
• Amasomo
o Sir 3, 2-7. 12-17a
Kuko Uhoraho ahimbariza se w’abana imbere yabo, kandi agashyigikira ubutegetsi bwa nyina ku bahungu be. Uwubashye se, aba ahongereye ibyaha bye, naho uhimbaje nyina aba ameze nk’uwihunikiye byinshi. Kandi umunsi azaba yambaje, isengesho rye rizakirwa. Uhimbaza se araramba, kandi uwumvira Uhoraho azahumuriza nyina. Utinya Uhoraho yubaha se, kandi agakorera ababyeyi be nk’aho ari ba shebuja.
Mwana wanjye, jya ushyigikira so ageze mu zabukuru kandi ntukamutere agahinda mu buzima bwe. N’iyo ubwenge bwe bwakendera, jya umugirira impuhwe , ntuzamusuzugure, ngo ni uko wowe ukiri umusore. Koko rero ineza ugiriye so ntiyigera yibagirana, ahubwo izakubera impongano y’ibyaha byawe. Nugera mumakuba, Uhoraho azakwibuka, ibyaha byawe bishonge nk’amahindu yikanze umucyo. Utererana se aba ari inkorashyano, naho ushavuza nyina aba ari ikivume imbere y’uhoraho. Mwana wanjye, ibyo ukora bijye birangwa n’ubwiyoroshye.
- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana
o Kol 3, 12-21
Naho mwebwe, ntore z’imana mukaba abatagatifu bayo ikunda byimazeyo, nimugire umutima wuje impuhwe, ubugiraneza, ubwiyoroshye, ituze n’ukwiyumanganya. Nimwihanganirane kandi, niba umwe agize icyo apfa n’undi mubabarirane. Nkuko Nyagasani yabababariye, namwe nimugenze mutyo. Ariko ikiruta ibyo byose, nimugire urukundo rubahuriza mwese mubutungane. Kandi amahoro ya Kristu naganze mu mitima yanyu, kuko ari yo mwahamagariwe ngo mube umubiri umwe. Kandi mujye muhora mushimira. Ijambo rya Kristu niribaturemo, risagambe rwose. Mujye mwigishanya kandi muhanane, mubigiranye ubwitonzi. Mujye mushimira Imana mu mitima yanyu, muyiririmbira zaburi, ibisingizo n’izindi ndirimbo mubwirijwe na roho Mutagatifu. Ari ibyo muvuze, ari n’ ibyo mukoze, byose mujye mubigira mu izina rya Nyagasani Yezu, abe ari we mwisunga mushimira Imana Data.
Bagore, mujye mworohera abagabo banyu nk’uko bikwiye, mubigirira Nyagasani. Bagabo, namwe nimukunde abagore banyu, mwoye kubabera abanyamwaga. Bana, nimwumvire ababyeyi banyu muri byose,kuko ari byo binyura Nyagsani. Babyei, namwe ntimugatonganye abana banyu ubutitsa,mutazabakura umutima.
- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana
o Lk 2, 22-40 cg 2, 22.39-40
Umunsi w’isukurwa ryabo wategetswe na Musa uragera, bamujyana i Yeruzalemu kumutura, nkuko byanditswe mu itegeko rya Nyagasani, ngo “ Umuhungu wese w’imfura azaba intore y’umwihariko wa Nyagasani”. Bari bajyanywe kandi no gutura inuma ebyiri bakurikije itegeko rya Nyagasani. Icyo gihe i Yeruzalemu hari umuntu witwaga Simewoni; yari intungane kandi yubaha Imana. Yari ategereje ihumure rya Israheli, kandi Roho Mutagatifu yari amurimo. Byongeye Roho Mutagatifu yari yaramuhishuriye ko atazapfa atabonye Kristu wa Nyagasani. Nuko Simewoni aza mu Ngoro abibwirijwe na Roho Mutagatifu.
Igihe ababyeyi b’umwana Yezu bamuzanye ngo bamurangirizeho ibyategetswe, nawe amwakira mu biganza bye, ashimira Imana avuga ati “Nyagasani noneho sezerera umugaragu wawe mu mahoro nk’uko wabivuze; kuko amaso yange yabonye agakiza kawe, wageneye imiryango yose. Ni we rumuri ruboneshereza abanyamahanga, akaba n’ikuzo ry’umuryango wawe Israheli!”
Se na nyina batangazwaga n’ibyo bamuvugagaho. Nuko Simewoni arabashimira, maze abwira Mariya, nyina wa Yezu ati “ Dore uyu nguyu yashyiriweho kubera benshi muri Israheli impamvu yo kuroma cyangwa gukira, azaba n’ikimenyetso bazagiriraho impaka. Nawe kandi inkota izakwahuranya umutima. Bityo ibitekerezo biri mumitima ya benshi bigaragare”. Hakaba n’umuhanuzikazi Ana, umukobwa wa Fanuweli wo mu muryango wa Azeri; yari ageze muzabukuru. Nyuma y’ubusugi bwe, yamaranye n’umugabo imyaka irindwi, hanyuma aba umupfakazi kugeza mu kigero cy’imyaka mirongo inani n’ine. Ntiyavaga mu Ngoro, agakorera Imana umunsi n’ijoro, asiba kurya kandi asenga. Nuko uwo mwanya nawe arahagoboka, atangira gusingiza Imana, no gutekerereza iby’uwo mwana abari bategereje ugukira kwa Yeruzalemu.
Bamaze gutunganya ibyategetswe na Nyagasni, basubira mu Galileya mu mugi wabo wa Nazareti. Nuko umwana arakura, arakomera, abyirukana ubwenge, yuzuye ubwitonzi, afite n’ubutoni ku Mana.
- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragsingizwa Kristu
• Inyigisho
Bavandimwe, Kristu Yezu akuzwe...iteka ryose!
Kuri iki cyumweru turahimbaza umunsi mukuru w’Urugo Rutagatifu rw’i Nazareti; urugo rwa Yozefu, Mariya na Yezu. Mu kuzirikana kuri urwo rugo ruhire, turaboneraho kuzirikana no ngo zacu nk’abakristu.
Urugo rw’i Nazareti, ni Urugo Rutagatifu koko, kandi nimugihe! Erega umwe mu barugize ni Nyirubutagatifu: Yezu, Jambo uwo wariho mu ntangiriro; Jambo uwo wabanaga n’Imana, kandi akaba Imana; Jambo uwo ibintu byose bikesha kubaho, nta n’ikiremwa na kimwe cyabayeho bitamuturutseho.
Reka rube Urugo rutagatifu, turusangamo umubyeyi Mariya, uriya ubwe wivugira ati “rwose, kuva ubu amsekuruza yose azanyita umuhire”. Ni umuhire mu bantu, akaba umuhire imbere ya Rugira wamwigiriye umwihariko we ataranaremwa. Mlayika ubwe yarabimweruriye, amuhishurira ibanga,ubwo yamweruriraga ati “Ndakuramutsa, mutoni w’Imana, Nyagsani ari kumwe nawe”.
Reka rube Urugo rutagatifu, turusangamoYozefu, umugabo w’intungane, wakiriye ugushaka kw’Imana ubwo yakiraga ubutumwa bwa Malayikawamubwiraga ati “witinya kuzana umugeni wawe Mariya kuko yasamye ku bubasha bwa roho Mutagatifu, azabyara umwna uzamwite Yezu, kuko ari uzakiza umuryango we ibyaha byawo”. Bityo rero Yozefu akemera ko umugambo wa Nyagasani usohorezwa murugo rwe.
“Nuko Jambo yigira umuntu abana natwe”, avukira mu muryango uzwi, ahabwa izina, ararerwa, arakura, arakomera, abyirukana ubwenge, yuzuye ubwitonzi, afite n’ubutoni ku Mana.
Bavandimwe, Urugo rw’i Nazareti turufataho urugero rw’ingo zacu nk’abakristu, kuko tugomba kurwigiraho cyane cyane kumvira Imana no kuyiha umwanya ukwiye, ugushaka kwayo kukaza imbere.
o Duhereye kuri Yezu, uriya Jambo nyine wahozeho mu ntangiriro, akaba yarabanaga n’Imana kandi ari Imana; yemera guca bugufi, abaho nkatwe, yihindura ubusabusa, yumvira Data muri byose, ageza aho apfira ku musaraba. Yuzuza atyo ugushaka kwa Se: “Dawe, ntibibe uko njye nshaka, ahubwo uko wowe ushaka”.
o Bikira Mariya, imbere y’ubutumwa yahawe na Malayika ntiyazuyaje: “Ndi umuja wa Nyagasani; byose bimbeho nk’uko ubivuze”.
o Yozefu, nawe akimara guhabwa ubutumwa na Malayika, yahise akurikiza iryo jambo azana umugeni we.
Urugo rwakiriye ugushaka kw’Imana, urukundo rw’abarugize rurasagamba; rukarangwa mwo impuhwe, ubugiraneza, ubwiyoroshye, ituze n’ukwiyumanganya; rukrangwamo kubabarirana, kugirana inama, guhanana no gushyira hamwe. Ni urugo ruhora rushimira Imana muri byose: mu butunzi bwagezeho, bu bana bungutse, mu kazi bakora, mu mashuri y’abana; rushimira Imana kubera incuti n’abaturanyi.
Urugo rwakiriye ugushaka kw’Imana, ntirujegezwa n’ibibazo by’ubuzima, dore ko bitajya bibura! Mu ngorane zose, bagirana inama, buri wese agashyiraho ake, ngo babisohokemo, ntibitana ba mwana. Ugufatana agatoki ku munsi w’ubukwe, akabako mu kandi, ni ikimenyetso cyadufasha abashakanye gukomeza gutekereza ko mu rugo gushyira hamwe ari ngombwa, mu byiza no mu ngorane.
Amasomo yose y’umunsi yabitwibukije: ukumvira, ukubaha, ukwicishabugufi ni isoko y’imigisha murugo,ni isoko y’imigisha kubarugize. Ngicyo icyo dusabira ingo zacu z’abakristu, ndetse n’izindi zose zitari n’iz’abakristu. Urugo rw’abantu bapingana, basuzugurana, ntirutera kabiri.
Bavandimwe, nagira ngo kuri uyu munsi, twereke Imana imiryango ifite ibibazo binyuranye:
- Imiryango idashyize hamwe, aho abana arinyamwigendaho nk’aho batagira ababyeyi kandi babfite; aho abana batubaha ababyeyi bikaba byanageza aho babagira nabi, aho badatinya kubandagaza.
- Imiryango usangamo ababyeyi batakibuka umurimo wabo wo kurera barabaye ba “Tereriyo”.
- Imiryango usangamo ubwumvikane buke hagati y’umugabo n’umugore.
- Imiryango yatwawe n’induruburi itakibuka ko ari “Kiliziya ntoya”, aho abayigize bitoreza ubukristu, aho umwana atorzwa ukwemera n’imico myiza ya gikristu.
Ntitwakibagira imiryango ifite ibibazo by’ubuzima: yazahajwe n’indwara, ibyurezo n’ubukene; imiryango idakunzwe n’abaturanyi, yigunze, ihabwa akato ku mpamvu zinyuranye.
Tukanazirikana abo bose batagifite imiryango yuzuye: abapfakazi, imfubyi; imiryango y’abantu bariho intatane ku buryo batabasha guhura, n’iyindi.
Abo bose bakeneye kutwumva hafi yabo; bakeneye kutubonamo abavandimwe nyabo ku bw’ukwemera dusangiye no kuba dusangiye kuba twitwa abantu, ibiremwa by’Imana. Yaba umukristu, ataba we, uwo wese akeneye ijambo ryacu rimuhumuriza, akeneye inama zacu zimufasha kujya mbere, akeneye igikorwa cyacu kimugoboka.
Bavandimwe rero “ijambo rya Kristu niribaturemo, risagambe rwose”, ingo zacu zibe ingo ntagatifu, Yezu avukire iwacu, ahakurire; ni we tuzakesha impagarike n’ubugingo.
UMUNSI MWIZA MU NGO IWANYU !
P. Oscar Uwitonze
Nelaur38@gmail.com
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire