya Yezu Kristu, wazamutse mu ijuru, none akaba ari iburyo bw’Imana, akayobokwa n’Abamalayika, Abanyabutegetsi n’Abanyabubasha.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Mk 1, 112-15

Ako kanya Roho Mutagatifu amuganisha mu butayu. Ahamara iminsi mirongo ine, ashukwa na Sekibi. Yahabanaga n’inyamaswa, abamalayika bakamuhereza. Yohani amze gutangwa, Yezu aza mu Galileya. Yamamza Inkuru Nziza y’Imana, avuga ati “Igihe kirageze, none Ingoma y’Imana iregereje. Nimwisubireho maze mwemere Inkuru Nziza!”

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu

• Kuzirikana

Nyuma y’iminsi mirongo ine mu butayu, atarya, Yezu Kristu ashukwa na Sekibi. Yezu Kristu “yageragejwe muri byose, ku buryo bumwe natwe, ariko ntiyatsindwa n’icyaha”(Heb 4, 15). Ikibabaje ni uko nyine twebwe ibigeragezo bitugusha mu cyaha, kuko dufatirwa kuri kamere yacu, iriya yakomerekejwe ku buryo bukomeye n’icyaha cy’inkomoko. Bityo rero, ntitwajyaho ngo tuvuge ko tutazigera tugwa mu bishuko; yewe, ntitwanavuga ko tutazigera tugwa mu cyaha; dore ko banavuga ko n’intungane bwira icumuye karindwi(Imig 24, 16). Gusa rero, ibanga ryo kwikura mu bishuko turisanga nyine muri iryo jambo ryo mu gitabo cy’Imigani “koko rero, intungane n’iyo yagwa incuro ndwi, irongera ikabyuka, naho abagome borama mu makuba”. Itandukanirizo hagati y’umuntu ugerageza inzira y’ubutungane n’umuntu watwawe n’icyaha, si uko intungane itigera ikora icyaha, ahubwo ni uko iyo iguye, yongera igahaguruka n’aho uworamye mu cyaha akaba atajya yicuza ibyo akora, ahubwo agahora agambiriye gukora ibindi byinshi kurushaho.

Nta numwe muri twe ushobora kwirengangiza urugamba Pawulo Mutagatifu atubwira: “Nimwambare intwaro zikomoka ku Mana, kugira ngo mubashe guhangara imitego ya sekibi. Erega abanzi turwana si abantu, ahubwo abo turwana ni Ibikomangoma, n’Ibihangange, n’Abagenga b’iyi si y’umwijima, n’izindi roho mbi zo mu kirere”(Ef 6, 11-12).

Bityo rero ntawe ushobora kwicara ngo yinumire, yibwira ko atazigera ahura n’ibishuko. Ikindi kandi, Imana yashatse ko uko kurwanya ibishuko, kugira igihembo cy’ubuzima bw’iteka: “Hahirwa umuntu uba intwari mu bigeragezo, kuko namara kugeragezwa, azahabwa ikamba ry’ubugingo Imana yasezeranije abayikunda”(Yak 6, 12).

Biriya bishuko rero bya Yezu Kristu bikaba bitwigisha uburyo tugomba kwitwara igihe tugeze mu gihe cy’ibishuko. Icyo tugomba kumenya ni uko Sekibi ntakindi ishaka atari ukugira bamwe muri twe yoreka mu muriro w’iteka; aho akaba ariho Petero Mutagatifu ahera atubwira ati “Murabe maso, mumenye kwiramira, kuko umwanzi wanyu Sekibi ariho azerera nk’intare itontoma, ashaka uwo yatontomera”(1Pet 5, 8).

Ariko rero tugomba kugira amizero n’ukwemera bishyitse mu Mana, Umubyeyi wacu. Niba Imana yemeye ko twagwa mu gishuko, ntiyigera yemera ko twagwa mu bishuko tutashobora gutsinda, birenze imbaraga zacu. Tugomba kumenya kandi ntidushidikanye ko igihe twagirijwe n’ibishuko, ni nabwo duhabwa ingabire nyinshi zidufasha kubitsinda, “Ntabwo mwigeze muterwa n’ibishuko bibarenze. Imana ni indahemuka; ntiyakwmera ko mushukwa birenze birenze imbaraga zanyu; ahubwo izaba uburyo bwo kwivana mu bishuko n’imbaraga zo kubyihanganira”(1 Kor 10, 13).

Ncuti , muvandimwe, isengesho ni ryo rya mbere ridufasha kwikura mu bishuko twahura nabyo; isengesho ni ryo rituma duhora turi maso; “Nimube maso kandi mwambaze , kugira ngo mutaza kugwa mu gishuko”(Mt 26, 41).

“Ntudutererane mu bitwoshya”, uko ni ko Yezu Kristu atwigisha muri DAWE URI MU IJURU. Isengesho rituma Sekibi itatuganza; tuzi neza ko isengesho rituzanira ingabire nyinshi twakenera muri urwo rugamba, kuko “Niba Imana turikumwe, ni nde waduhangara?”(Rm 8, 31).

Igihe twigobotoye ibishuko tujye tumenya gushimira uduha imbaraga zo gutsinda, uriya udatuma duheranwa n’ikibi; igihe twongeye kugwa mu gishuko tujye tumenya gusaba imbaraga no gusaba imbabazi, duhabwe isakramentu ry’imbabazi; kuko nta na rimwe Imana yacu izadutererana kuri urwo rugamba, kandi tuzi neza ko insinzi ari iy’Imana yacu.

Ncuti, muvandimwe, nkomeje kukwifuriza ibihe byiza muri iki Gisibo. Imana iguhunde ingabire nyinshi muri iyi nzira igana Pasika.

P. Oscar Uwitonze