
• Amasomo
o Yow 2, 12-18
Na n’ubu kandi, uwo ni Uhoraho ubivuze, nimungarukire n’umutima wanyu wose, mwigomwe mubyo kurya, murire kandi muganye. Nimushishimure imitima yanyu, mureke ibyo mwambaye, maze mugarukire Uhoraho, Imana yanyu, kuko agwa neza akanagira impuhwe; atinda kurakara akaba n’indahemuka, kandi ntakunda guteza ibyago. Hari uwabimenya se? Ahari wenda ntiyazisubiraho! Ahari wenda icyago ntayazagisimbuza umugisha, akongera gushimishwa n’amaturo n’ibitambo mwatura Uhoraho Imana yanyu! Nimuvugrize ihembe i Siyoni, mutangaze hose igisibo gitagatifu, kandi mutumize bose mu iteraniro. Nimukoranye rubanda , muhamagaze ikoraniro ryose. Nimukoranye abasaza, n’abato, ndetse n’abakiri ku ibere. Umukwe nasohoke mu nzu ye, umugeni nawe ave mu cyumba cye. Abaherezabitambo, aribo bashinzwe imirimo y’Uhoraho, nibaririre hagati y’umuryango w’Ingoro n’urutambiro; nibatakambe bagira bati “Uhoraho, babarira imbaga yawe; wikoza isoni umurage wawe, ngo amahanga awuhindure urw’amenyo. Ni iki cyatuma mu mahanga bavuga ngo: Mbese Imana yabo iba he?” Ni bwo Uhoraho agiriye ishyaka igihugu cye, maze ababaririra umuryango we.
- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana
o 2Kor 5,20-6,2
Bavandimwe, ubu rero duhagarariye Kristu; nk’aho Imana ubwayo yabashishikarije muri twe. Ngaho rero, turabinginze mu izina rya Kristu: nimureke Imana ibigarurire! Utigeze arangwaho icyaha Imana yamugize impongano y’ibyaha, kugirango muri we duhindukiye abatunganiye Imana. Ubwo turi abafasha b’Imana, turabashishikariza kudapfusha ubusa ubuntu bwayo. Kuko ubwayo yivugira iti “Mu gihe gikwiye, numvise isengesho ryawe; no kumunsi w’uburukorwe, naragutabaye.” Ngiki rero koko igihe gikwiye; nguyu koko umunsi w’uburokorwe.
- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana
o Mt 6,1-6.16-18
Murajye mwirinda kugira neza mu maso y’abantu mugira ngo babarebe; mwaba mwivukije ingororano kwa So mu ijuru. Igihe rero utanga imfashanyo, ntukavugishe ihembe imbere yawe, nk’uko indyarya zibigira mu masengero no mu mayira, kugira ngo baratwe n’abantu. Ndababwira ukuri: baba bashyikiriye ingororano yabo. Naho wowe nutanga imfashanyo, ikiganza cyawe cy’ibumoso ntikikamenye icyo icy’iburyo gikora, bityo imfashanyo yawe ijye igirirwa mu ibanga; maze So wo umenya ibyihishe azabikwiture. Igihe musenga, ntimukagenze nk’indyarya zikunda gusenga zihagaze mu masengero no mu mayira abiri, ngo zibonwe n’abantu. Ndababwira ukuri: baba bashyikiriye ingororano yabo. Naho wowe, nushaka gusenga, ujye winjira munzu yawe, ukinge maze usenge So uri aho hatagaragara; maze So umenya ibyihishe, azabikwiture. Igihe musiba kurya, ntimukijime mu maso nkuko indyarya zibigira: zikambya agahanga kugira ngo babone ko zisiba. Ndabwira ukuri: ziba zashyikiriye ingororano yazo. Wowe rero nusiba kurya, ujye wisiga mu mutwe, wiyuhagire mu maso, kugira ngo utamenyesha abantu ko usiba, ahubwo bimenywe na So uri aho hatagaragara; maze So umenya ibyihishe, azabikwiture.
- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu
• Inyigisho
Ncuti, muvandimwe, natangira nkwifuriza IGISIBO cyiza!
“Maze So wo umenya ibyihishe azabikwiture”, iri jambo ryagarutse cyane mu Ivanjili y’uyu munsi.
Muvandimwe, burya, ni umwihariko wa muntu, kumva ko agomba gushimwa igihe yakoze neza. Mu bwana bwacu, turabyibuka, cyangwa se ku bana bacu, cyangwa se kuri barumuna bacu, usanga ari bumwe mu buryo bwo kurera guhemba umwana: iyo umwana yitwaye neza, yitonze, yatsinze ku ishuri, yemeye gufata imiti igihe arwaye, n’ibindi. N’iyo tumaze gukura, usanga dukora twifuza ko abandi babona ibyo dukora kndi bakbidushimira; dushaka kuba twakora akantu gashitura abandi, haba muri bagenzi bacu (mu kazi, mu ishuri, mu makoraniro dusengeramo...) cyangwa mu miryango yacu. Sinakubwira iyo bigeze hariya tuba twagize uwo cyangwa abo dukorera ikintu iki n’iki kibagoboka; aho ngaho tuba twumva buri wese yakagombye kubona ubuntu tugira, akanabitwubahira(numva baba ari bake cyane abantu batishimira guhabwa “Prix Nobel”cyangwa se ikindi gihembo kizwi ku rwego rw’isi, ku rwego rw’igihugu cyangwa rw’akarere aka n’aka; baba bake abantu batishimira kwandikwa mu bitabo, kuvugwa mu ma “discours”, ku maradiyo no ku ma “televisions”, bashimirwa iki n’iki baba barakoze cyiza; nkuko biryana bigashegesha iyo bavuze ibibi uyu n’uyu yaba yarakoze, bamwamagana, ntawe umucira akarurutega; ngibyo , nguko!).
Gusa rero, Ivanjili y’uyu munsi irimo iratwigisha ibintu bitandukanye kure n’iyo myumvire n’iyo myitwarire. Kugeza aho itubwira ko yemwe ikiganza cy’ibumoso kitakagombye kumenya icyo icy’iburyo gikora; nguko, ngibyo! Umuntu ashobora kubyita gukabya, ariko ni ukuri, muri iyi Vanjili y’uyu munsi, harimo inyigisho ikomeye. Kuko, mu isengesho ryacu, turi twenyine cyangwa se mu makoraniro; mu bikorwa by’ukwibabaza; mu bikorwa by’urukundo twakora, Yezu Kristu yifuza ko twabimukorera We ubwe kandi kubera We. Icyo ni cyo bamwe bise “la pureté d’intention”, bishatse kuvuga, gukora ibikorwa byiza kubera urukundo dufitiye Kristu; tudategereje gushimwa, guhabwa amashyi n’abantu; ahubwo tukanezezwa no gushimwa n’Imana yonyine. Iryo shimwe ni ryo rikomeye, nubwo ritagaragara mu maso y’abantu.
UWAGATATU W’IVU: Uyu munsi, abakristu duhurira muri za kiliziya kugira ngo badusige ivu, mu gihe baba batubwira aya magambo: “Hinduka, kandi wemere Inkuru nziza!” Aya magambo akaba adufasha kumva neza uyu muhango utangira iki gihe cy’Igisibo: Hinduka!
Mu buzima bwacu, hari igihe cyo gukora ibyaha, hakaba n’igihe cyo kwicuza no guhinduka. Akenshi usanga igihe cyo gukora ibyaha cyatubanye kirekire. Twese, buri wese agira igihe cye kimugoye, aho aba yataye inzira isanzwe, inzira nziza; yewe, twanareba inyuma, ugasnga hari ibihe twageze ubwo tujya kure y’Imana cyane pe; twarageze aho twitarura Kiliziya koko; tukitarura imico myiza ya kimuntu n’iy’ubukristu. Ni iyo minsi yijimye akenshi idufata igihe, tukayitindaho cyane! Ariko, twibuke ko twagiye tugira n’ibihe byiza cyane; iriya minsi twashoboye gukora ibyiza, iriya minsi twumvaga twunze ubumwe n’Imana koko; iriya minsi twumvaga twunze ubumwe na Kiliziya, n’abavandimwe, turangwa n’amagambo meza n’ibikorwa byiza, iriya minsi twumvaga dufite amahoro arambye y’umutima!
Niba byashobokaga, umuntu akaba yareba “film”y’umunsi mubi koko yaba yaragize, n’indi y’umunsi mwiza cyane yaba yaragize, yatangazwa n’ibi bintu bibiri:
- Ntiyabasha kumva ukuntu yaba yarabaye mubi bigeze hariya; “njyewe sinashobora kwiyumvisha ukuntu naba narakoze ariya mahano, naba naritwaye kariya kageni, bishoka bite koko; ni njyewe cyangwa n’undi’”
- Ariko nanone yatangazwa n’ukuntu yaba yarabaye mwiza bigeze hariya; “ntabwo ari njyewe wakoze biriya byiza; bishoka bite se; njyewe rwose biriya sinabishobora; niba iminsi yanjye yose yabaga nk’uriya...”. Ni byo nyine, niba iminsi yacu yose yameraga nk’uyu twumva ko watubereye mwiza cyane, twashoboraga kubarirwa mu bantu beza koko kandi bubashywe muri iyi si. Duhereye kuri ibi, tukaba twavuga ko burya umuntu, igihe cyose abyihatiye, ashobora kurushaho kuba mwiza; nkuko, igihe cyose abaye “TERERIYO”, ashobora kuba mubi koko, akiyangiza, akiyandavuza, akisenya. Bajya bavuga ko umuntu nyine ashobora kuba umumalayika cyangwa akaba ishitani.
Mu gihe cy’Igisibo, duhamagarirwa guhinduka. Imana yongera kuduha ayo mahirwe yo kwicuza. Ni igihe cyuzuye ingabire; igihe Imana ishaka kutugaragariza impuhwe zayo zitagira urugero.
“Nimungarukire n’umutima wanyu wose... Nimushishimure imitima yanyu, maze mugarukire Uhoraho, Imana yanyu, kuko agwa neza akanagira impuhwe”.
“Nimureke Imana ibigarurire! Mu gihe gikwiye, numvise isengesho ryawe; no kumunsi w’uburukorwe, naragutabaye... Ngiki rero koko igihe gikwiye; nguyu koko umunsi w’uburokorwe”.
Ncuti, muvandimwe, ni ukuri nkwifurije igihe cyiza cy’Igisibo. Imana izakube hafi, ikwereke inzira zayo, ikwereke ikiyishimisha n’ikiyihesha ikuzo! Ikumpere imigisha yayo isesuye, muri iyi nzira igana Pasika!
P.Oscar Uwitonze.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire