
• AMASOMO
o Int 9, 26-31
Sawuli ageze i Yeruzalemu, agerageza kwegera abigishwa; ariko bose bakamutinya, kuko batemerega ko na we ari umwigishwa koko. Nuko Barinaba aramujyana, amushyikiriza Intumwa, azitekerereza uko yabonanye na Nyagasani mu nzira n’uko yamubwiye, n’ukuntu i Damasi yigishije mu izina rya Yezu ashize amanga. Nuko Sawuli agumana na bo, akagenda hose muri Yeruzalemu ntacyo yishisha, ari nako yigisha mu izina rya Yezu ashize amanga. Yakundaga kuganira n’Abayahudi bavugaga ikigereki kandi akajya impaka na bo; ariko bagashaka kumwica. Abavandimwe ngo babimenye, baramuherekeza bamugeza i Kayizareya, maze bamwohereza i Tarisi. Ubwo Kiliziya yariho mu mahoro muri Yudeya yose, muri Galileya no muri Samariya, ishinga imizi kandi ikomeza kubaha Nyagasani, bityo irushaho kujya mbere ikomejwe na Roho Mutagatifu.
- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana
o 1 Yh 3, 18-24
Twana twanjye, ntitugakundane mu magambo no kururimi, ahubwo mubikorwa no mu kuri. Ni byo tuzamenyeraho ko turi ab’ukuri, maze tuzabonereho guhesha ituze umutima wacu imbere imbere y’Imana; kuko n’aho umutima wacu waducira urubanza, tuzi ko Imana isumba kure umutima wacu, kandi ko ibona byose. Nkoramutima zanjye, niba umutima wacu udafite icyo udushinja, dufite amizero yuzuye ku Mana, maze icyo dusabye cyose tukagihabwa, kuko dukurikiza mategeko yayo, kandi tugakora ikiyinyura. Dore rero itegeko ry’Imana: ni uko twakwemera izina ry’Umwana wayo Yezu Kristu, kandi tugakundana nkuko yabidutegetse. Ukurikiza amategeko y’Imana aguma mu Mana, na Yo ikamugumamo. Kandi aho tumenyera ko Imana iturimo, ni uko yaduhaye Roho wayo.
- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana
o Yh15, 1-8
Muri icyo gihe, Yezu abwira abigishwa ati “Ndi umuzabibu w’ukuri, naho Data akaba umuhinzi. Ishami ryose riterera imbuto muri jye, araritema; naho ishami ryera imbuto araryicira agira ngo rirusheho kwera imbuto. Mwe murakeye kubera ijambo nababwiye. Nimube rero muri jyewe, nanjye mbe muri mwe. Uko ishami ridashobora kwera imbuto kubwaryo ritari ku muzabibu, namwe ni komudashobora kwera mutandimo. Jye ndi umuzabibu, mwe mukaba amashami. Uba rero muri jye, najye nkaba muri we, yera imbuto nyinshi; kuko tutari kumwe ntacyo mwashobora. Utaba muri jye, azajugunywa nk’ishami ritera, maze yumagare, kandi bene ayo mashami barayasakuma, bakayajugunya mu muriro, agashya. Nimumbamo n’amagambo yanjye akababamo, muzasabe icyo muzashaka cyose muzagihabwa. Igihesha ikuzo Data ikuzo ni uko mwakwera imbuto nyinshi, mukaba n’abigishwa banjye.
- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu
• KUZIRIKANA
Muri iki gihe cya Pasika, tugenda twumva amagambo akomeye Yezu abwira abigishwa be, amagambo agenda rushaho kumvikana neza muri iki gihe cya Pasika duhimbaza. Ku cyumweru gishize nibwo yagiraga ati “Ninjye Mushumba Mwiza”; tukibuka abwira Tomasi ati “Nijye Nzira, Ukuri n’Ubugingo”; tukibuka abwira rubanda ati “Nijye mugati nyabuzima”. None uyu munsi ati “Ndi Umuzabibu w’ukuri.”
Yezu Kristu watsinze urupfu akazuka ni muzima iteka ryose kandi ni we soko y’ubuzima ku bamwemera bose. Ni Umushumba mwiza, uzi kwita ku ntama ze; ni Umuzabibu, amshami yose akesha kwigiramo ubuzima no kwera imbuto. Ni we rero shingiro ry’ubuzima bw’umukristu, shingiro ry’ukwemera, shingiro ry’amizero n’urukundo by’umukristu. Tutari kumwe ntacyo twakwimarira.
“Nimube rero muri jye”. Icyo ni cyo cyifuzo cya Kristu, ko twakwibera muri we, niba dushaka gutera agatambwe mu bukristu; niba dushaka guca ukubiri n’icyaha; niba dushaka kubaka isi nziza kandi nzima. Kuko isi nk’iyo izubakwa n’imbuto nziza z’urukundo, ubusabane, ubwimvikane, ubuvandimwe, ubwubahane, ubutabera, amahoro, ibyishimo. Bityo rero, imbuto nkizo nta handi twazikomora atari ku muzabibu w’ukuri: Kristu Yezu; kuko tutari kumwe ntacyo twakwigezaho, ntacyo twakwimarira. Dore ko uba muri We, n’amagambo ye akamubamo, uwo icyo asaba cyose, aragihabwa. Ayo ni amizero duhabwa n’Ivanjili y’uyu munsi.
Pawulo mutagatifu aratubera urugero mu isimo rya mbere, aho tumubona nyuma yo guhura na Nyagasani, agatangira kwigisha ashize amanga; gusa rero abandi bigishwa ba Kristu, ntibakamushire amakenga, bari bamufitiye ubwoba bitewe n’uko yari yarabayeho mbere atoteza Kiliziya; byageze n’aho Abayahudi bavuga ikigereki bashakaga uburyo bamwica. Ibyo byose, ntibyabujije Pawulo gukomeza kwamamaza Kristu. Muri ibyo bigeragezo byose, Pawulo yabaye nka ririya shami ryiza bicira kugira ngo rishobore kwera imbuto nyinshi, kuko uko bamutinyaga, banamushakira urupfu, ni ko yarushagaho kwigisha, maze Kiliziya “ishinga imizi kandi ikomeza kubaha Nyagasani, bityo irushaho kujya mbere ikomejwe na Roho Mutagatifu”. Natwe, abemera, mu bigeragezo twahura nabyo muri ubu buzima, tujye twemerera Roho Mutagatifu atwereke inzira nyabo yo kubyikuramo, aduhe urumuri rukwiye, kuko aho ni ho Nyagasani agaragaza ko amashami meza ayicira kugira ngo arusheho kwera imbuto nyinshi: urukundo, ibyishimo, amahoro, kwihangana, ubugwaneza, ubuntu, ubudahemuka, imico myiza no kumenya kwifata (Gal 5, 22-23).
Cyane cyane ariko tuzamukesha imbuto y’urukundo rwa kivandimwe, ruriya rudahera mu magambo nk’uko Yohani mutagatifu abivuga mu isomo rya kabiri: “Twana twanjye, ntitugakundane mu magambo no kururimi, ahubwo mubikorwa no mu kuri.” Kristu ubwe yatweretse uburyo bwo gukunda nyabwo ubwo yemera gupfa, apfiriye ku musaraba. Urukundo rw’abakristu, uko rugaragarira mu bikorwa rurushaho guhindura si, kandi natwe rukadufasha kuba abigishwa b’ukuri ba Kristu, kuko ngo icyo isi izatumenyeraho ko turi abigishwa be ni uko tuzaba dukundana, maze bigahesha Imana Se ikuzo.
Imana Nyagasani ikomeze ibahundagazeho imigisha yayo.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire