• Amasomo
o Am 7, 12-15
Amasiya ni ko kubwira Amosi ati “Ngaho genda, wamubonekerwa we; cika ujye mugihugu cya Yuda; ho uzashobora kwirwanaho no guhanura! Naho hano i Beteli ntuzongere kuhahanurira kuko ari ingoro y’umwami, urusengero rwa cyami!” Amosi asubiza Amasiya, ati “Sinari umuhanuzi, sinari n’umwe mu itorero ry’abahanuzi; nari umworozi, ngakonora n’ibiti byera imbuto. Nyamara Uhoraho yankuye inyuma y’amatungo, nuko arambwira ati ‘Genda uhanurire umuryango wanjye Israheli!’
- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana
o Ef 1, 3-14
Nihasingizwe Imana, Se w’Umwami wacu Yezu Kristu, Yo yadusesekajemo imigisha y’amoko yose, ituruka kuri Roho, mu ijuru, ku bwa Kristu. Nguko uko yadutoreye muri we nyine,mbere y’ihangwa ry’ibiriho byose, kugira ngo tuzayihore imbere mu rukundo, turi intungane n’abaziranenge. Igena ityo mbere y’igihe, ko tuzayibera abana yihitiyemo, tubikesheje Yezu Kristu. Uko ni ko yabyishakiye ku buntu bwayo, kugira ngo izahore isingirizwa ingabire yaduhereye ubuntu mu Mwana wayo w’Inkoramutima. Ni We dukesha ugucunguzwa amaraso ye, tukamuronkeramo imbabazi z’ibyaha byacu, ku rugero rw’ubusendere bw’ineza yayo,ikaba yarabudusesekajemo ibigiranye ubuhanga n’ubumenyi bwose. Yaduhishuriye ibanga ry’ugushaka kwayo, wa mugambi wuje urugwiro yari yifitemo kuva kera, ngo izawuzuze ibihe bigeze: umugambi wo gukoranyiriza ibintu byose ku Mutware umwe rukumbi, Kristu, ari ibiri mu ijuru, ari n’ibiri ku isi. Ni we kandi twatorewemo tugenwa mbere y’igihe ku buryo buhuye n’umugambi w’Ugenga byose, kugira ngo twebwe abashyize amizero muri Kristu, tubonereho gusingiza ikuzo ryayo. Namwe rero, aho mumariye kumvira ijambo ry’ukuri, ari yo Nkuru Nziza y’ugukizwa kwanyu, mukaryemera, ni we mukesha kuba mwarashyizweho ikimenyetso cya Roho Mutagatifu wasezeranywe, ari na We musogongero w’umugabane twagenewe, ubanziriza icungurwa ry’umuryango Imana yironkeye, ngo ihore isingirizwa ikuzo ryayo.
- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana
o Mk 6, 7-13
Nuko ahamagara babandi Cumi na babiri, abohereza babiri babiri mu butumwa, abaha n’ububasha kuri roho mbi. Abategeka kutagira icyo bajyana murugendo, kereka inkoni yonyine; nta mugati, nta ruhago, ntabiceri mu mukandara, keretse kwambara inkweto z’urugendo, ati ariko “Ntimwambare amakanzu abiri.” Yungamo ati “Urugo muzinjiramo rwose, muzarugumemo kugeza igihe muhaviriye. Nimugera ahantu ntibabakire kandi ntibabumve, mujye muhava mubanje gukunguta umukungu uri ku birenge byanyu, bibabere ikimenyetso kibashinja.” Nuko baragenda, batangaza ko abantu bagomba kugarukira Imana. Birukana roho mbi nyinshi, kandi basiga abarwayi benshi amavuta, barabakiza.
- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu
• Kuzirikana
“Nihasingizwe Imana, Se w’Umwami wacu Yezu Kristu”... “Imana isingizwe!” ni ijambo tumaze kumenyera, ritubangukira mu bihe by’ibyishimo yewe no mu bihe bikomeye by’akababaro: “Ni ukuri Imana isingizwe; Imana ihabwe ikuzo!”
Pawulo Mutagatifu akunze kugira amagambo meza cyane akoresha ataraka ahimbaza Imana, ayishimira! Uyu munsi, impamvu atanga z’ibyishimo bye, ni uko Imana yadusesekajemo imigisha y’amoko yose, ku bwa Kristu; yadutoye mbere y’ihangwa ry’ibiriho byose, kugira ngo tuzayihore imbere mu rukundo, turi intungane n’abaziranenge. Kandi ibyo byose idukorera, ni ko yabyishakiye ku buntu bwayo. Kubera ineza yayo, Imana yaratwitoreye, iduhunda ingabire z’amoko yose.
Imana ni yo yihamagariye umuhanuzi Amosi imukuye inyuma y’amatungo, no mu mirima ye: “Sinari umuhanuzi, sinari n’umwe mu itorero ry’abahanuzi; nari umworozi, ngakonora n’ibiti byera imbuto.”
Nihasingizwe Imana, Se wa Yezu Kristu, yo yatuvanyemo kure, ahatazwi, muri byinshi ikatugira abayo. Imana yankuye mu biki? Imana yagukuye mu biki? Dusubize amaso inyuma nk’uriya muhanuzi, tuzirikane aho Nyagasani ahora atuvana, yifuza ko twaba intungane n’abaziranenge, muri Kristu.
Uhoraho yakuze Amosi mu mirima ye no mu matungo, imuha ubudni butumwa, imutuma ku muryango we: “Nyamara Uhoraho yankuye inyuma y’amatungo, nuko arambwira ati ‘Genda uhanurire umuryango wanjye Israheli!”
Bavandimwe, Uhoraho ntawe akura mu bye, atamufitiye ikindi amuteganiriza; yadukuye mubyo twabagamo, agira ngo adutume: “Nuko ahamagara babandi Cumi na babiri, abohereza babiri babiri mu butumwa”.
Ibyo abahanuzi batangiye mu Isezerano rya kera, byarakomeje no mu gihe cya Yezu Kristu, wahamagaye intumwa ze, azikuye mu bindi, dore ko bamwe bari abarobyi, abandi abasoresha, ni uko akabtuma kwamamaza amagambo yose bari baramwumvanye. Nyuma y’aho asubiriye mu Ijuru, Kristu akomeza kudutuma abigirishije Kiliziya ye.
Bityo rero umugambi w’Imana urakomeza: kugira abantu bose intungane n’abaziranenge, ku bwa Kristu.
Aho twiteguye kuba intumwa za Nyagasani? Aho twiteguye gusiga ibyo twarimo, amatungo yacu, imirima yacu nk’umuhanuzi Amosi? Byongeyeho ko kubwira ab’iyi si bitoroshye kuko akaenshi batumva ijambo tubashyiriye. Ku cyumweru gishize nibwo twumvaga Uhoraho atubwira ngo “nzi neza ko ari umuryango w’ibirara n’ibyiomeke; none rero, wowe genda ubabwire, bakumva, batakumva, byibura bamenye ko muri bo harimo umuhanuzi.” Ngibyo, Nguko!
Yezu Kristu, mu Ivanjili, arimo arongera ahubwo n’andi mabwiriza asa nk’aho akanganye “Abategeka kutagira icyo bajyana murugendo, kereka inkoni yonyine; nta mugati, nta ruhago, ntabiceri mu mukandara, keretse kwambara inkweto z’urugendo, ati ariko “Ntimwambare amakanzu abiri.”
Yezu Kristu, arifuza ko hatagira utwarwa n’uducogocogo tw’ubuzima, kuko icyangombwa ari ukwamamaza Inkuru nziza ye:kwamamaza urukundo n’impuhwe by’Imana yacu; kwamamaza ubutungane, ukwirinda icyaha cyose, amahoro, ubutabera, ubwubahane, ubuvandimwe, ugusaranganya.
Yezu Kristu nawe azi neza ko bitazorohera benshi kutwakira, ni yo mpamvu aduteguza adusaba kudacika intege “Nimugera ahantu ntibabakire kandi ntibabumve, mujye muhava mubanje gukunguta umukungu uri ku birenge byanyu, bibabere ikimenyetso kibashinja.” Ngibyo , nguko!
Imana itwongerere imbaraga kugira ngo turusheho kwitangira ubutumwa yadushinze ubwo twiyemezaga kuyibera abayoboke muri Batismu, no kuyibera abahamya mu Isakramentu ry’Ugukomezwa. Ntiduhagarike umutima twibaza kukizadutunga n’ibyo tuzambara n’aho tuzacumbika, kuko yatwijeje ko umukozi wese agomba igihembo cye; none se we ushobora gutunga inyoni zo mu kirere zitabiba, akambika indabo zo mumurima, azabura ate kwita kubamukomeyeho, bamwamamaza ubutitsa! Ijambo ry’Imana ni irinyakuri kandi rikwiye kwizerwa.
Mbifurije ibihe byiza byuje imigisha isesuye ikomoka kuri Nyagasani Imana, Umubyeyi wa Yez Kristu n’Uwacu. Nkanabashyira mu biganza by’umubyeyi Bikira Mariya ngo akomeze adutoze uburyo nyabwo bwo kwakira ugushaka kw’Umwana we.
Maze rero, Imana yacu nikomeze isingizwe, ubu n’iteka ryose!
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire