
• AMASOMO
o Yon 3, 1-5.10
Ijambo ry’uhoraho ribwirwa Yonasi ubwa kabiri, riti “ Haguruka ujye i Ninivi, umugi mugari, maze ubamenyeshe icyo nzakubwira”. Yonasi arahaguruka, maze ajya i ninivi akurikije Ijambo ry’Uhoraho. Ninivi rero ukba umugi mugari bihebuje, kuwugenda byari nk’iminsi itatu. Yonasi yinjira mumugi, akora urugendo rw’umunsi umwe. Yigisha agira ati “ Hasigaye iminsi mirongo ine, maze Ninivi ikarimbuka”. Abantu b’i Ninivi bemera Imana, batangaza igisibo, bambara ibigunira, kuva kumukuru kugeza ku muto. Imana ibonye ibyo bakoraga, n’uko bahinduye bakareka imigenzereze yabo mibi, nayo ihindura imigambi, icyago yari yabateguje ntiyakibateza.
- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana
o 1 Kor 7, 29-31
Mbibabwire rero , bavandimwe, igihe kirabashirana. Aho bigeze abafite abagore nibabeho nk’aho batabagize;abarira, bamere nk’aho batarira; abanezerewe, bamere nk’aho batanazerewe; n’abacuruza bamenye nk’aho ntacyo batunze; n’abakoresha iby’iyi si ntibagatwarwe nabyo, kuko imisusire y’iyi si ihita bwangu.
- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana
o Mk 1, 14-20
Yohani amaze gutangwa, Yezu aza mu galileya. Yamamaza Inkuru Nziza y’Imana, avuga ati “ Igihe kiregereje, none Ingoma y’Imana iregereje. Nimwisubireho maze mwemere Inkuru Nziza!”
Uko yagendaga akikije inyanja ya Galileya, abona Simoni na Andereya murumuna we; bariho baroha inshhundura mu nyanja, kuko bari abarobyi. Yezu arabwira ati “ Nimunkurikire, nzabagira abarobyi b’abantu”. Ako kanya basiga inshundura zabo aho, baramukurikira. Yigiye imbere gatoya, abona Yakobo, mwene Zebedeyi, na Yohani murumuna we; bariho batunganya inshundura zabo mu bwato. Ako kanya arabahamagara. Nuko basiga se Zebedeyi mu bwato, hamwe n’abakozi be, baramukurikira.
- Iyo ni Ivanjiri ntagatifu
- Uragasangizwa Kristu.
Inyigisho
“Ngwino unkurikire”, nguko uko Yezu yahamagaye abigihwa be ba mbere. Akaba rero agikomeje guhamagara na n’uyu munsi. Aradusaba guhindura imyumvire tukamukurikira. Ni ukwemera tugahinduka, kuko hari inzira twari twarahisemo zindi; hari imitekerereze twari dufite yindi; hari imigirire twari dufite yindi; hari byinshi byayoboraga ubuzima bwacu, none turashaka kwiyemeza kujya inyuma ya Yezu ngo abe ari utwereka icyerekezo nyacyo. Guhinduka, harimo kwemera gusiga inshundura zacu za buri munsi; gusiga ibyadufataga umwanya mu buzima bwa buri munsi, aho twumvaga dushingiye imibereho yacu (Kuroba); gusiga abo twumvaga badufatiye runini mubuzima bwa buri munsi (Zebedeyi).
Mwese mwese nongeye kubifuriza ibihe byiza, ibihe birangwa no gutega amatwi tukumva ijwi rya Yezu riduhamagara ngo tumukurikire.
Icyumweru cyiza.
P. Uwitonze
Nelaur38@gmail.com
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire