vendredi 11 septembre 2009

ICYUMWERU CYA XXIV GISANZWE – B –(13 NZERI 2009)

  • Amasomo
    • Iz. 50, 5-9a

Nyagasani Uhoraho yanzibuye amatwi, nanjye sinabyangira, ndetse sinatezuka. Nanategeye umugongo abankubitaga, imisaya yanjye nyitegeza abamfuraga ubwanwa; uruhanga rwanjye sinaruhisha abantukaga, bancira mumaso. Cyakora Nyagasani Uhoraho arantabara, agatuma ibitutsi bitanca intege. Uruhanga rwanjye ndarukomeza nk'ibuye, kandi nzi ko ntazakorwa n'ikimwaro. None se ko undenganura ari hafi, ninde watinyuka kumburanya? Naze tujyane imbere y'umucamanza! Ni nde uzanshinja mu rubanza? Ngaho niyigaragaze, maze anyegere! Ni byo rwose, Nyagasani Uhoraho arantabara; ninde rero wanshinja icyaha?

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


     

    • Yak. 2, 14-18

Byaba byunguye iki se, bavandimwe banjye, umuntu avuze ko afite ukwemera, niba adafite ibikorwa? Uko kwemera se gushobora kumukiza? Niba umuvandimwe wawe cyangwa mushiki wawe bambaye ubusa, cyangwa se badafite ibyo kurya bya buri munsi, maze muri mwe hakagira ubabwira ati "Nimugende amahoro, mwote kandi muryoherwe", atabahaye ibibatunga byaba bimaze iki? Bityo rero, n'ukwemera kutagira ibikorwa kuba kwarapfuye ubwako. Ariko wenda hagira uvuga ati "Wowe ufite ibikorwa, naho njye nkagira ukwemera!" Uwo namusubiza nti "Nyereka ukwemera kwawe kutagira ibikorwa, naho njye nkwereke ibikorwa bigaragaza ukwemera kwanjye.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


     

    • Mk. 8, 27-35

Yezu ajyana n'abigishwa be, agana mu nsisiro za Kayizareya ya Filipo. Bakiri mu nzira, abaza abigishwa be ati "Abantu bavuga ko ndi nde?" Baramusubiza bati "Ngo uri Yohani Batisita, abandi ngo uri Eliya; naho abandi ngo uri umwe mu bahanuzi." Ati "Mwebwe se, muvuga ko ndi nde?" Petero aramusubiza ati "Uri Kristu." Nuko yezu arabihanagiriza ngo ntibagire uwo babibwira. Nuko atangira kubigisha ko Umwana w'umuntu agomba kuzababara cyane, agacibwa n'abakuru b'imiryango, n'abaherezabitambo bakuru, n'abigishamategeko, akicwa, ariko akazuka nyuma y'iminsi itatu. Ibyo yabibabwiye akomeje. Nuko Petero aramwihugikana, atangira kumutonganya. We ariko arahindukira, maze areba abigishwa be, acyaha Petero, amubwira ati "Hoshi, mva iruhande Sekibi! Kuko ibitekerezo byawe bitavuye ku Mana, ahubwo ku bantu." Nuko ahamagara rubanda hamwe n'abigishwa be, arababwira ati "Niba hari ushaka kunkurikira, yiyibagirwe ubwe, aheke umusaraba we, maze ankurikire! Kuko uzashaka gukiza ubugingo bwe azabubura, naho uzahara ubugingo bwe kubera jyewe n'Inkuru Nziza, azabukiza.

  • Iyo ni Ivanjili ntagatifu
  • Uragasingizwa Kristu

ICYUMWERU CYA XXIII GISANZWE – B- (06 NZERI 2009)

  • Amasomo
    • Iz. 35, 4-7a

Mubwire abakutse umutima, muti "Nimukomere, mwoye gutinya; dore Imana yanyu. Ije guhora abanzi banyu, ni cyo gihembo cyanyu. Iraje ubwayo kubakiza." Nuko impumyi zazabone, n'ibipfamatwi bizumve. Abacumbagiraga bazasimbuke nk'impara, n'iminwa y'ibiragi itere urwamo rw'ibyishimo. Ubutayu buzavubukamo amasoko n'imigezi itembe ahantu h'amayaga. Ubutaka butwika buzahinduka ikiyaga, akarere kishwe n inyota kazavubukemo amasoko y'amazi.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


     

    • Yak. 2, 1-5

Bavandimwe, ntimukitiranye kwikundira abantu bamwe n'ukwemera mufite muri Nyagasani Yezu Kristu wisesuyeho ikuzo. Koko rero, niba mwikoraniro ryanyu hinjiye umuntu ufite impeta za zahabu, wambaye neza cyane, hakinjira n'umukene wambaye imyenda y'ibishwangi, maze mukarangamira umuntu wambaye imyambaro myiza, mukamubwira muti " Wowe, icara muri uyu mwanya w'icyubahiro", naho umukene mukamubwira muti " Wowe, hagarara hariya" cyangwa se "Wicare mu nsi y'akabaho nkandagizaho ibirenge byanjye", ubwo se ntimuba mwivanguye ubwanyu? Ntimuba se mubaye abacamanza b'ibitekerezo bifutamye? Nimwumve, bavandimwe nkunda! Mbese nyine, Imana si Yo yahisemo abakene muri iyi si, kugira ngo babe abakungahazwe mu kwemera, n'abagenerwamurage b'Ingoma Imana yasezeranije abayikunda?

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


     

    • Mk. 7, 31- 37

Yezu ava mu gihugu cya Tiri yambukiranya igihugu cya Sidoni, agaruka kunyanja ya Galileya, yerekeje kuri Dekapoli. Nuko bamuzanira igipfamatwi kidedemanga, baramwinginga ngo amuramburireho ibiganza. Amavana muri rubanda, amujyana ahitaruye, ashyira intoki ze mu matwi ye, nuko acira amacandwe ayamukoza kururimi. Hanyuma yubura amaso ayerekeje ku ijuru, asuhuza umutima ati "Efata", bikavuga ngo "Zibuka." Ako kanya, amatwi ye arazibuka, n'ururimi rwe ruragobodoka, maze atangira kuvuga neza. Maze Yezu abihanangiriza kutagira uwo babibwira, nyamara uko abihanangiriza, akaba ariko barushaho kubyamamaza. Bagatangara cyane bakavuga bati "Byose yabikoze neza; atuma ibipfamatwi byumva n'ibiragi bivuga."

  • Iyo ni Ivanjili ntagatifu
  • Uragasaingizwa Kristu