vendredi 2 janvier 2009

Umunsi mukuru wa Bikira Mariya, Umubyeyi w’Imana(1mutarama2009-Bonane!)



• Amasomo

o Ibar 6, 22-27


Uhoraho abwira Musa ati “Dore ibyo uzabwira Aroni n’abahungu be: Abayisraheli muzajya mubaha umugisha muvuga muti: ‘Uhoraho aguhe umugisha, kandi akurinde! Uhoraho akurebane impuhwe, kandi agusakazemo inema ze! Uhoraho akwiteho, kandi aguhe amahoro!’ Nguko uko bazanbariza izina ryanjye ku Bayisraheli, nanjye mbahe umugisha.”

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Gal 4, 4-7

Ariko igihe cyagenwe kigeze, Imana yohereje Umwana wayo, avuka kumugore, kandi avuka agengwa n’amategeko, kugira ngo acungure abari bakigengwa n’amategeko, maze duhabwe kuba abana b’Imana yihitiyemo. Kandi koko muri abana b’Imana, yo yohereje Roho w’Umwana wayo mu mtima yanyu ngo arangurure ijwi agira ati “Abba, Data”. Bityo rero ntukiri umugaragu, ahubwo uri umwana; kandi ubwo uri umwana, Imana iguha kuba n’umugenerwamurage.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Lk 2, 16-21

Nuko bagenda bihuta, basanga Mariya na Yozefu n’uruhinja ruryamye mu kavure. Bamaze kureba bamenyesha hose ibyo bari babwiwe kuri uwo Mwana. Maze ababumvaga bose, batangazwa n’ibyo abashumba bavugaga. Mariya we yashyinguraga mu mutima we ibyabaye byose, akabizirikana. Nuko abashumba bataha bakuza Imana kandi bayisingiza, babitewe n’ibyo bari babonye kandi bumvise bihuje n’uko bari babibwiwe. Hashize iminsi umunani, igihe cyo kugenya umwana kiragera; bamwita izina rya Yezu, Malayika yari yaramwise atarsamwa.

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu

• Inyigisho

Bavamdimwe, ncuti, ntore z’Imana, UMWAKA MWIZA; UMWAKA MUHIRE; UMWAKA MUTAGATIFU; UMWAKA W’AMATA N’UBUKI!


Uyu munsi Kiliziya ihimbaza umunsi mukuru wa Bikira Mariya, Umubyeyi w’Imana; igahimbaza umunsi wo gushimira Imana kubera umwaka mushya tuba twinjiyemo; igahimbaza umunsi w’amahoro ku isi hose. Mu ijambo rimwe: Ni umunsi w’ibyishimo! Dushimire Imana yaturemye idukunze kandi idufitiye umugambi; dushimire Imana yashatse kuzuza uwo mugambi wayo, ubwo yemeye kutwegera ikigira umuntu ka twe, igatura muri twe ngo tubone mukiro. Ibyo ni byo Pawulo Mutagatifu atubwira mu isomo rya kabiri “Ariko igihe cyagenwe kigeze, Imana yohereje Umwana wayo, avuka kumugore, kandi avuka agengwa n’amategeko, kugira ngo acungure abari bakigengwa n’amategeko, maze duhabwe kuba abana b’Imana yihitiyemo”.

Ni ukuri pe, uwo mugore uvugwa muri iri somo ni Bikira Mariya. Uyu niwe nyina wa Jambo; none se, bavandimwe, mu ntangiriro Jambo yariho, yabanaga n’Imana kandi yari Imana; mu biriho byose nta na kimwe cyaremwe bitamuturutseho. Jambo uwo, ni we Yezu, umwana wa Mariya. Bikira Mariya ni nyina w’Imana, yatubyariye Imana, twibonera ikuzo ryayo, yinjira mu mateka yacu, itwereka inzira nyayo iganisha ku bugingo buhoraho.

Kuri uyu munsi turifurizanya ibyiza byinshi, byose bibaho: turandikirana ( ku buryo bunyuranye buriho), tugatelefonana, tugasurana, tugasangira ibyishimo; Imana ibishimirwe. Kandi ni mugihe kurangiza umwaka, ugatangira undi ni impamvu nyayo yo gutuma umuntu yishima. Gusa rero, Kiliziya yashatse ko abemera duhimbaza uyu munsi turangamira Mariya Mutagatifu ngo tumwigireho uburyo nyabwo bwo gushima. Mariya ni umubyeyi w’Imana akaba n’umubyeyi wa Kiliziya, akaba umubyeyi wacu; umubyeyi wese aharanira kwigisha abana be, kubatoza uburyo nyabwo bwo kwitwara mu bihe binyuranye by’ubuzima ( mu mvugo no mu ngiro). Uyu munsi rero turamwigiraho uburyo bunoze twasozamo Umwaka dutangira undi.

Mu Ivanjili, twasomye aho batubwira ko “Mariya we yashyinguraga mu mutima we ibyabaye byose, akabizirikana”. Ngiyo inzira ihamye, nguko uko Mariya atwigisha guhimbaza iminsi mikuru y’impera n’intangiriro z’umwaka.

Uwo Mubyeyi, tumwigiraho kwitegereza, gutega amatwi; tuumwigiraho gutuza, gushyingura mu mutima byinshi duhura nabyo mubuzima, byinshi twahuye nabyo muri uyu mwaka urangiye, byinshi tuzahura nabyo mu mwaka utangiye; tumwigiraho kuzirikana.
Muri ino minsi hari twa “messages” twiza nagiye nakira kuri telefoni tw’abavandimwe banyuranye, banyifuriza ibyiza ku buryo buhimbaje; bakambwira amezi agize umwaka (12) bakagira icyo banyifurizamo, bakambwira ibyumweru (52), bakagira icyo banyifuriza, bakambwira iminsi(365), amasaha (8760), iminota (525600) n’amasegonda (31536000), hose bakagenda bagira icyo banyifuriza. Ako ka “message” kamfashije nyine kurushaho gutekereza ko nubwo twishimira kenshi ko umwaka urangiye, tukaba dutangiye undi, umuntu agomba guhora ashimira Imana kubera isegonda rirangiye, kubera umunota urangiye, kubera isaha irangiye, kubera umunsi, icyumweru, ukwezi se... hakabaho imvugo yo kubwirana tuti “umunsi mushya muhire, isaha nshya nziza”, ni uko.

Umuntu wese wigira kuri Mariya , agafata umwanya wo kuzirikana, ahora abona ikiganza cy’Imana muri buri munota,buri saha y’ubuzima; ahora abona ibitangaza by’Imana muri iyi si. Uko kuzirikana ku byiza Nyagsani akorera isi, akorera imiryango yacu, akorera buri wese, ntibigomba gutegereza ko tumara iriya minsi 365 kugira ngo twikore ngo tugiye gushimira Imana ngo aha turangije umwaka. Pawulo Mutagatifu niwe utubwira ati “Kandi mujye muhora mushimira”.

Bavuga ko iminsi ikurikirana ariko idasa; njye navuga ko amasaha, iminota, yewe n’amasegonda akurikirana ariko adasa; buri imwe izana ibyayo burya. None se bangahe tuba turikumwe, nyuma y’iminota 3, 20, 40 se, tukumva ko hari icyahindutse mu buzima bwabo! Ntitwakagombye gutegereza Bonane ngo tubone kuzasangira ibyiza n’uwawe cyangwa se n’incuti yawe; ntitwakagombye gutegereza Bonane kugira ngo twandikire umuvandimwe, kugira ngo duhamagare umuvandimwe, kugira ngo tugenere “cadeau” umuvandimwe, etc. Igihe cyose duharanire gufasha umuvandimwe kwishima.

Uyu munsi kandi, Kilizya idusaba kuzirikana ku muhamagaro wacu wo guharanira amahoro muri iyi si dutuyemo. Uyu mwaka, Papa wacu, Benedigito wa XVI yifuje ko twazirikana ku buryo abantu bose baharanira kurwanya ubukene, bagaharanira kubaka amahoro.
Mu gihe duhimbaza iyi minsi mikuru y’impera n’intangiriro z’umwaka, impande n’impande muri iyi si yacu haravugwa impagarara zinyuranye kandi zihitana abantu; haravugwa iterabwoba, rihitana abantu; haravugwa ubwiyahuzi buhitana abantu; haravugwa intambara, intwaro zirirwa zakamejeje zoreka imbaga; ngibyo nguko! Iyi si yacu ikeneye amahoro. Akarere kacu se ko nyine, ngo iki? Nako gakeneye amahoro: Intambara tuzi icyo ari cyo, imyiryane, tuzi icyo ari icyo; kubura uwawe tuzi icyo bisobanura, tuzi uburyo biremera kubyakira; gutana n’uwawe mukabaho intatane, umwe aha, undi hariya, tuzi icyo bivuga n’uburyo bivuna; bityo rero dukeneye amahoro arambye.

Buri wese Kiliziya iramusaba kuba igikoresho cy’amahoro; buri wese ayimike mu mutima we, buri wese ayubake iwe, buri wese ayasabe, ariko anayaharanire. Buri wese yamagane ikitwa intambara cyose, ikitwa ubugome cyose, ikitwa ubugizibwanabi cyose, ikintu cyose cyahungabanya ubuzima bw’umuntu, bugahungabanya ibye; icyo cyose aho kiva kikagera ntigiteze gutanga amahoro.

Amahoro nyayo, yubakirwa kuri Kristu; ni We Mwami w’amahoro. Umwakiriye wese abaho uko Nyagasani ashaka, kandi Nyagasani ashaka ko twabaho mu rukundo; ubaho murukundo agira amahoro kandi agatanga amahoro. Ushaka kubaka amahoro abona muri mugenzi ingoro y’amahoro n’isoko y’amahoro. Uharanira amahoro agendera kure ikinyoma akimika ukuri; agendera kure akarengane akimika ubutabera; yirinda amarangamutima atandukira akarangwa no gushyira mu gaciro. Uharanira amahoro abona muri buri muntu, umuvandimwe basangiye urugendo muri iyi si twahawe na Rurema.

Uyu munsi, Papa wacu akadusaba guhaguruka tukarwanya ubukene.

Bavandimwe, mu gihe duhimbaza iminsi mikuru nkiyi , twakagombye kuzirikana ko Imana ntacyo itatugabiye. Tubara amasaha tukabara iminsi, amezi n’imyaka; bityo rero ibihe birasimburana. Yaduhaye ibihe by’izuba n’ibihe by’imvura; ibihe by’ubushyuhe n’ibihe by’ubukonje; muri ayo mezi n’iyo myaka yaduhayemo ibihe by’uburumbuke, bityo ibyo dukoze byose ntibitubere imfabusa ahubwo tubikeshe guhembuka. Buri wese mu mbaraga n’ubwenge yahawe, ahamagarirwa guharanira gukora igihe n’ahantu twagabiwe: Umuhinzi, umucuruzi, umunyeshuri, umunyabiro, umunyapolitiki, uwihayimana, ... buri wese akagira uruhare mu kubyaza imbuto iyi si Rugira yagabiye abantu ngo babashe kubaho neza.

Gusa rero twese ntiduhwanya ishyaka mu kazi, ntiduhwanya ubwenge n’imitekerereze, ntiduhwanya ingufu, tutiyibagije ko harimo n’abafite ubumuga ubu n’ubu budatuma bagira icyo bikorera ngo babeho, abo bose rero bakenera abandi kugira ngo nabo babeho neza.

Ikigaragara ni uko abantu twese tutariho kimwe: hari abafite byinshi, hari abafite ibiringaniye, hari abafite bike, hari n’abafite bike cyane, nanze kuvuga ko hari abadafite namba. No ku rwego rw’ibihugu ni uko bimeze. Icyo uyu munsi dusabwa, ni ukuzirikana ku buryo bwo gusaranganya. Mu byiza Rugira yagabiye abantu, ntihakagombye kugira umuntu kuri yi si ubaho atabona icyo afungura ngo aramuke; ntihakagombye kubaho umuntu ubaho , yarwara ntabone uko yivuza; ntihakagombye kubaho umuntu utagira icyo yikinga, icyo yambara. Ariko ikigaragara ni uko abo bantu bariho, kandi mu bihugu byose. Uko gusaranganya bireba buri wese, bireba buri gihugu. Uwakiriye wese Kristu ho Umukiza, amusanga no muri abo bose bababaye, abo Yezu yita ko baciye bugufi; bityo ni naho azahera atubwira ati “ ibyo wagiriye umwe wari uciye bugufi, ninjye wabigiriye , none ngwino wishimane na shobuja, cyangwa se ibyo utagiriye urya wari uciye bugufi ni njye utabigiriye, jya kure yanjye, aho baganya, bahekenya amenyo”. Ngibyo, nguko!

UMWAKA MWIZA, MUHIRE KANDI MUTAGATIFU KURI BURI WESE!!

P. Oscar Uwitonze
Nelaur38@gmail.com

Aucun commentaire: