
• Amasomo
o Yobu 38, 1. 8-11
Uhoraho asubiriza Yobu mu nkubi y’umuyaga, agira ati “Ninde wafatishije inyanja inkombe ebyiri igihe yapfupfunukaga mu nda y’isi; maze nkayisesuraho ibicu, nkayikindikiza ibihu bibuditse? Nayishingiye urubibi, nyitangiriza inkombe n’ibigomezo, ndavuga nti ‘Uzagarukira hano, ntuzaharenga; aha ni ho ingufu z’imivumba yawe zizacogorera.’”
- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana
o 2 Kor 5, 14-17
Bavandimwe, urukundo rwa Kristu ruraduhihibikanya, iyo tuzirikanye ukuntu umwe yapfiriye bose, bikaba rero ko bose bapfuye. Kandi koko yapfiriye bose, kugira ngo abariho bataberaho bo ubwabo, ahubwo babereho uwabapfiriye kandi akazukira kubakiza. Ni cyo gituma kuva ubu nta muntu n’umwe tukimenya ku buryo busanzwe; ndetse na Kristu, niba twarigeze kumumenya ku buryo bw’abantu, ubu ntitukimumenya dutyo. Bityo, umuntu wese uri muri Kristu, yabaye ikiremwa gishya. Ibishaje byarayoyotse, none ngaha byose byahindutse bishya.
- Ijambo ry’Imana
- Dushimiye Imana
o Mk 4, 35-41
Uwo munsi nyine, umugoroba ukubye, arababwira ati “Twambuke dufate hakurya.” Nuko basiga rubanda aho, bamujyana muri bwa bwato yahozemo, andi mato aramukurikira. Nibwo haje umuhengeri mwinshi, maze imivumba irenga ubwato, butangira gusendera. Yezu we yari ku irango asinziriye ku musego. Bamukangura bamubwira bati “Mwigisha, ntacyo bigutwaye ko tugiye gushira?” Nuko arakanguka, akangara umuyaga, abwira inyanja ati “Ceceka! Tuza!” Nuko umuyaga urahosha, maze ituze riba ryose. Hanyuma arababwira ati “Icybateye ubwoba ni iki? Mbese ntimuragira ukwemera?” Bagira ubwoba bwinshi, barabazanya bati 2uyu yaba ari nde, wumvirwa n’umuyaga n’inyanja?”
- Iyo ni Ivanjili ntagatifu
- Uragasingizwa Kristu
• Kuzirikana
Abayahudi, mu myumvire yabo, icyago cyari igihano kubera icyaha, bityo, ntibashoboraga kumva amagorwa n’imibabaro y’intungane. Iyo ni yo ngingo shingiro dusanga mu gitabo cya Yobu: yakurikizaga amategeko, ariko agira atya agwiririrwa n’amagorwa akabije. Incuti ze zose zikamwumvisha ko arimo ahanirwa ibyaha bye, ariko Yobu ntiyatezuka, akomeza kubumvisha ko ari umwere, ariko ntabone uko abasobanurira imvano y’ibyo byago byose bimugose. Uwanditse kiriya gitabo atanga igisubizo kimwe rukumbi: kwiringira ubuntu n’ubuhanga by’Imana no kwemera ko twebwe abantu ubumenyi bwacu bugira aho bugarukira: “Uzagarukira hano, ntuzaharenga; aha ni ho ingufu z’imivumba yawe zizacogorera.”
Imibabaro n’amagorwa y’intungane (abere), cyane cyane iyo turebye nk’ibigwirira abana, ni ikintu kitumvikana, kitabona igisobanuro, kuko twemera ko Imana ari Data, ari Nziza , ikaba Umushoborabyose. Iyo ni yo Mana twemera: ni Data, Nziza kandi ishobora byose, nubwo bitugora gusobanura akaga kose kagwiririra intungane. Ariko ibindi byose bituma habaho inzara, hakabaho intamabra,... ibyo byo byabona igisobanuro ndetse na nyirabayazana: UMUNTU.
Igitabo cya Yobu n’iyi Vanjili ya Mariko biratwereka isi yumva ko mu magorwa no mu mibabaro bigwirira abantu, Imana iba idahari cyangwa se iba yisinziririye: “Mana wari uri he?... Mwigisha, ntacyo bigutwaye?” Naho ku mukristu, inyuma y’ibyo byose, tubonamo Imana itabara, Imana ikiza. Nta narimwe itererana muntu, haba mu byishimo no mu makuba. Kristu yapfiriye bose, uko ni ko Pawulo mutagatifu atubwira. Yezu Kristu ntawe yifuriza imibabaro, ahubwo ashaka kuyirwanya no kuyitsitsura:ababarira abanyabyaha, akiza abarwayi, akazura abapfuye. Icyo aharanira ni ukurwanya ikibi aho kiva kikagera, akaba ari nabwo butumwa yadusigiye, twe abamwemeye n’abazamwemera twese. Kristu yapfiriye bose kugira ngo abariho bataberaho bo ubwabo; bivuze ko tugomba gucika ku bw’ikunde twigiramo.
Ngo hari umuntu wabonaga ukuntu hateraga ibyorezo by’indwara bagahitana abana n’abandi badafite uburyo namba; akabona ukuntu abakennye baryamirwa, akabona ukuntu mu gihe cy’impeshyi amenshi mu mazu y’ibyatsi yashyaga, naho mu gihe cy’itumba andi menshi nka yo agatwa n’amazi, kandi nyine birumvikana ko ayo mazu yose ari ay’abantu bakennye. Nuko uwo muntu, n’umujinya mwinshi, yitotombera Imana agira ati “Nyagasani, rekeraho, birahagije! Kuki koko wemera ko ibi bintu bibaho? Ubu se tuvuge ko ibi byose utabibona? Tuvuge se ko utabona akaga aba bantu barimo? Nibyo koko, bavuga ko uri mwiza...none se kuki ntacyo ukora kugira ngo utange igisubizo kuri ibi byose? Ibi bintu ubikoraho iki?”
Ngo uwo muntu buri munsi akitotombera Imana atyo.Ni uko Imana ikinumira. Ariko ngo ijor rimwe, Imana iza imutunguye iramusubiza igira iti “Mwana wanjye, nyamara rero kugira icyo nkora, naragikoze pe...narakuremeye wowe ubwawe! Nkurema narimo ntanga igisubizo!”
Bavandimwe, iri jambo ni njye ribwirwa, ni wowe ribwirwa “Nkurema narimo ntanga igisubizo”. Ni ukuri, muri njye Imana yatanze igisubizo kuri byinshi no kuri benshi muri iyi si; mbega ijambo rihumuriza! Isi yacu ituwe n’abantu bangahe? Igihugu cyacu gituwe n’abantu bangahe? Umuryango wanjye urimo abantu bangahe? Kiliziya yacu se? Ahari umuntu, aho hari igisubizo kuri mugenzi we. Mbega ngo biraba byiza, bikanyura umutima kwibumbira hamwe turi abavandimwe, turi ibisubizo, bamwe kubandi! Ibi se twabyongeraho iki. None se koko, ubu bukene buvuza ubuhuha, inzara aha n’aha, ibi byorezo byoreka imbaga, izi ntambara zibica bigacika, ubwicanyi aha na hariya... harya ngo umuntu nta gisubizo afite? None twiriwe mu muhanda twigarambira Imana, ngo aha iba he? Aka karengane, ubu busumbane, ukwikunda bikabije, ukubeshyerana, ugusuzugurana, ukugirirana amashyari, ukwikuza...harya ngo umuntu nta gisubizo afite?
Buri munsi, Imana izahora itwibutsa ko iturema yatanze igisubizo kandi izahora inatubaza iti “Umuvandimwe wawe ari hehe, yaramutse ate, ameze ate?” Gusa rero igisubizo cyacu akenshi gisa nk’aho gihora ari kimwe “Simbizi! Mbese ndi umurinzi w’umuvandimwe wanjye?” (Intg. 4,9).
Inyigisho y’iki cyumweru nta yindi atari iyo kudutoza kwiringira Imana. “Ni yo rutare rwanjye n’agakiza kanjye; ni buhungiro butavugerwa: sinteze guhungabana!” (Zab 62,3). Tukemera ko, hamwe na Yo, muri iyi si byose bifite igisubizo. Hamwe na Yezu Kristu, byose bifite igisubizo. Hamwe na Kristu, nta muhengeri udashira. Mu buzima bwacu, mu byo twahura nabyo byose, Kristu turikumwe, yaba asinziriye, yaba ari maso, arahari kandi afite ububasha. “Niba Imana turikumwe ninde waduhangara? Ni iki cyadutandukanya n’urukundo rwa Kristu? Ibyago se, agahinda se, ibitotezo se, inzara se, ubukene se, imitego se cyangwa inkota? Nyamara muri ibyo byose tugatsinda kakahava, tubikesha Uwadukunze.” (Rm 31. 35-37)
Muri iyi nyanja y’iyi si, muri iyi nyanja y’ubuzima turahorana, kandi nimugihe yigize umuntu agira ngo abane natwe. Gusa rero ni ukoakenshi tumwigizayo, tukumva hari aho atubangamira rimwe na rimwe: hari byinshi tumuhisha; hari henshi tutifuza ko aduherekeza, hari amacuti menshi tutifuza ko amenya; hari imitungo tumuhisha; hari amabanga tumukinga; hari gahunda nyinshi tutamwifuzamo...
Inyigisho y’iki cyumweru iradukangurira kwiringira incuti nyacuti yaje itugana kuko idukunda byahebuje: Yezu Kristu. Kwakira Yezu Kristu mu buzima bwacu bitugira bashya: “Ibishaje byarayoyotse, none ngaha byose byahindutse bishya.” Kuba ikiremwa gishya ni ukwemera kuba igikoresho cy’Imana muri bagenzi bacu, ni ukwmera kuba igisubizo ku bandi, ni ukwemera kuba amahoro ahari imidugararo, tukaba ubutabera ahari akarengane, tukaba ibyishimo ahari amarira, tukaba ituze ahari uguhangayika, tukaba urukundo ahiganje urwango, tukaba ubuzima ahanuka urupfu.
Bavandimwe, nitureke urukundo rwa Kristu ruduhihibikanye. Nta bwoba twakagombye kugira kuko Nyagasani turikumwe iminsi yose n’ahantu hose; ariko nanone niba natwe twifuza kuba hamwe na we. Ntakabuza byose bizaduhira. Ni ukuri tugire amizero, byose bizabona igisubizo. Kandi ni mugihe, ntitwibagirwe ko “byose bihira abakunda Imana, ari bo yihamagariye ku bwende bwayo.”(Rm,8,28).
Mbifurije icyumweru gihire, Imana ikomeze ibampere umugisha usesuye kandi ibane namwe iminsi yose no mur byose.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire