dimanche 31 mai 2009

UMUNSI MUKURU WA PENTEKOSITI (31 GICURASI 2009)


• AMASOMO

o Intu 2, 1-11

Umunsi wa Pentekositi uragera, bose bakaba bakoraniye hamwe. Ako kanya, umuriri umeze nk’inkubi y’umuyaga uva mu ijuru, maze wuzura mu nzu bari barimo. Nuko haboneka indimi zisa n’iz’umuriro, zigabanya zijya kuri buntu muri bo. Ubwo bose buzuramo Roho Mutagatifu, batangira kuvuga mu zindi ndimi, uko Roho abahaye kuzivuga. Aho rero i Yeruzalemu habaga Abayahudi bubaha Imana, bari baturutse mu mahanga yose mu nsi y’ijuru. Ngo bumve urwo rusaku, rubanda rwose barakorana maze barumirwa, kuko buri wese yabumvaga bavuga ururimi rwe bwite. Barashoberwa, batangara bavuga bati “Mbese aba bose bavuga si Abanyagalileya? Bishoboka bite se ko buri wese muri twe abumva bavuga mu urimi rwe kavukire? Baba Abapariti, Abamedi, Abalamu, baba abatuye muri Mezopotamiya, muri Yudeya no muri Kapadosiya, muri Ponti no muri Aziya, muri Furujiya no muri Pamfiliya, mu Misiri no mu turere twa Libiya duhereranye na Sireni, baba abashyitsi baturutse i Roma, Abayahudi kavukire n’abayoboke b’idini yabo, Abanyakireta n’Abarabu, twese turabumva bamamaza mu ndimi zacu bwite ibitangaza by’Imana.” Bose bari bumiwe, bagatangara babazanya bati “Ibi birashaka kuvuga iki?” Ariko hakaba n’abandi babakwena, bagira bati “Aba bantu basinze divayi nshyashya!”

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o 1 Kor 12, 3-7. 12-13

Bavandimwe, niyo mpamvu mbamenyasha ko ntawe ubwirizwa na Roho w’Imana, ngo agire ati “Yezu arakaba ikivume”, nk’uko ntawavuga ngo “Yezu ni Nyagasani”, atabibwirijwe na Roho Mutagatifu. Ingabire ziranyuranye, ariko Roho ni umwe; muri Kiliziya kwitangira abandi biri kwinshi, ariko Nyagasani ni umwe; uburyo bwo gukora buri kwinshi, ariko Imana ni Yo itunganya byose muri bose. Koko rero, buri wese ahabwa kugaragaza ibyo Roho w’Imana amukoreramo, ngo bigirire akamaro bose. Mu by’ukuri umubiri ni umwe, kandi ugizwe n’ingingo nyinshi; ariko izo ngingo zose zose, n’ubwo ari nyinshi, zigize umubiri umwe: ni ko bimeze no muri Kristu. Twese twabatirijwe muri Roho umwe, ngo tube umubiri umwe. Twaba Abayahudi cyangwa Abagereki, twaba abacakara cyangwa abigenga, twese twuhiwe Roho umwe.

- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana

o Yh 20, 19-23

Kuri uwo munsi wa mbere ku cyumweru nimugoroba, inzugi z’aho abigishwa bari bateraniye zari zikinze, bitewe no gutinya Abayahudi. Nuko Yezu agira atya araza, ahagarara hagati yabo, arababwira ati “Nimugire amahoro.” Amaze kuvuga atyo, abereka ibiganza n’urubavu rwe. Abigishwa babonye Nyagasani, ibyishimo birasaga. Yezu yongera kubabwira ati “Nimugire amahoro. Nk’uko Data yantumye, nanjye ndabatumye.” Amaze kuvuga atyo abahuhaho, arababwira ati “Nimwakire Roho Mutagatifu. Abo muzakiza ibyaha bazabikizwa, abo mutazabikiza bazabigumana.”

- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu

• Kuzirikana

Murabona commentaire ukwayo; twayikorewe na Padiri Emmanuel Ndayambaje.
Mbifurije umunsi mukuru mwiza wa Pentekositi ni ukuri. Nabamanukireho, abasendere koko, ingabire ze muzisinde rwose, Imana ikomeze ihererwe ikuzo muri mwe no mu byo mukora byose, no mu byo muvuga byose.

"Ngwino rumuri rwa Nyirigira, ngwino Roho w'Imana Uhoraho; ngwino mbaraga za Nyagasani; ngwino bubasha dukesha agakiza; ngwino uture mu mitima yacu; uduhe urukundo rudashira!"

“Roho w’Imana tumanukireho, utumurikire!”

Aucun commentaire: