samedi 29 août 2009

ICYUMWERU CYA XXII GISANZWE- B- (30 KANAMA 2009)

  • Amasomo
    • Ivug. 4, 1-2. 6-8

None rero, Israheli, umva amategeko n'imigenzo mbigisha ubwanjye gukurikiza, maze muzabone kubaho no kwinjira mu gihugu Uhoraho Imana y'abasokuruza banyu abahaye ngo mukigarurire. Ntimuzagire icyo mwongera ku mgambo y'amategeko mbahaye, ntimuzagire n'icyo mugabanyaho, kugira ngo mukomeze amategeko y'Uhoraho Imana yanyu mbashyikirije. Muzayakomereho, muyakurikize; ni cyo kizatuma muba abanyabwenge mu maso y'amahanga. Abazabwirwa iby'aya mategeko yose, bazavuga bati "Ntakabuza iri hanga rikomeye ritya rigomba kuba ari iry'abantu b'abanyabwenge kandi b'impuguke." Koko se hari irindi hanga rikomeye ryagira imana ziriba hafi nk'uko Uhoraho Imana yacu abigenza igihe cyose tumutabaje?Ni irihe hanga rikomeye ryagira amategeko n'imigenzo biboneye nk'iri Tegeko mbagejejeho uyu munsi?"

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


     

    • Yak. 1, 17-18. 21b-22.27

Bavandimwe, ikitwa ingabire y'agaciro cyose, n'ituro rishyitse iryo ari ryo ryose, bikomoka mu ijuru ku Mubyeyi w'urumuri, we udahinduka kandi natume habaho umwijima uturutse ku mihindagurikire y'ibihe. Ni ku bwende bwe bwite yatwibyariye akoresheje ijambo rye ry'amanyakuri, kugira ngo tube imena mu biremwa bye. Nimwakirane urugwiro ijambo ryababibwemo kandi rishbora kubakiza. Mube abantu bagaragaza mu bikorwa ijambo ry'Imana, kuko kwishimira kuryumva byonyine ari ukwibeshya. Iyobokaman risukuye kandi ritagira amakemwa mu maso y'Imana Data ni iri ngiri: ni ugusura imfubyi, n'abapfakazi mu magorwa yabo, kwirinda ubwandu bwose bwo kuri iyi si, kugira ngo ube umuziranenge.

  • Ijambo ry'Imana
  • Dushimiye Imana


     

    • Mk 7, 1-8.14-15.21-23

Abafarizayi bamwe mu Bigishamategeko bari baturutse i Yeruzalemu, bateranira i rihande rwa Yezu. Babona bamwe mu bigishwa be barisha intoki zanduye, ari byo kuvuga zidakarabye. Koko rero, Abafarizayi n'Abayahudi bose ntibarya batabanje gukaraba ibiganza kugeza ku nkokora, bakurikije akamenyero k'abakurambere; n'iyo bavuye mu materaniro, ntibarya batabanje kwitera amazi. Hariho kandi n'indi migenzo myinshi bakurikiza by'akarande, nko koza ibikombe, ibibindi n'amasahani... Nuko rero, Abafarizayi n'Abigishamategeko baramubaza bati "Ni iki gituma abigishwa bawe badakurikiza umuco w'abakurambere, bakarisha intoki zanduye?" Arabasubiza ati "Izayi yabahanuye neza, mwa ndyarya mwe! Nk'uko byanditswe ngo 'uyu muryango unyubahisha akarimi gusa, naho imitima yabo indi kure. Icyubahiro bampa ni amanjwe: inyigisho bigisha ni amategeko y'abantu gusa.' Murenga ku itegeko ry'Imana, mukibanda ku muco w'abantu." Yongera guhamagara rubanda, arababwira ati "Nimutege amatwi mwese, kandi munyumve neza! Nta kintu kijya mu muntu giturutse inyuma kimuhumanya, ahubwo ikivuye mu muntu ni cyo kimuhumanya! Kuko mu mutima w'abantu ariho haturuka imigambo mibi: ubusambanyi, ubujura, ubwicanyi, ubuhabara, umururumba, ubugome, uburyarya, ingeso mbi, ishyari, gutukana, ubwirasi, n'amafuti. Ibyo bintu byose bibi biva mu mutima, nibyo bihumanya umuntu."


- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu

dimanche 23 août 2009

ICYUMWERU CYA XXI GISANZWE – B – (23 KANAMA 2009)

- Amasomo

• Yoz. 24, 1-2a.14-17.18b


Yozuwe akoranyiriza imiryango ya Israheli yose i Sikemu, maze ahamagaza abakuru ba Israheli, abatware, abacamanza, abayobozi b’imirimo; baza imbere y’Imana. Yozuwe abwira rubanda rwose, ati “Ubu rero, nimutinye kandi mukorere Uhoraho mu butabera n’ubudahemuka. Nimwigizeyo ibigirwamana ba so bayobotse hakurya y’Uruzi no mu Misiri, maze mukorere Uhoraho. Ariko niba gukorera Uhoraho bitabashimishije, uyu munsi muhitemo uwo mushaka gukorera: byaba ibigirwamana ba so bayobotse bakiri hakurya y’Uruzi cyangwa se iby’Abahemori mubereye mu gihugu. Naho njye n’inzu yanjye tuzakorera Uhoraho.” Rubanda baramusubiza bati “Hehe n’igitekerezo cyo kwimura Uhoraho ngo dukorere ibigirwamana! Uhoraho ni We Mana yacu, We watuvanye mu Misiri twe n’ababyeyi bacu, akatuvana mu nzu y’ubucakara, agakorera ibyo bimenyetso bikomeye mu maso yacu. Yaturwanyeho mu rugendo rurerure twakoze no mu mahanga yose twagiye tunyuramo. Natwe rero tuzakorera Uhoraho, kuko ari We Mana yacu.”

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

• Ef. 5,21-32

Bavandimwe, mujye mworoherana kubera igitinyiro mufitiye Kristu. Abagore borohere abagabo babo nk’aho babigirira Nyagasani; koko rero umugabo agenga umugore we, nk’uko Kristu agenga Kiliziya akayibera umutwe ukiza umubiri wose. Nk’uko rero Kiliziya yumvira Kristu, bityo n’abagore nibajye bumvira abagabo babo muri byose. Namwe bagabo nimukunde abagore banyu, nk’uko Kirstu yakunze Kiliziya, maze akayitangira. Yarayitagatifuje, ayisukuza amazi n’ijambo ribiherekeza, kugira ngo ayihingutse imbere ye, ibengerana, nta bwandu n’iminkanyari, cyangwa indi nenge, ahubwo ari Kiliziya ntagatifu kandi itagira amakemwa. Nguko abagabo bagomba gukunda abagore babo, mbese nk’imibiri yabo bwite. Ukunda umugore we abayikunze ubwe. Koko rero ntawigeze yanga umubiri we, ahubwo arawugaburira, akawitaho cyane, mbese nk’uko na Kristu agenzereza Kiliziya. Muyobewe se ko turi ingingo z’umubiri we,(nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo) “ni cyo gituma umugabo azasiga se na nyina, akifatanya n’umugore we, bakaba umubiri umwe”. Iryo yobera rirakomeye, cyakora ibyo mbivuze nzirikana Kristu na Kiliziya.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

• Yh. 6, 60-69

Abenshi mu bigishwa be bamaze kumwumva, baravuga bati “Aya magambo arahambaye, ninde washobora kuyatega amatwi?” Yezu amenya ko abigishwa be bijujutiye ayo magambo, arababwira ati “Mbese ibyo birabatsitaje? Noneho ubwo hacura iki mubonye Umwana w’umuntu azamuka ajya aho yahoze mbere hose? Roho ni we ubeshaho, umubiri nta kavuro. Amagambo nababwiye aturuka kuri Roho, kandi agatanga ubugingo. Ariko muri mwe harimo abatemera.” Koko Yezu yarazi mbere hose abatemera, ndetse yari azi n’uzamugambanira. Arongera ati “Ngiyo impamvu yatumye mbabwira ko ari nta we ushobora kunsanga atabihawe na Data”. Kuva ubwo, benshi mu bigishwa be bavanamo akabo karenge, ntibongera kugendana na we ukundi. Nuko Yezu abwira ba Cumi na babiri, ati “namwe se murashaka kwigendera?” Simoni Petero aramusubiza ati “Nyagasani, twasanga nde wundi, ko ari wowe ufite amagambo y’ubugingo bw’iteka. Twe twaremeye, kandi tuzi ko uri Intungane y’Imana.”

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu

dimanche 9 août 2009

ICYUMWERU CYA XX GISANZWE-B-(16 KANAMA 2009)

• Amasomo

o Imig 9, 1-6



Ubuhanga bwubatse inzu yabwo, burayinogereza buteramo inkingi ndwi, bubaga amatungo yabwo, butegura divayi, maze ndetse butunganya ameza. Bwohereje abaja babwo, nabwo bwigira mu mpinga z’umugi burangurura ijwi, bugira buti “Ushaka kujijuka nayure hano!” Bubwira n’uw’igicucu buti “Nimuze, murye ku mugati wanjye, munywe no kuri divayi nabateguriye. Nimureke ubupfayongo, muboneze inzira y’ubwenge maze muzabeho!”

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Ef 5, 15-20

Bavandimwe, nuko rero nimwitondere imibereho yanyu, ntimube abapfayongo, ahubwo mube abantu bashyira mu gaciro, bakoresha neza igihe barimo kuko iminsi ari mibi. Ntimukabe rero abapfu, ahubwo mwihatire kumenya icyo Nyagasani ashaka. Ntimugasindishwe na divayi, kuko byabatera kwifata nabi, ahubwo nimwuzure Roho Mutagatifu. Nimufatanye kuvuga zabuli, ibisingizo n’indirimbo mubwirijwe na Roho Mutagatifu; muririmbe, mwogeze Nyagasani n’umutima wanyu wose. Igihe cyose no muri byose, mushimire Imana Data mu izina ry’umwami wacu Yezu Kristu.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Yh 6, 51-58


“Ni njye mugati muzima wamanutse mu ijuru. Urya uwo mugati azabaho iteka;kandi umugati nzatanga, ni umubiri wanjye, kugira ngo isi igire ubugingo.” Ni bwo Abayahudi batangiye kujya impaka ubwabo bati “Ashobora ate kuduha umubiri we ngo uribwe?” Yezu arabasubiza ati “Ndababwira ukuri koko: nimutarya umubiri w’Umwana w’umuntu, ntimunywe n’amaraso ye, ntimuzagira ubugingo muri mwe. Naho urya umubiri wanjye, akanywa n’amaraso yanjye, agira ubugingo bw’iteka, kandi nzamuzura ku munsi w’imperuka. Kuko umubiri wanjye ari ikiribwa koko, n’amaraso yanjye akaba ikinyobwa koko. Urya umubiri wanjye kandi akanywa amaraso yanjye, angumamo nanjye nkamugumamo. Mbese nk’uko Data wantumye ariho, najye nkabaho ku bwa Data, bityo undya, na we azabaho ku bwanjye. Nguyu umugati wamanutse mu ijuru: si nk’uwo ba sogukuruza banyu bariye bakarenga bagapfa; urya uyu mugati azabaho iteka ryose.”

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu.

ICYUMWERU CYA XIX GISANZWE-B-(09 KANAMA 2009)

• Amasomo

o 1 Abam 19, 4-8


Eliya agenda urugendo rw’umunsi umwe mu butayu. Ahageze yicara mu nsi y’igiti cyari cyonyine. Yisabira gupfa, agira ati “Ntacyo ngishoboye. None Uhoraho, akira ubuzima bwanjye kuko ntaruta abasokuruza banjye.” Nuko aryama mu nsi y’icyo giti cyari cyonyine arasinzira. Umumalayika araza amukoraho,amubwira ati “Byuka urye!” Aritegereza abona ku musego we umugati wavumbitswe mu mabuye ashyushye n’akabindi k’amazi; ararya, aranywa, hanyuma arongera araryama. Umumalayika w’Uhoraho aragaruka, amukoraho maze arammubwira ati “Byuka urye kuko ugifite urugendo rurerure.” Eliya arahaguruka, ararya kandi aranywa, hanyuma amaze kumva ahembutse, agenda iminsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine kugera i Horebu, umusozi w’Imana.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Ef 4, 30-5, 2

Bavandimwe, muramenye, ntimugashavuze Roho Mutagatifu w’Imana, wawundi mwahawe ngo abe ikimenyetso kizabaranga ku munsi w’ukubohorwa kwanyu. Ikitwa ubwisharirize cyose, n’umwaga, n’uburakari, n’intonganya, no gutukana, kimwe n’ikitwa ububisha cyose, bicibwe muri mwe. Ahubwo nimugirirane ineza n’impuhwe, mubabarirane ibyaha nk’uko Imana yabababariye muri Kristu. Nimwigane rero Imana, ubwo muri abana bayo ikunda; mujye mukundana nk’uko Kristu yadukunze, maze ubwe akatwitangira aba igitambo n’ituro bimeze nk’umubavu uhumura neza, bigashimisha Imana.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Yh 6, 41-51

Nuko Abayahudi barijujuta bitewe nuko yaravuze ati “Ndi umugati wamanutse mu ijuru.” Maze baravuga bati “Uriya si Yezu, mwene Yozefu?Se na nyina ntitubazi? Ubu ashobora ate kuvuga ati ‘Namanutse mu ijuru’?” Yezu arabasubiza ati “Nimureke kuvugana mwijujuta. Ntawe ushobora kungeraho atabihawe na Data wanyohereje, nanjye nkazamuzura ku munsi w’imperuka. Mu gitabo cy’Abahanuzi haranditse ngo ‘Bose baziyigishirizwa n’Imana’ Umuntu wese wumvise Data akigishwa, aransanga. Ntawigeze abona Data, uretse uwaturutse ku Mana; uwo nguwo ni we wabonye Data. Ndababwira ukuri koko: uwemera agira ubugingo bw’iteka.Ni njye mugati w’ubugingo. Basogukuruza banyu baririye manu mu butayu, maze bararenga barapfa. Nguyu umugati wamanutse mu ijuru, kugira uwuriye wese ye kuzapfa. Ninjye mugati w’ubuzima wamanutse mu ijuru. Urya uwo mugati azabaho iteka; kandi umugati nzatanga, ni umubiri wanjye, kugira ngo isi igire ubugingo.”

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu.

dimanche 2 août 2009

ICYUMWERU CYA XVIII GISANZWE-B-(02 KANAMA 2009)


• Amasomo

o Iyim 16, 2-4. 12-15


Aho mubutayu ikoraniro ryose ry’Abayisiraheli ryitotombera Musa na Aroni. Abayisiraheli barababwira bati “ Yewe!Iyo byibura twicwa n’ukuboko k’Uhoraho tukiri mu gihgu cya Misiri, igihe twari twiyicariye iruhande rw’inkono z’inyama, twirira imigati uko dushaka!Ubu mwatuzanye muri ubu butayu kugira ngo mwicishe inzara iyi mbaga yose!” Nuko Uhoraho abwira Musa ati “Dore ngiye kubagushaho, nk’imvura, umugati uturutse mu ijuru. Uko bukeye rubanda bazajya basohoka, batoragure ibyo bakeneye uwo munsi. Nzagerageza ntyo, ndebe niba bazakurikiza amategeko yanjye cyangwa niba batazayakurikiza. Uhoraho abwira Musa, ati “Numvise umwijujuto w’Abayisiraheli. Babwire uti ‘Nimugoroba, mukabwibwi,murarya inyama; n’ejo mugitondo muzahage umugati, maze mumenyereho ko ari njye Uhoraho Imana yanyu’.” Ngo bugorobe haduka inkware zigwa ari nyinshi mu ngando; mu gitondo basanga mu mpande z’ingando hatonze ikime kibambitse. Icyo kime kimaze kweyuka, babona mu butayu utuntu tumeze nk’utubuto, twererana nk’urubura ku butaka. Abayisiraheli baritegereza, maze barabazanya bati “Man hu”, ari byo kuvuga ngo “Iki ni iki?”Kuko batari bazi icyo ari cyo. Musa arababwira ati “Icyo ni umugati Uhoraho abahaye ngo murye.”

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Ef 4, 17. 20-24

Bavandimwe, mwebweho si uko mwigishijwe kumenya Kristu: niba koko ari We mwabwiwe, niba ari We mwigishijwe kumenya, mukumva ibihuje n’ukuri kuganje muri Yezu. Mugomba rero guca ukubiri n’imibereho yanyu yo hambere, mukivanamo imigenzereze ya muntu w’igisazira ugenda yiyangiza mu byifuzo bibi bimuroha. Ahubwo nimuvugurure imitima yanyu hamwe n’ibitekerezo byanyu, muhinduke muntu mushya waremwe uko Imana ibishaka mubudakemwa no mu butungane nyakuri.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Yh 6, 24-35

Ya mbaga y’abantu ibonye ko Yezu n’abigishwa be batagihari, bajya mumato bagana i Kafarinawumu kuhashakira Yezu. Bamusanze hakurya y’inyanja, baramubaza bati “Mwigisha, wageze hano ryari?” Yezu arabasubiza ati “Ndababwira ukuri koko: ntimunshakira ko mwabonye ibimenyetso, ahubwo muranshakira ko mwariye imigati mugahaga. Nimujye mukora mudaharanira ibiribwa bishira, ahubwo nimuharanire ibiribwa bihoraho mu bugingo bw’iteka, ibyo umwana w’umuntu azabaha, kuko ari we Imana Data yashyizeho ikimenyetso.” Baramubaza bati “Twagenza dute kugira ngo dukore ibyo Imana ishima?” Yezu arabasubiza ati “Igikorwa Imana ishima, ni uko mwakwemera uwo yatumye.” Nuko baramubwira bati “Ikimenyetso utanze ni ikihe, ngo tukibone maze tukwemere? Ukoze iki? Mu butayu, ba sogokuruza bacu bariye manu, nk’uko byanditswe ngo ‘Yabagaburiye umugati uturutse mu ijuru’.” Nuko Yezu arabasubiza ati “Ndababwira ukuri koko: Musa si we wabahaye umugati wo mwijuru, ahubwo ni Data ubaha umugati w’ukuri wo mu ijuru. Kuko umugati Imana itanga ari umanuka mu ijuru, kandi ukazanira isi ubugingo.” Nuko baramubwira bati “Mwigisha jya uhora uduha uwo mugati utubwiye.” Yezu arababwira ati “Ni njyewe mugati utanga ubugingo. Unsanga wese ntazasonza bibaho, n’unyemera ntazagira inyota bibaho.”

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu


• Kuzirikana

Hari agakuru k’umuntu Mudashirwa yikoreraga umurimo wo gucukura amabuye yo kubakisha amazu. Umunsi umwe, aho hafi y’aho yacukuraga amabuye, hanyura Igikomangoma gishagawe n’ abasirikare, abaja, abagaragu n’ibintu by’agatangaza. Mudashirwa arabireba yinjirwa n’agashyari yifuza kugira ubukungu nk’ubw’icyo Gikomangoma. Icyifuzzo cye kirumvikana arabihabwa.

Ikindi gihe Mudashirwa, yitegereza uko izuba ryumisha indabo mu busitani bwe, rigakamya amazi mu migezi; ni ko kwifuza ububasha nk’ubw’izuba. Ntibyatinda, icyivuzo cye kirumvikana ahinduka izuba, agira ububasha bwo kumisha ibiti, indabo no gukangaranya abantu abicisha inyota.

Mudashirwa rwose yari yishimye pe kugeza ubwo ibicu bije ari byinshi biramubundikira, bwa bushyuhe bwe buburiramo. Ni ko kwifuza kuba ibicu. Icyifuzo cye kirumvikana ahinduka ibicu. Bikajya bibudika bigatanga amazi akarengera ibintu, agatwara ibindi. Bikavamo imirabyo igakangaranya isi.

Mudashirwa arishima cyane koko kugeza igihe abonye ko umusozi udakangwa n’ayo mazi n’iyo mirabyo; umusozi wahoraga wemye ntacyo wikanga. Ni ko kwifuza kuba umusoz. Icyifuzo cye kirumvikana, aba umusozi. Abaho yishimye kugeza igihe yumvaga ko hari umuntu wirirwa amudondaga amaguru; yari umuntu w’umukene wicukuriraga amabuye, arunda ibishyinga byo kugurisha, agira ngo arebe uko yabona imibereho ya buri munsi. Ngibyo nguko!

Mudashirwa uwo ni buri wese muri twe, bavandimwe! Buri munsi tuba twifuza iki na kiriya cyisumbuyeho, cyiza kurushaho, gikomeye kurushaho,... ni uko!
Iyo urebeye neza amateka y’umuryango wa Isiraheli usanga warakunze kurangwa no kuganya, kwitotombera Imana: Basabye amazi, Imana ibaha amazi i Massa n’i Meriba; basabye umugati, Imana ibaha manu ya buri munsi. Ariko ntibyababuije guhora bittombera Imana na Musa. Ibintu by’isi rero, dore ko bigenda birushaho kuba bishyashya no kuba byinshi, nta na rimwe bizigera bishobora kuduhaza no kutumara umururumba.

Aho hari icyintu cyaba kiriho kuri iyi cyatumara iyo nyota, iyo nzara, uwo mururmba? Igihe Yezu agaburiye abantu ibihumbi bitanu imigati, bakarya bagahaga bagasigaza, bashatse kumwimika nk’umwami wabo, Yezu yarababwiye ati “ntimunshakira ko mwabonye ibimenyetso, ahubwo muranshakira ko mwariye imigati mugahaga. Nimujye mukora mudaharanira ibiribwa bishira.”

Iyo ni yo nyigisho y’iki cyumweru: guharanira gutungwa n’umugati w’ubuzima, umugati Imana ubwayo itanga; atari uriya Abayisiraheli bariye mu butayu, bakarenga bagapfa. Umugati w’ubuzima Imana itugenera ni Yezu Kristu, umwana wayo: “Ni njyewe mugati utanga ubugingo. Unsanga wese ntazasonza bibaho, n’unyemera ntazagira inyota bibaho.”
Udashaka kuba Mudashirwa uriya, arahamagarirwa gusanga Yezu by’ukuri no kumwemera nyabyo: bityo azaba aciye ukubiri n’inzara n’inyota; azaba aciye ukubiri n’umururumba w’iby’iyi si.

Muri Yezu Kristu, Jambo w’Imana yigize umuntu. Mu buzima no mu bikorwa bye Yezu yerekanye uko Imana yegereye umuntu ikishushanya na we bihamye: yagaragaje impuhwe, ubudahemuka no kwitangira abandi kugeza aho atanga ubugingo bwe kubera urukundo. Uwo ni wo mugati muzima wamnanutse mu ijuru. Uko ni ko tugomba guhimbaza Imana yacu: kubaho nk’uko Kristu yabayeho. Kurya umubri wa Kristu, tukanywa n’amaraso ye, bisobanura kubaho nk’uko yabayeho: mu rukundo yagaragaje, mu bwitange yagaragaje. Ngaho aho dukomora ubuzima bw’iteka. Ngaho ahashirira inyota n’inzara. Bityo isangira ryacu ritagatifu rya buri misa ritubere umwanya wo gusangira byose na Kristu kugira ngo tuzaronke ubugingo bw’iteka.

Ni ho Pawulo mutagatifu aganisha igihe yandikiraga Abanyefezi: “Mugomba rero guca ukubiri n’imibereho yanyu yo hambere, muhinduke muntu mushya”.

Kuba dufite inzara n’inyota, byo ntawashidikanya ko tubihorana. Turashonje pe! Ariko inzara n’inyota dufite si ibyo gushakashaka Imana; niba tunayifite ntiza mbere. Twifitiye inzara nk’iya Mudashirwa. Uyu munsi twerurire Yezu, tumusabe atwongerere inzara yo kumumenya nk’umugati twahawe na Data, umugati umanuka mu ijuru ngo uduhaze ubugingo. Tumusabe atwongerere inzara yo guhinduka abantu bashya, twiyambure ibisazira. Tumusabe atwongerere inzara y’urukundo rushyitse. Tumusabe atwongerere inzara yo gukora icy’Imana ishima, kandi icyo ishima ni uko twakwemera uwo yatumye: Yezu Kristu.

Umubyeyi Bikira Mariya abidufashemo, adufate ikganza atuyobore isoko ifutse y’ingabire zose dukeneye.